Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
0
Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala
Share on FacebookShare on Twitter

Sergeant Major Kabera Robert uzwi nka “Sergeant Robert” watorotse u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2020, biravugwa ko yatawe muri yombi na Polisi ya Uganda yamufatiye i Kampala.

Chimpreports dukesha aya makuru, ivuga ko Sergeant Major Kabera Robert yafatiwe mu gikorwa kidasanzwe cyakozwe n’inzego z’umutekano za Uganda, zirimo Polisi, Igisirikare ndetse n’urwego rw’ubutasi.

Iki kinyamakuru kivuga ko Sergeant Major Kabera Robert yafatiwe iwe mu rugo aho yabaga mu gace kitwa Masanafu mu Mujyi wa Kampala.

Uyu mugabo w’Umunyarwanda yafashwe akekwaho gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gusa ngo umwe mu batangabuhamya yabwiye Chimpreports ko Polisi ya Uganda yasatse mu rugo rwe ariko ntibabone izo mbunda bakekaga ko atunze.

Chimpreports ivuga ko hari ijwi ry’uyu musirikare mu ngabo z’u Rwanda, atabaza avuga ati “polisi igose inzu yanjye yose, barashaka kuntwara. Muntabare, muntabarize abantu vuba vuba ndapfuye.”

Uyu mugabo kandi yanatabaje ubwo yari mu modoka ya polisi, avuga ko ibyangombwa bye byose byafashwe, ati “Niba mushobora kunkurikira, mugire icyo mukora kugira ngo mumenye aho banjyanye.”

Iki kinyamakuru gikomeye muri Uganda, kivuga ko nubwo Polisi y’iki Gihugu itarashyira hanze itangazo rivuga ku ifatwa rya Sergeant Major Kabera Robert, ariko hari amakuru ko ashobora koherezwa mu Rwanda.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ari yo yasabye iya Uganda gufata uyu mugabo.

Sergeant Major Kabera Robert wavuye mu Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2020 atorotse, byavuzwe ko akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 15 nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Next Post

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.