Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/09/2022
in MU RWANDA
0
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

K9 unit, itsinda ry’Imbwa kabuhariwe zifasha mu bikorwa byo kurinda Pariki y’Igihugu Akagera. Ni imbwa zihabwa imyitozo izifasha mu kuzuza inshingano zazo zirimo gukumira ba rushimusi no kubakurikirana kugira ngo bafatwe.

Iri tsinda ry’imbwa rizwi nka K9, ryatangiye kwifashishwa muri Pariki y’Igihugu Akagera mu ntangiro za 2015, ubu zikaba zimaze kuba imbwa 10 zahawe imyitozo ikomeye.

K9 yashyizweho mu rwego rwo gufasha gushyira mu bikorwa itegeko ryerekeye kurwanya ba rushimusi bahigaga inyamaswa zo muri Pariki ndetse no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Parika Akagera.

Izi mbwa 10 zirimo ebyiri zavukiye mu Rwanda (Imbwakazi n’Imperumwe) ndetse n’izindi umunani (8) zivangiye.

Izo zivangiye zavutse ku mbwakazi ikomoka mu Rwanda ndetse n’imperumwe yakomotse mu Bubiligi cyangwa mu Budage ziri mu bwoko bw’imbwa zizwiho guhiga zanahawe imyitozo.

Izihari ubu zavukiye mu Rwanda

Imbwa ziri gukoreshwa ubu, zavukiye kandi zororerwa muri Pariki Akagera nyuma yuko itsinda rya mbere rishaje rigahagarika inshingano zazo, ubundi izi nshya zitangira gutozwa uko zizuzuza inshingano zazo mu gukurikirana ibibera muri iyi Pariki byumwihariko kuburizamo imigambi ya ba rushimusi no kubakurikirana ku buryo aho bibaye ngombwa abacunga Pariki baza bakabafata.

Kuba izi mbwa ari ibyimanyi zakomotse ku mbwa ifite amaraso yo mu Rwanda n’iyo mu mahanga, byatumye zigira ubudahangarwa ku ndwara iterwa n’isazi izwi nka Tsetse yajyaga yibasira Imbwa zabanje.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera burarikira abifuza gushira amatsiko byisumbuyeho ku mateka y’iri tsinda ry’imbwa kuba baza aho zitorezwa ubundi bakabasobanurira birambuye kuri iri tsinda.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yemejwe nka pariki mu 1934 na Guverinoma y’Ububiligi, igihe yigaruriraga u Rwanda. Icyo gihe izwiho kuba yarabagamo imbwa nyinshi zo mu gasozi zo muri Africa arizo ‘African wild dogs’ na ‘parc aux lycaons’ zaje kugenda zicwa n’icyorezo cyaje gutera, ku buryo imbwa za nyuma zo mu gasozi zagaragaye muri iyi Pariki zihaheruka mu 1984.

Zihabwa imyitozo idasanzwe
Ba rushimusi ntibashobora kuziva mu nzara
Zifasha abacunga Pariki
Nta gishobora guhungabanya iyi Pariki zihari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi ukomeye muri Minisiteri ya Siporo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.