Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Mbonimana Gamariel wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo kwegura, yasabye imbabazi Perezida Paul Kagame, ahamya ko atazongera kunywa inzoga, ndetse ko yiteguye kuzuza izindi nshingano yahabwa.

Uyu wari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, yagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ihuriro ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri mu ijoro ryo ku ya 12 Ugushyingo 2022.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hari umwe mu Badepite wari waraye afashwe na Polisi atwaye imodoka yasinze bikabije ariko abapolisi bakumureka agakomeza urugendo.

Anenga uyu wari umudepite, Perezida Kagame yagize ati “Bamupimye igipimo cyari kigiye guturika kubera alcohol yanyoye, baza no gusanga bamufashe nk’inshuro eshanu, ubwo bwari ubwa gatandatu […] ubanza atari yazinyoye gusa yari yaziguyemo.”

Umukuru w’u Rwanda yagaye Abapolisi bakoze ikosa ryo kurekura uyu wari Umudepite bagendeye ku budahangarwa agenerwa n’itegeko, avuga ko yashoboraga kugonga abantu akabahitana cyangwa na we ubwe akaba yakora impanuka ikamuhitana.

Yavuze ko akimara kubona raporo ivuga kuri uyu wari umudepite, yahise ahagamara Umuyobozi Mukuru wa Polisi “ndamubaza nti ‘umuntu ufite ubudahangarwa ufatwa inshuro eshanu esheshatu, umunsi se yishe umuntu? Nabyo ni ubudahangarwa?’.”

Nyuma yuko uyu wari Umudepite yeguye avuga ko yafashe iki cyemezo ku mpamvu ze bwite, yasabye imbabazi zo kuba yaratwaye ikinyabiziga yanyoye inzoga.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Dr Mbonimana Gamariel yagize ati “Mbikuye ku mutima mbasabye imbabazi Nyakubahwa Perezida n’Abanyarwanda muri rusange mwese. Nakoze icyaha cyo gutwara imodoka nanyweye inzoga. Nafashe umwanzuro wo kutazongera kunywa inzoga. Mwumve gutakamba kwanjye. Niteguye kuzuza neza izindi nshingano zose mungiriye icyizere.”

Perezida Kagame ubwo yagayaga uyu wari intumwa ya rubanda, yavuze ko muri kiriya kiganiro yagiranye n’umuyobozi wa Polisi, yamubwiye ko iyo aza kuba ari Umupolisi, yari kubanza akamenyesha abayobora Inteko Ishinga Amategeko amakosa y’uyu wari Umushingamategeko, ubundi akamburwa uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Bashyira imbaraga mu kudukuramo amafaranga ariko ntibazishyire mu kuturengera- Abamotari bongeye gusharirirwa

Next Post

Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Related Posts

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

by radiotv10
15/10/2025
0

Nyuma y’uko hari abaturage bagera kuri 17 bo mu murenge wa Ruharambuga bamaze umwaka batarishyurwa amafaranga y’imibyizi bakoze ubwo hubakwaga...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

by radiotv10
14/10/2025
0

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119...

IZIHERUKA

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo
AMAHANGA

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

by radiotv10
15/10/2025
0

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

15/10/2025
Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

15/10/2025
Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

15/10/2025
Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

15/10/2025
AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.