Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sena y’u Rwanda yasubije Abashingamatageko ba Congo bavuze ko batazakandagira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sena y’u Rwanda yasubije Abashingamatageko ba Congo bavuze ko batazakandagira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ku bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuze ko batazitabira inama mpuzamahanga izabera mu Rwanda, avuga ko nibataza nta gikuba kizaba cyacitse kuko n’u Rwanda hari inama rutajyamo kandi rwazitumiwemo.

I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ukwakira 2022 haratangira Inama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zinshinga Amategeko ku Isi (IPU) izasoza tariki 15 Ukwakira 2022.

Umusenateri wo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ambasaderi Francine Muyumba Nkanga aherutse gutangaza ko nta mushingamategeko w’iki Gihugu uzakandagira mu Rwanda aje muri iyi nama.

Uyu mushingamategeko wa Congo yavuze ko impamvu batazaza mu Rwanda, ari uko iki Gihugu gifasha umutwe wa M23 umaze iminsi warigaruriye Umujyi wa Bunagana.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, tariki 10 Ukwakira 2022, yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko ya Congo itigeze yandikira iy’u Rwanda ngo iyimenyeshe ko itazitabira iyi nama.

Ati “Ntabwo batwandikiye ngo ntibazaza, ariko hari n’abandi bataraza, ushaka azaza cyangwa […] ntawe hari inama tutajyamo kandi twatumiwemo. Niba Congo na bo bafite ibibazo bashobora kutaza.”

Dr Iyamuremye avuga ko iyi nama mpuzamahanga y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko itazagaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama ibaye nyuma y’ibyumweru bitatu Perezida wa Sena y’u Rwanda akubutse mu Burundi mu nama ya Sena z’Ibihugu bihuriye mu muryango ASSECAA wa Sena z’Ibihugu byo muri Afurika n’izo mu by’Abarabu, aho yanatumiyemo bagenzi be muri iyi ya IPU.

Nyuma y’icyumweru kimwe Dr Iyamuremye avuye mu Burundi, iki Gihugu cyo mu majyepfo y’u Rwanda, cyahise gifungura imipaka yari imaze imyaka irindwi ifunze.

Muri iki kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, Dr Iyamuremye yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi yo yamaze kohereza abazayihagararira muri iyi nama izabera mu Rwanda, bayobowe na Visi Perezida wa Sena.

Ati “Bageze ino twarabakiriye, ntakibazo, i Burundi mperutseyo mu nama nk’iyi na yo, banyakiriye neza.”

Dr Iyamuremye avuga ko yagiye mu Burundi nyuma yuko hari n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda bari baragiyeyo ndetse na kiriya Gihugu kikaba cyarohereje abacyo mu rwego rwo kubyutsa umubano ukomeje kugenda usubira ku murongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − two =

Previous Post

Abanyekongo bakubye hafi kabiri Abanyarwanda bose bafite ibibazo byo mu mutwe

Next Post

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.