Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
0
Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala
Share on FacebookShare on Twitter

Sergeant Major Kabera Robert uzwi nka “Sergeant Robert” watorotse u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2020, biravugwa ko yatawe muri yombi na Polisi ya Uganda yamufatiye i Kampala.

Chimpreports dukesha aya makuru, ivuga ko Sergeant Major Kabera Robert yafatiwe mu gikorwa kidasanzwe cyakozwe n’inzego z’umutekano za Uganda, zirimo Polisi, Igisirikare ndetse n’urwego rw’ubutasi.

Iki kinyamakuru kivuga ko Sergeant Major Kabera Robert yafatiwe iwe mu rugo aho yabaga mu gace kitwa Masanafu mu Mujyi wa Kampala.

Uyu mugabo w’Umunyarwanda yafashwe akekwaho gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gusa ngo umwe mu batangabuhamya yabwiye Chimpreports ko Polisi ya Uganda yasatse mu rugo rwe ariko ntibabone izo mbunda bakekaga ko atunze.

Chimpreports ivuga ko hari ijwi ry’uyu musirikare mu ngabo z’u Rwanda, atabaza avuga ati “polisi igose inzu yanjye yose, barashaka kuntwara. Muntabare, muntabarize abantu vuba vuba ndapfuye.”

Uyu mugabo kandi yanatabaje ubwo yari mu modoka ya polisi, avuga ko ibyangombwa bye byose byafashwe, ati “Niba mushobora kunkurikira, mugire icyo mukora kugira ngo mumenye aho banjyanye.”

Iki kinyamakuru gikomeye muri Uganda, kivuga ko nubwo Polisi y’iki Gihugu itarashyira hanze itangazo rivuga ku ifatwa rya Sergeant Major Kabera Robert, ariko hari amakuru ko ashobora koherezwa mu Rwanda.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ari yo yasabye iya Uganda gufata uyu mugabo.

Sergeant Major Kabera Robert wavuye mu Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2020 atorotse, byavuzwe ko akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 15 nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Next Post

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.