Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga bwa SADC bwatangaje ko abasirikare bane bari mu butumwa bw’uyu Muryango mu Burasiriazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitabye Imana, barimo batatu ba Tanzania bishwe n’igisasu cya rutura cyarashwe n’uruhande bahanganye.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga bwa SADC buvuga ko “ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) bubabajwe no kumenyesha ko abasirikare batatu babwo bapfuye, abandi batatu bakomoka muri Tanzania bakomerekera mu butumwa.”

Ubuyobozi bw’ubu butumwa, bukomeza buvuga ko impfu z’aba basirikare batatu, zatewe n’igisasu cya Mortier cyarashwe n’uruhande bahanganye, mu gihe undi umwe wo muri Afurika y’Epfo yapfuye ari kuvurirwa mu Bitaro bya Goma, ibibazo by’ubuzima yagize kubera inshingano ze za gisirikare.

Ubunyamabanga bwa SADC bwaboneyeho kwihanganisha no gukomeza imiryango y’aba basirikare baburiye ubuzima mu butumwa bw’uyu Muryango, ndetse n’Ibihugu bya Afurika y’Epfo na Tanzania bakomokamo.

Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, zatangiye kujya mu butumwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za 2023, ubwo iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) zari zirangije manda yazo, ntiyakongerwa.

Ibihugu nka Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi byo mu muryango wa SADC ndetse n’u Burundi, byohereje ingabo zo gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana n’umutwe wa M23.

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo ifite abasirikare 2 900 muri Congo, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku miterere y’ibibazo byo muri Congo, ndetse arushaho kubigiraho amakuru anyuranye n’ayo yari afite, nk’uko yabitangaje.

Mu kiganiro yatanze amaze kuganira na Perezida Kagame, Cyril Ramaphosa, yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’inzobere zisobanukiye umuzi w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, bakunze kuvuga ko umuti wabyo utazava mu mbaraga za gisirikare, ahubwo ko hakenewe umuti w’ibiganiro na politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Hagaragaye amafoto ashimangira ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze

Next Post

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Amakuru mashya avugwa kuri Tshisekedi wari umaze iminsi bivugwa ko aho aherereye hatazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.