Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga bwa SADC bwatangaje ko abasirikare bane bari mu butumwa bw’uyu Muryango mu Burasiriazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitabye Imana, barimo batatu ba Tanzania bishwe n’igisasu cya rutura cyarashwe n’uruhande bahanganye.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga bwa SADC buvuga ko “ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) bubabajwe no kumenyesha ko abasirikare batatu babwo bapfuye, abandi batatu bakomoka muri Tanzania bakomerekera mu butumwa.”

Ubuyobozi bw’ubu butumwa, bukomeza buvuga ko impfu z’aba basirikare batatu, zatewe n’igisasu cya Mortier cyarashwe n’uruhande bahanganye, mu gihe undi umwe wo muri Afurika y’Epfo yapfuye ari kuvurirwa mu Bitaro bya Goma, ibibazo by’ubuzima yagize kubera inshingano ze za gisirikare.

Ubunyamabanga bwa SADC bwaboneyeho kwihanganisha no gukomeza imiryango y’aba basirikare baburiye ubuzima mu butumwa bw’uyu Muryango, ndetse n’Ibihugu bya Afurika y’Epfo na Tanzania bakomokamo.

Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zatangiye kujya mu butumwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za 2023, ubwo iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) zari zirangije manda yazo, ntiyakongerwa.

Ibihugu nka Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi byo mu muryango wa SADC ndetse n’u Burundi, byohereje ingabo zo gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana n’umutwe wa M23.

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo ifite abasirikare 2 900 muri Congo, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku miterere y’ibibazo byo muri Congo, ndetse arushaho kubigiraho amakuru anyuranye n’ayo yari afite, nk’uko yabitangaje.

Mu kiganiro yatanze amaze kuganira na Perezida Kagame, Cyril Ramaphosa, yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’inzobere zisobanukiye umuzi w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, bakunze kuvuga ko umuti wabyo utazava mu mbaraga za gisirikare, ahubwo ko hakenewe umuti w’ibiganiro na politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + six =

Previous Post

Hagaragaye amafoto ashimangira ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze

Next Post

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.