Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga bwa SADC bwatangaje ko abasirikare bane bari mu butumwa bw’uyu Muryango mu Burasiriazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitabye Imana, barimo batatu ba Tanzania bishwe n’igisasu cya rutura cyarashwe n’uruhande bahanganye.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga bwa SADC buvuga ko “ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) bubabajwe no kumenyesha ko abasirikare batatu babwo bapfuye, abandi batatu bakomoka muri Tanzania bakomerekera mu butumwa.”

Ubuyobozi bw’ubu butumwa, bukomeza buvuga ko impfu z’aba basirikare batatu, zatewe n’igisasu cya Mortier cyarashwe n’uruhande bahanganye, mu gihe undi umwe wo muri Afurika y’Epfo yapfuye ari kuvurirwa mu Bitaro bya Goma, ibibazo by’ubuzima yagize kubera inshingano ze za gisirikare.

Ubunyamabanga bwa SADC bwaboneyeho kwihanganisha no gukomeza imiryango y’aba basirikare baburiye ubuzima mu butumwa bw’uyu Muryango, ndetse n’Ibihugu bya Afurika y’Epfo na Tanzania bakomokamo.

Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zatangiye kujya mu butumwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za 2023, ubwo iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) zari zirangije manda yazo, ntiyakongerwa.

Ibihugu nka Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi byo mu muryango wa SADC ndetse n’u Burundi, byohereje ingabo zo gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana n’umutwe wa M23.

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo ifite abasirikare 2 900 muri Congo, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku miterere y’ibibazo byo muri Congo, ndetse arushaho kubigiraho amakuru anyuranye n’ayo yari afite, nk’uko yabitangaje.

Mu kiganiro yatanze amaze kuganira na Perezida Kagame, Cyril Ramaphosa, yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’inzobere zisobanukiye umuzi w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, bakunze kuvuga ko umuti wabyo utazava mu mbaraga za gisirikare, ahubwo ko hakenewe umuti w’ibiganiro na politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Hagaragaye amafoto ashimangira ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze

Next Post

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.