Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/09/2022
in MU RWANDA
0
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

K9 unit, itsinda ry’Imbwa kabuhariwe zifasha mu bikorwa byo kurinda Pariki y’Igihugu Akagera. Ni imbwa zihabwa imyitozo izifasha mu kuzuza inshingano zazo zirimo gukumira ba rushimusi no kubakurikirana kugira ngo bafatwe.

Iri tsinda ry’imbwa rizwi nka K9, ryatangiye kwifashishwa muri Pariki y’Igihugu Akagera mu ntangiro za 2015, ubu zikaba zimaze kuba imbwa 10 zahawe imyitozo ikomeye.

K9 yashyizweho mu rwego rwo gufasha gushyira mu bikorwa itegeko ryerekeye kurwanya ba rushimusi bahigaga inyamaswa zo muri Pariki ndetse no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Parika Akagera.

Izi mbwa 10 zirimo ebyiri zavukiye mu Rwanda (Imbwakazi n’Imperumwe) ndetse n’izindi umunani (8) zivangiye.

Izo zivangiye zavutse ku mbwakazi ikomoka mu Rwanda ndetse n’imperumwe yakomotse mu Bubiligi cyangwa mu Budage ziri mu bwoko bw’imbwa zizwiho guhiga zanahawe imyitozo.

Izihari ubu zavukiye mu Rwanda

Imbwa ziri gukoreshwa ubu, zavukiye kandi zororerwa muri Pariki Akagera nyuma yuko itsinda rya mbere rishaje rigahagarika inshingano zazo, ubundi izi nshya zitangira gutozwa uko zizuzuza inshingano zazo mu gukurikirana ibibera muri iyi Pariki byumwihariko kuburizamo imigambi ya ba rushimusi no kubakurikirana ku buryo aho bibaye ngombwa abacunga Pariki baza bakabafata.

Kuba izi mbwa ari ibyimanyi zakomotse ku mbwa ifite amaraso yo mu Rwanda n’iyo mu mahanga, byatumye zigira ubudahangarwa ku ndwara iterwa n’isazi izwi nka Tsetse yajyaga yibasira Imbwa zabanje.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera burarikira abifuza gushira amatsiko byisumbuyeho ku mateka y’iri tsinda ry’imbwa kuba baza aho zitorezwa ubundi bakabasobanurira birambuye kuri iri tsinda.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yemejwe nka pariki mu 1934 na Guverinoma y’Ububiligi, igihe yigaruriraga u Rwanda. Icyo gihe izwiho kuba yarabagamo imbwa nyinshi zo mu gasozi zo muri Africa arizo ‘African wild dogs’ na ‘parc aux lycaons’ zaje kugenda zicwa n’icyorezo cyaje gutera, ku buryo imbwa za nyuma zo mu gasozi zagaragaye muri iyi Pariki zihaheruka mu 1984.

Zihabwa imyitozo idasanzwe
Ba rushimusi ntibashobora kuziva mu nzara
Zifasha abacunga Pariki
Nta gishobora guhungabanya iyi Pariki zihari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.