Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/09/2022
in MU RWANDA
0
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

K9 unit, itsinda ry’Imbwa kabuhariwe zifasha mu bikorwa byo kurinda Pariki y’Igihugu Akagera. Ni imbwa zihabwa imyitozo izifasha mu kuzuza inshingano zazo zirimo gukumira ba rushimusi no kubakurikirana kugira ngo bafatwe.

Iri tsinda ry’imbwa rizwi nka K9, ryatangiye kwifashishwa muri Pariki y’Igihugu Akagera mu ntangiro za 2015, ubu zikaba zimaze kuba imbwa 10 zahawe imyitozo ikomeye.

K9 yashyizweho mu rwego rwo gufasha gushyira mu bikorwa itegeko ryerekeye kurwanya ba rushimusi bahigaga inyamaswa zo muri Pariki ndetse no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Parika Akagera.

Izi mbwa 10 zirimo ebyiri zavukiye mu Rwanda (Imbwakazi n’Imperumwe) ndetse n’izindi umunani (8) zivangiye.

Izo zivangiye zavutse ku mbwakazi ikomoka mu Rwanda ndetse n’imperumwe yakomotse mu Bubiligi cyangwa mu Budage ziri mu bwoko bw’imbwa zizwiho guhiga zanahawe imyitozo.

Izihari ubu zavukiye mu Rwanda

Imbwa ziri gukoreshwa ubu, zavukiye kandi zororerwa muri Pariki Akagera nyuma yuko itsinda rya mbere rishaje rigahagarika inshingano zazo, ubundi izi nshya zitangira gutozwa uko zizuzuza inshingano zazo mu gukurikirana ibibera muri iyi Pariki byumwihariko kuburizamo imigambi ya ba rushimusi no kubakurikirana ku buryo aho bibaye ngombwa abacunga Pariki baza bakabafata.

Kuba izi mbwa ari ibyimanyi zakomotse ku mbwa ifite amaraso yo mu Rwanda n’iyo mu mahanga, byatumye zigira ubudahangarwa ku ndwara iterwa n’isazi izwi nka Tsetse yajyaga yibasira Imbwa zabanje.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera burarikira abifuza gushira amatsiko byisumbuyeho ku mateka y’iri tsinda ry’imbwa kuba baza aho zitorezwa ubundi bakabasobanurira birambuye kuri iri tsinda.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yemejwe nka pariki mu 1934 na Guverinoma y’Ububiligi, igihe yigaruriraga u Rwanda. Icyo gihe izwiho kuba yarabagamo imbwa nyinshi zo mu gasozi zo muri Africa arizo ‘African wild dogs’ na ‘parc aux lycaons’ zaje kugenda zicwa n’icyorezo cyaje gutera, ku buryo imbwa za nyuma zo mu gasozi zagaragaye muri iyi Pariki zihaheruka mu 1984.

Zihabwa imyitozo idasanzwe
Ba rushimusi ntibashobora kuziva mu nzara
Zifasha abacunga Pariki
Nta gishobora guhungabanya iyi Pariki zihari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.