Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
0
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru z’indege zakoze impanuka zimaze iminota micye zihagurutse ku kibuga cy’indege, cyangwa se izahanutse zikisekura hasi ziri hafi y’ikibuga cy’indege, ntabwo zaba ari nshya mu matwi yacu. Hagaragajwe uburyo inzego zishinzwe iby’indege mu Rwanda zabyitwaramo mu gihe haba habaye impanukka ya rutemikirere.

Hari n’ubwo indege ya sosiyete runaka yo mu gihugu duhaye inyuguti ya X, ishoboro gukorera impanuka mu kindi gihugu duhaye inyuguti ya Z.

Iki gihe, haba hakenewe ubutabazi bwihuse, kandi bugakorwa hatagombeye ko cya gihugu aricyo kiza gutabara, ahubwo hatabara igihugu impanuka ibereyemo; nicyo kihagera mbere.

Ibi rero bituma ikigo cy’igihugu gishinzwe ingendo z’indege n’ibibuga byazo mu Rwanda, RAC (Rwanda Airports Company) gitegura umwitozo buri myaka ibiri, ugamije kurebera hamwe aho imiterere y’ibikorwa by’ubutabazi, mu gihe haba habaye impanuka y’indege igeze, n’uko igihugu cyiteguye gutabara mu gihe bibaye ngombwa.

Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Kane ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe, habereye uyu mwitozo wateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingendo z’indege n’ibibuga byazo mu Rwanda RAC, ku bufatanye n’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, amashami ya Polisi arimo ashinzwe gucunga umutekano n’ashinzwe kuzimya inkongi, ku bufatanye kandi na Croix Rouge, Minisiteri y’Ubutabazi n’inzego zishinzwe gukora iperereza ku mpanuka z’indege.

Ministiri w’ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Ernest yavuze ko umwitozo nk’uyu uba ugamije kwisuzuma nk’u Rwanda, rukamenya uko ruhagaze mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe cy’impanuka, ashimangira ko ihererekanyamakuru mu gihe nk’iki, ari ryo riba rikenewe kurenza ibindi.

At “ikiba kigenderewe ku mwitozo nk’uyu, ni ukwerekana aho ubushobozi bw’ikibuga cy’indege bugeze, tukareba aho tugeze ubungubu,…ese indege iramutse ifashwe n’inkongi y’umuriro, indege iramutse ihushije inzira yayo ikagwa aho itari yateganyije ikaba yateza ibibazo, twiteguye dute kuba twatabara muri uwo mwanya,…ese dufite ubushobozi bwo gutabarira igihe?”

Yakomeje agira ati “Hari kandi amabwiriza aba arimo asuzumwa, ngo nabwo igihugu kigaragaze uko cyiteguye mu gihe kidasanzwe wenda indege yaba ikoze impanuka iri ku kibuga cy’indege, cyangwa se no hanze yacyo mu gihugu, bityo haba hari umuryango ugenga amabwiriza y’indege za gisivili witwa ICAO (International Civil Aviation Organization mu magambo arambuye), ukurikirana uyu mwitozo mu rwego rwo kumenya aho igihugu kigeze n’ubushobozi gifite mu bijyanye n’ubwikorezi bw’indege.”

Minisitiri Dr Nsabimana Ernest yavuze ko uyu mwitozo ubaye uhurirana n’imyiteguro y’inama ihuza abakuru b’Ibihugu bihuriye mu muryango w’ibivuga ururimi rw’icyongereza izwi nka CHOGAM izabera mu Rwanda muri uku kwezi, bityo uyu mwitozo ufite aho uhuriye n’iyi nama.

Ati “Ubusanzwe uyu ni umwitozo uba buri myaka ibiri, ariko n’ubundi nkuko turimo twitegura inama ya CHOGAM, aho duteganya ko iki kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe kizakira indege nyinshi zigiye zitandukanye kandi zituruka imihanda yose, ibirero nabyo biradufasha mu myiteguro, kuko ntawifuza impanuka ariko ntan’uzi igihe impanuka ishobora kubera.”

Icyakora asanga hakwiriye kongera imbaraga mu muvuduko no gukoresha igihe neza, nkuko uyu mwitozo uba ushingiye kubihe bidasanzwe by’impanuka.

Ku ruhande rw’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege, Habonimana Charles, avuga ko hashingiwe ku migendekere y’uyu mwitozo, babona hari intambwe ishimishije.

Ati “Ubundi buri myaka ibiri habaho igikorwa cyo gisuzuma ubushobozi tugezeho, hanyuma bakatubwira ibitagenze neza tukabyandika, tukabishyira hamwe tukabikosora. Ubwo rero, umwitozo uheruka wari utandukanye cyane n’uwu mwaka kuko umubare w’imodoka z’ubutabazi nk’Imbangukiragutabara (Ambulance) ndetse n’uwabandi bafatanyabikorwa bagombaga kwinjira muri iki gikorwa wari mucye, bitewe n’uko twari twakoreye umwitozo ku ndege nto.”

Akomeza avuga ko “kuri iyi nshuro rero, twarabikosoye twemeranywa ko noneho twakorera ku ndege nini ishobora gutwara abantu benshi, kugira ngo tumenye igihe byadutwara dutabara. Niyo mpamvu rero mwabonye ko byabaye byiza.”

Uyu mwitozo ubaye ku nshuro ya kane hano mu Rwanda, waherukaga muri 2019, bivuze ko undi wagombaga kuba umwaka ushize wa 2021, ariko ntiwaba bitewe n’icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsanzimana yavuze uko byagenda mu gihe haba habaye impanuka y’indege
Mu Rwanda hari uburyo zahita zizimywa
Batorejwe kuzimya indege mu gihe yaba ifashwe n’inkongi
Indege za Gisirikare na zo zakwifashishwa
Habonimana Charles avuga ko abahuguwe bagaragaza ubuhanga bukomeye
Imodoka zifashishwa mu kuzimya inkongi ziri ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Indege za RwandAir zibungabungirwa umutekano bihagije

Assoumani Twahirwa
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Next Post

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.