• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe wabaye Umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi wa DRC, yatangaje ko azagirira uruzinduko mu Burarasirazuba bwa Congo ariko ko nta jambo rya Politiki azahavugira kubera agahinda k’Abanye-Congo bakomeje kwicirwayo.

Uyu munyapolitiki wagiriye uruzinduko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri iki cyumweru, yagiye avuga imbwirwaruhame zisa no kurarika Abanye-Congo ko ateganya kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu matora ya 2023.

Vital Kamerhe usanzwe ari na Perezida w’Ishyaka Union pour la Nation Congolaise (UNC), ubwo yageraga i Goma muri uru ruzinduko rwe, yakiriwe bidasanzwe n’imbaga y’abaturage bamugaragarije urugwiro rwinshi.

Mu ijambo yahavugiye, yongeye gusaba umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu kandi nta yandi mananiza abayeho.

Yavuze ko igihe kigeze ngo uyu mutwe ugaragaze ko ugizwe n’Abanyekongo, aho yagize ati “Niba muri Abanyekongo koko, mumanike amaboko mushyire intwaro hasi ubundi iby’ibibazo byanyu bizaganirweho mu biganiro bizabaho nyuma.”

Vital Kamerhe kandi yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahabarizwa imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23.

Yavuze ko uruzinduko rwe mu Burasirazuba bw’Igihugu atari urwa Politiki kuko yumva nta mpamvu yo gukora politiki mu gihe mu Gihugu cye harimo ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Ntabwo ndi hano kuko naje gukora politiki kandi nta n’ijambo na rimwe nzavuga rya politiki. Sinshobora gukora politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu, akomeje gutemba.”

Gusa abasesenguzi bavuga ko iyi mvugo y’uyu munyapolitiki ihabanye n’ibyo yavugaga kuko byose byabaga byuzuye politiki gusa, ndetse hakaba hashize ukwezi atangaje yinjiye muri politiki ku mugaragaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.