Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe wabaye Umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi wa DRC, yatangaje ko azagirira uruzinduko mu Burarasirazuba bwa Congo ariko ko nta jambo rya Politiki azahavugira kubera agahinda k’Abanye-Congo bakomeje kwicirwayo.

Uyu munyapolitiki wagiriye uruzinduko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri iki cyumweru, yagiye avuga imbwirwaruhame zisa no kurarika Abanye-Congo ko ateganya kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu matora ya 2023.

Vital Kamerhe usanzwe ari na Perezida w’Ishyaka Union pour la Nation Congolaise (UNC), ubwo yageraga i Goma muri uru ruzinduko rwe, yakiriwe bidasanzwe n’imbaga y’abaturage bamugaragarije urugwiro rwinshi.

Mu ijambo yahavugiye, yongeye gusaba umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu kandi nta yandi mananiza abayeho.

Yavuze ko igihe kigeze ngo uyu mutwe ugaragaze ko ugizwe n’Abanyekongo, aho yagize ati “Niba muri Abanyekongo koko, mumanike amaboko mushyire intwaro hasi ubundi iby’ibibazo byanyu bizaganirweho mu biganiro bizabaho nyuma.”

Vital Kamerhe kandi yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahabarizwa imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23.

Yavuze ko uruzinduko rwe mu Burasirazuba bw’Igihugu atari urwa Politiki kuko yumva nta mpamvu yo gukora politiki mu gihe mu Gihugu cye harimo ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Ntabwo ndi hano kuko naje gukora politiki kandi nta n’ijambo na rimwe nzavuga rya politiki. Sinshobora gukora politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu, akomeje gutemba.”

Gusa abasesenguzi bavuga ko iyi mvugo y’uyu munyapolitiki ihabanye n’ibyo yavugaga kuko byose byabaga byuzuye politiki gusa, ndetse hakaba hashize ukwezi atangaje yinjiye muri politiki ku mugaragaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.