Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo
Share on FacebookShare on Twitter

Safari Stanley wabaye umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda akaza guhunga, akaba yanavugwagaho kuba mu mutwe wa RNC, yapfiriye muri Afurika y’Epfo.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, yemeza ko Safari Stanley yapfiriye muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022 azize uburwayi.

Safari Stanley yari umwe mu bayoboke bakomeye b’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho yabaga muri Afurika y’Epfo aho yari yarahungiye.

Uyu mugabo wabaye mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite ndetse akaza no kuba Senateri, azwi muri Politiki yo mu Rwanda aho yamenyekanye mu nkundura y’amashyaka akaba yarabaye umuyobozi wa MDR.

Muri 2009, uyu mugabo yakatiwe gufungwa burundu n’Urukiko Gacaca rwa Cyarwa muri Butare rumuhamije kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Safari Stanley yari yarakatiwe iki gihano, ahamijwe kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi umunani (8) bari barahungiye iwe ndetse n’abandi 600 biciwe kuri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.

Safari Stanley wari warashinze ishyaka rye ryiswe PSP nyuma y’uko irya MDR yamenyekanyemo risenyutse, yakatiwe iki gifungo cya burundu adahari kuko yari yaramaze guhunga.

Yabanje kuba Umudepite uhagarariye Ishyaka rya MDR mbere y’uko riseswa n’Inkiko muri 2002 ari na bwo yashingaga iri rya PSP.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda

Next Post

Ntidushobora kwemera ko hari uwatuma abaturage bacu bakuka umutima- Minisitiri w’Umutekano yahumurije ab’i Kinigi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntidushobora kwemera ko hari uwatuma abaturage bacu bakuka umutima- Minisitiri w’Umutekano yahumurije ab’i Kinigi

Ntidushobora kwemera ko hari uwatuma abaturage bacu bakuka umutima- Minisitiri w’Umutekano yahumurije ab’i Kinigi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.