Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Igikorwa cyo kwakira ibyangombwa by’abifuza kuba abakandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite, cyasojwe. Hatangajwe imibare y’abatanze kandidatire kuri ibi byiciro byombi, yabayaye myinshi mu matora y’uyu mwaka ugereranyije n’ayabanje.

Kuva tariki 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yakiriye kandidatire z’abifuza guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite azaba muri Nyakanga.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa, avuga ko iki gikorwa cyasojwe hakiriwe abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida icyenda (9).

Ati “Abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, dufite ibiri; Umuryango RPF-Inkotanyi watanze umukandida, ndetse na Green Party, ndetse tukaba tunafite abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bigenga barindwi.”

Hon Oda Gasinzigwa avuga ko kandi hanakiriwe kandidatire z’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, na bo barimo abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, ndetse n’abashaka guhatana nk’abakandida bigenga.

Ati “Imitwe ya Politiki igera kuri itandatu yatanze urutonde rw’abo bifuza baramutse batsinze amatora, abo bifuza ko bajya mu Nteko Ishinga Amategeko. Twari dufite Umuryango RPF-Inkotanyi, Green Party, PSD, PDI, PS-Imberakuri na PL, abo bose bazanye intonde tuzasuzuma, noneho ibibura bakabitanga.”

Hari kandi ibyicirio byihariye, birimo icy’abagore, urubyiruko ndetse n’icy’abafite ubumuga. Ati “Aho ho twabonye benshi na ho, cyane cyane ku bagore aho dufite umubare utari muto ndetse no ku Badepite bigenga. Twumva rero ko uyu mwaka hari umubare munini wagaragaye w’abazanye ibyo amategeko ateganya, tukazagira igihe cyo kubisuzuma.”

 

Icyo abatanze kandidatire basabwa

Hon. Gasinzigwa avuga ko nyuma yo kwakira kandidatire hagiye gukurikiraho igikorwa cyo kuzisuzuma, ubundi tariki 06 Kamena 2024 hakazatangazwa urutonde rw’agateganyo rw’izemewe.

Nanone kuva tariki 06 kugeza ku ya 14 Kamena 2024, abazaba bafite ibyo batujuje bazaba bafite umwanya wo kubishyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ubundi kuri iyo tariki ya 14 Kamena, hasohoke urutonde ntakuka rwa kandidatire zemewe.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, asaba abatanze ibyangombwa bisaba kuba Abakandida, kubahiriza amategeko agenga amatora, bakirinda kugira ibikorwa bakora mu gihe bitagenewe.

Ati “Abifuza kuba Abakandida, kuko twabahaye amategeko, amabwiriza; icya mbere turagira ngo tubabwire ko igikorwa cyo kwiyamamaza kitaratangira, kizatangira tariki 26 Kamenda kugeza tariki 13 Nyakanga. Bafite umwanya munini rero wo kuziyamamaza, byaba byiza rero batishe amategeko, kuko bishe amategeko byabagiraho ingaruka.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Gasinzigwa avuga ko abazica amategeko agenga amatora, bashobora kuzakurwa no ku ntonde za Kandidatire zizemezwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy’urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Next Post

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.