Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian yasuye Ingabo z’u Rwanda zigize itsinda rya Rwanbatt-1 ziri mu gace ka Torit, agira n’umwanya wo kuganira n’abasirikare b’igitsinagore barimo aba RDF, aho ibiganiro byabo byibanze ku ruhare bagira mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Nk’uko tubikesha Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2024, ahasanzwe hari ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) kiri mu gace ka Torit mu bilometero 139 uvuye i Juba mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfo.

Ubwo Lt Gen Mohan Subramanian yasuraga Ingabo z’u Rwanda zigize itsinda rya Rwanbatt-1, yakiriwe n’umuyobozi waryo Lt Col Emmanuel Ntwali.

Muri uru ruzinduko, Lt Gen Mohan Subramanian yaboneyeho n’umwanya wo kugirana ibiganiro n’ab’igitsinagore bo mu nzego z’umutekano ziri muri aka gace, barimo abo mu Bihugu nk’u Rwanda Australia, u Buhindi, Gambia, Ghana, Sierra Leone, na Thailand.

Ibiganiro byabo byibanze ku ruhare rukomeye aba b’inzego z’umutekano bagira mu gushakira umuti ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’amakimbirane afitanye isano n’iri hohoterwa byugarije umuryango mugari wa Sudani y’Epfo.

Uyu muyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi, yaboneyeho gusaba abari muri ubu butumwa gukomeza gushyira imbaraga muri ibi bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko biri mu no inshingano zabo.

Ubwo yakirwaga ku cyicari cy’ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda-Rwanbatt-1
Yagiranye ibiganiro n’ab’igitsinagore bo mu nzego z’umutekano zirimo iz’u Rwanda n’ibindi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye kujya muri Sudani y’Epfo bahawe impanuro

Next Post

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.