Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe wabaye Umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi wa DRC, yatangaje ko azagirira uruzinduko mu Burarasirazuba bwa Congo ariko ko nta jambo rya Politiki azahavugira kubera agahinda k’Abanye-Congo bakomeje kwicirwayo.

Uyu munyapolitiki wagiriye uruzinduko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri iki cyumweru, yagiye avuga imbwirwaruhame zisa no kurarika Abanye-Congo ko ateganya kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu matora ya 2023.

Vital Kamerhe usanzwe ari na Perezida w’Ishyaka Union pour la Nation Congolaise (UNC), ubwo yageraga i Goma muri uru ruzinduko rwe, yakiriwe bidasanzwe n’imbaga y’abaturage bamugaragarije urugwiro rwinshi.

Mu ijambo yahavugiye, yongeye gusaba umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu kandi nta yandi mananiza abayeho.

Yavuze ko igihe kigeze ngo uyu mutwe ugaragaze ko ugizwe n’Abanyekongo, aho yagize ati “Niba muri Abanyekongo koko, mumanike amaboko mushyire intwaro hasi ubundi iby’ibibazo byanyu bizaganirweho mu biganiro bizabaho nyuma.”

Vital Kamerhe kandi yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahabarizwa imitwe yitwaje intwaro irimo uyu wa M23.

Yavuze ko uruzinduko rwe mu Burasirazuba bw’Igihugu atari urwa Politiki kuko yumva nta mpamvu yo gukora politiki mu gihe mu Gihugu cye harimo ibibazo uruhuri.

Yagize ati “Ntabwo ndi hano kuko naje gukora politiki kandi nta n’ijambo na rimwe nzavuga rya politiki. Sinshobora gukora politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu, akomeje gutemba.”

Gusa abasesenguzi bavuga ko iyi mvugo y’uyu munyapolitiki ihabanye n’ibyo yavugaga kuko byose byabaga byuzuye politiki gusa, ndetse hakaba hashize ukwezi atangaje yinjiye muri politiki ku mugaragaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 2 =

Previous Post

Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Hamenyekanye amakuru mashya ku wahangaye Gitifu akamutwikira imodoka wari umaze amezi 8 ashakishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.