Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian yasuye Ingabo z’u Rwanda zigize itsinda rya Rwanbatt-1 ziri mu gace ka Torit, agira n’umwanya wo kuganira n’abasirikare b’igitsinagore barimo aba RDF, aho ibiganiro byabo byibanze ku ruhare bagira mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Nk’uko tubikesha Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2024, ahasanzwe hari ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) kiri mu gace ka Torit mu bilometero 139 uvuye i Juba mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfo.

Ubwo Lt Gen Mohan Subramanian yasuraga Ingabo z’u Rwanda zigize itsinda rya Rwanbatt-1, yakiriwe n’umuyobozi waryo Lt Col Emmanuel Ntwali.

Muri uru ruzinduko, Lt Gen Mohan Subramanian yaboneyeho n’umwanya wo kugirana ibiganiro n’ab’igitsinagore bo mu nzego z’umutekano ziri muri aka gace, barimo abo mu Bihugu nk’u Rwanda Australia, u Buhindi, Gambia, Ghana, Sierra Leone, na Thailand.

Ibiganiro byabo byibanze ku ruhare rukomeye aba b’inzego z’umutekano bagira mu gushakira umuti ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’amakimbirane afitanye isano n’iri hohoterwa byugarije umuryango mugari wa Sudani y’Epfo.

Uyu muyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi, yaboneyeho gusaba abari muri ubu butumwa gukomeza gushyira imbaraga muri ibi bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko biri mu no inshingano zabo.

Ubwo yakirwaga ku cyicari cy’ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda-Rwanbatt-1
Yagiranye ibiganiro n’ab’igitsinagore bo mu nzego z’umutekano zirimo iz’u Rwanda n’ibindi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − thirteen =

Previous Post

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye kujya muri Sudani y’Epfo bahawe impanuro

Next Post

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.