Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Shyorongi: Bishimiye kwizihiza umunsi wo gusoma bafite isomero

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Shyorongi: Bishimiye kwizihiza umunsi wo gusoma bafite isomero
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo gusoma no kwandika (International Literacy Day), hashimirwa Umuryango utari uwa Leta ‘Ineza Foundation’ ukomeje kugira uruhare mu iterambere ry’umuco wo gusoma.

Tariki 08 Nzeri hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Gusoma no kwandika, mu rwego rwo gukomeza gufasha abantu kubaho bafite ubumenyi bwo gusoma no kwandika.

Ni umunsi usanze mu Rwanda, harashyizweho imirongo migari yo gufasha buri wese kumenya gusoma no kwandika, ndetse no guteza imbere umuco wo gusoma mu bato.

Muri iyi politiki kandi, imiryango itari iya Leta, ikomeje kugaragaza ubushake mu kuyishyigikira, by’umwihariko Umuryango ‘Ineza Foundation’ ukomeje gufasha Abaturarwanda kubona ibitabo byo gusoma, by’umwihariko mu mashuri ndetse no mu masomero.

Ubwo hizihizwaga uyu munsi mu Karere ka Rulindo, aho uyu Muryango ‘Ineza Foundation’ usanzwe ufite ibikorwa uteramo inkunga mu kuzamura umuco gusoma, hashimiwe uyu muryango ku ruhare rukomeye ukomeje kugira.

Byishimo Blaise, umwarimu w’indimi mu Ishuri Ryisumbiye rya Stella Matutina ryo mu Karere ka Rulindo, avuga ko bamaze imyaka ibiri bakorana n’uyu Muryango, kandi ko bakomeje kubona umusaruro ushimishije.

Ati “Kuva muri iyi myaka ibiri, byagize umusaruro ukomeye, yaba ari mu kwigisha ndetse no kwiga. Muri iki gihe amashuri menshi ntaba afite ibikoresho bihagije, by’umwihariko ibitabo ku buryo iyo ugeze mu masomero yayo, usangamo ibitabo bishaje cyane, ariko iyo urebye muri iyi myaka ibiri tumaze dukorana na Ineza Foundation, ubu dufite ibikoresho, isomero ryacu ryuzuye ibitabo bishya kandi bifasha abanyeshuri kunguka ubumenyi.”

Umunyeshuri Yves Iraguha, uri mu bazamuye urwego rwo gusoma ibitabo, avuga ko gusoma byamugiriye akamaro, kuko byanamufashije kwitwara neza mu ishuri.

Ati “Naje mu isomero gusoma kuko ari byiza ku bumenyi bwanjye n’ubuzima bwanjye. Uyu munsi, ndumva nishimye kuko ndimo ndasoma neza.”

Umuryango ‘Ineza Foundation’ uherutse gutangiza gahunda yiswe ‘Discovery Book Box’ yo kugeza ibitabo muri amwe mu mashuri, usanzwe unatanga ibitabo mu bice binyuranye by’Igihugu nko mu masomero rusange, anafasha abakuru kumenya gusoma, aho bamwe mu bataragize amahirwe yo kwiga, banafashwa kumenya gusoma no kwandika.

Musabyemariya Tharcissia utuye mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, wamenye gusoma no kwandika binyuze muri iyi gahunda, ashima ababigizemo uruhare, kuko mbere atazi gusoma no kwandika, hari amahirwe menshi atari afite.

Ati “Twari injiji tudasobanutse, ntakintu na kimwe tuzi, nk’ubu njye sinari narageze no mu wa mbere, ariko nageze aha ngaha ku Ineza Foundation ndiga, none ubu namenye gusoma no kwandika, nzi gusoma Akarere ka Rulindo, ntabyo nari nzi, nzi guteranya imibare; kabiri guteranyaho kabiri ni kane…kane guteranyaho kane ni umunani…njye n’abandi babyeyi batari babizi, ubu ubujiji turi hirya yabwo.”

Umukozi Ushinzwe Uburezi mu Karere ka Rulindo, Denis Nuwayo, yavuze ko umunsi nk’uyu wo gusoma no kwandika, wibutsa abantu akamaro ko gusoma by’umwihariko ku bana bo Rwanda rw’ejo, kugira ngo bunguke ubumenyi buzabafasha kuzagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu cyabibarutse.

Yagize ati “Gusoma ni urufunguzo rw’ubumenyi n’ubuhanga. Ineza Foundation ni umufatanyabikorwa w’ingenzi muri Rulindo, cyane cyane muri gahunda zo kuzamura uburezi bw’abana bato. Bateye inkunga abana bo mu gace kacu babaha amahirwe mu bigo by’uburezi bw’ibanze (ECD) no guteza imbere ubumenyi bwo gusoma.”

Niyonsaba Janvier ushinzwe kureberera ibikorwa bya Ineza Foundation, avuga ko igihe cyose uyu muryango uhora utegerezanyije amatsiko uyu munsi wahariwe gusoma no kwandika, kuko ujyanye n’intego zawo zo guteza imbere umuco wo gusoma.

Ati “Ni iby’agaciro kuba dufite uyu munsi, ni umunsi twibuka nanone ku ngaruka nziza zo gukunda gusoma nk’uko abana tujya tubigira mu ndamukanyo dukoresha ngo ‘gusoma bihindura ubuzima’ kandi ni ko kuri, iyo wasomye neza, uramenya, iyo wasomye neza urahuguka.”

Niyonsaba avuga ko uyu munsi wizihizwa mu gihe abanyeshuri baba bitegura gusubira ku masomo, bityo ko ari yo mpamvu uyu muryango unategura ibikorwa byo kuwizihiza bigamije n’ubundi guteza imbere umuco wo gusoma mu bato, aho utegura amarushanwa y’abanyeshuri baba bari mu biruhuko, ubundi abatsinze bagahembwa, ndetse n’abayitabiriye bose bakagira ishimwe bagenerwa.

Avuga ko bazakomeza ibikorwa nk’ibi muri uku kwezi kwa Nzeri, birimo gukomeza gutera imbaraga abasomyi ndetse no gushyigikira amasomero y’abaturage n’ay’Ibigo by’amashuri.

Abana bafashwa kubona ibitabo byo gosoma
N’abato bafashwa kubona ibibafasha gukunda gosoma
Mwarimu Byishimo Blaise
Janvier uhagarariye Ineza
Denis ushinzwe uburezi mu Karere ka Rulindo
Abana bagize umwanya wo kurushanwa gusoma
Abitwaye neza bahembwe
Kwizihiza uyu munsi byaranzwe n’ibirori binogeye ijisho
Ku bw’uyu Muryango Ineza Foundation, habonetse ibitabo byinshi byo gusoma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 13 =

Previous Post

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Next Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ubu zifite Umugaba mushya

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ubu zifite Umugaba mushya

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ubu zifite Umugaba mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.