Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Igikorwa cyo kwakira ibyangombwa by’abifuza kuba abakandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite, cyasojwe. Hatangajwe imibare y’abatanze kandidatire kuri ibi byiciro byombi, yabayaye myinshi mu matora y’uyu mwaka ugereranyije n’ayabanje.

Kuva tariki 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yakiriye kandidatire z’abifuza guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite azaba muri Nyakanga.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa, avuga ko iki gikorwa cyasojwe hakiriwe abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida icyenda (9).

Ati “Abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, dufite ibiri; Umuryango RPF-Inkotanyi watanze umukandida, ndetse na Green Party, ndetse tukaba tunafite abifuza kuba abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bigenga barindwi.”

Hon Oda Gasinzigwa avuga ko kandi hanakiriwe kandidatire z’abifuza guhatanira imyanya y’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, na bo barimo abatanzwe n’Imitwe ya Politiki, ndetse n’abashaka guhatana nk’abakandida bigenga.

Ati “Imitwe ya Politiki igera kuri itandatu yatanze urutonde rw’abo bifuza baramutse batsinze amatora, abo bifuza ko bajya mu Nteko Ishinga Amategeko. Twari dufite Umuryango RPF-Inkotanyi, Green Party, PSD, PDI, PS-Imberakuri na PL, abo bose bazanye intonde tuzasuzuma, noneho ibibura bakabitanga.”

Hari kandi ibyicirio byihariye, birimo icy’abagore, urubyiruko ndetse n’icy’abafite ubumuga. Ati “Aho ho twabonye benshi na ho, cyane cyane ku bagore aho dufite umubare utari muto ndetse no ku Badepite bigenga. Twumva rero ko uyu mwaka hari umubare munini wagaragaye w’abazanye ibyo amategeko ateganya, tukazagira igihe cyo kubisuzuma.”

 

Icyo abatanze kandidatire basabwa

Hon. Gasinzigwa avuga ko nyuma yo kwakira kandidatire hagiye gukurikiraho igikorwa cyo kuzisuzuma, ubundi tariki 06 Kamena 2024 hakazatangazwa urutonde rw’agateganyo rw’izemewe.

Nanone kuva tariki 06 kugeza ku ya 14 Kamena 2024, abazaba bafite ibyo batujuje bazaba bafite umwanya wo kubishyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ubundi kuri iyo tariki ya 14 Kamena, hasohoke urutonde ntakuka rwa kandidatire zemewe.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, asaba abatanze ibyangombwa bisaba kuba Abakandida, kubahiriza amategeko agenga amatora, bakirinda kugira ibikorwa bakora mu gihe bitagenewe.

Ati “Abifuza kuba Abakandida, kuko twabahaye amategeko, amabwiriza; icya mbere turagira ngo tubabwire ko igikorwa cyo kwiyamamaza kitaratangira, kizatangira tariki 26 Kamenda kugeza tariki 13 Nyakanga. Bafite umwanya munini rero wo kuziyamamaza, byaba byiza rero batishe amategeko, kuko bishe amategeko byabagiraho ingaruka.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Gasinzigwa avuga ko abazica amategeko agenga amatora, bashobora kuzakurwa no ku ntonde za Kandidatire zizemezwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy’urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Next Post

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.