Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
0
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru z’indege zakoze impanuka zimaze iminota micye zihagurutse ku kibuga cy’indege, cyangwa se izahanutse zikisekura hasi ziri hafi y’ikibuga cy’indege, ntabwo zaba ari nshya mu matwi yacu. Hagaragajwe uburyo inzego zishinzwe iby’indege mu Rwanda zabyitwaramo mu gihe haba habaye impanukka ya rutemikirere.

Hari n’ubwo indege ya sosiyete runaka yo mu gihugu duhaye inyuguti ya X, ishoboro gukorera impanuka mu kindi gihugu duhaye inyuguti ya Z.

Iki gihe, haba hakenewe ubutabazi bwihuse, kandi bugakorwa hatagombeye ko cya gihugu aricyo kiza gutabara, ahubwo hatabara igihugu impanuka ibereyemo; nicyo kihagera mbere.

Ibi rero bituma ikigo cy’igihugu gishinzwe ingendo z’indege n’ibibuga byazo mu Rwanda, RAC (Rwanda Airports Company) gitegura umwitozo buri myaka ibiri, ugamije kurebera hamwe aho imiterere y’ibikorwa by’ubutabazi, mu gihe haba habaye impanuka y’indege igeze, n’uko igihugu cyiteguye gutabara mu gihe bibaye ngombwa.

Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Kane ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe, habereye uyu mwitozo wateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingendo z’indege n’ibibuga byazo mu Rwanda RAC, ku bufatanye n’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, amashami ya Polisi arimo ashinzwe gucunga umutekano n’ashinzwe kuzimya inkongi, ku bufatanye kandi na Croix Rouge, Minisiteri y’Ubutabazi n’inzego zishinzwe gukora iperereza ku mpanuka z’indege.

Ministiri w’ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Ernest yavuze ko umwitozo nk’uyu uba ugamije kwisuzuma nk’u Rwanda, rukamenya uko ruhagaze mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe cy’impanuka, ashimangira ko ihererekanyamakuru mu gihe nk’iki, ari ryo riba rikenewe kurenza ibindi.

At “ikiba kigenderewe ku mwitozo nk’uyu, ni ukwerekana aho ubushobozi bw’ikibuga cy’indege bugeze, tukareba aho tugeze ubungubu,…ese indege iramutse ifashwe n’inkongi y’umuriro, indege iramutse ihushije inzira yayo ikagwa aho itari yateganyije ikaba yateza ibibazo, twiteguye dute kuba twatabara muri uwo mwanya,…ese dufite ubushobozi bwo gutabarira igihe?”

Yakomeje agira ati “Hari kandi amabwiriza aba arimo asuzumwa, ngo nabwo igihugu kigaragaze uko cyiteguye mu gihe kidasanzwe wenda indege yaba ikoze impanuka iri ku kibuga cy’indege, cyangwa se no hanze yacyo mu gihugu, bityo haba hari umuryango ugenga amabwiriza y’indege za gisivili witwa ICAO (International Civil Aviation Organization mu magambo arambuye), ukurikirana uyu mwitozo mu rwego rwo kumenya aho igihugu kigeze n’ubushobozi gifite mu bijyanye n’ubwikorezi bw’indege.”

Minisitiri Dr Nsabimana Ernest yavuze ko uyu mwitozo ubaye uhurirana n’imyiteguro y’inama ihuza abakuru b’Ibihugu bihuriye mu muryango w’ibivuga ururimi rw’icyongereza izwi nka CHOGAM izabera mu Rwanda muri uku kwezi, bityo uyu mwitozo ufite aho uhuriye n’iyi nama.

Ati “Ubusanzwe uyu ni umwitozo uba buri myaka ibiri, ariko n’ubundi nkuko turimo twitegura inama ya CHOGAM, aho duteganya ko iki kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe kizakira indege nyinshi zigiye zitandukanye kandi zituruka imihanda yose, ibirero nabyo biradufasha mu myiteguro, kuko ntawifuza impanuka ariko ntan’uzi igihe impanuka ishobora kubera.”

Icyakora asanga hakwiriye kongera imbaraga mu muvuduko no gukoresha igihe neza, nkuko uyu mwitozo uba ushingiye kubihe bidasanzwe by’impanuka.

Ku ruhande rw’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege, Habonimana Charles, avuga ko hashingiwe ku migendekere y’uyu mwitozo, babona hari intambwe ishimishije.

Ati “Ubundi buri myaka ibiri habaho igikorwa cyo gisuzuma ubushobozi tugezeho, hanyuma bakatubwira ibitagenze neza tukabyandika, tukabishyira hamwe tukabikosora. Ubwo rero, umwitozo uheruka wari utandukanye cyane n’uwu mwaka kuko umubare w’imodoka z’ubutabazi nk’Imbangukiragutabara (Ambulance) ndetse n’uwabandi bafatanyabikorwa bagombaga kwinjira muri iki gikorwa wari mucye, bitewe n’uko twari twakoreye umwitozo ku ndege nto.”

Akomeza avuga ko “kuri iyi nshuro rero, twarabikosoye twemeranywa ko noneho twakorera ku ndege nini ishobora gutwara abantu benshi, kugira ngo tumenye igihe byadutwara dutabara. Niyo mpamvu rero mwabonye ko byabaye byiza.”

Uyu mwitozo ubaye ku nshuro ya kane hano mu Rwanda, waherukaga muri 2019, bivuze ko undi wagombaga kuba umwaka ushize wa 2021, ariko ntiwaba bitewe n’icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsanzimana yavuze uko byagenda mu gihe haba habaye impanuka y’indege
Mu Rwanda hari uburyo zahita zizimywa
Batorejwe kuzimya indege mu gihe yaba ifashwe n’inkongi
Indege za Gisirikare na zo zakwifashishwa
Habonimana Charles avuga ko abahuguwe bagaragaza ubuhanga bukomeye
Imodoka zifashishwa mu kuzimya inkongi ziri ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Indege za RwandAir zibungabungirwa umutekano bihagije

Assoumani Twahirwa
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Next Post

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Uganda: Umusirikare yishe arashe mugenzi we bapfa umukobwa ukora akazi ko mu rugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.