Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

SittingVolleyball: Ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ihuriyemo n’amakipe akomeye ku Isi iravuga ko bitayikanga

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in SIPORO
0
SittingVolleyball: Ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ihuriyemo n’amakipe akomeye ku Isi iravuga ko bitayikanga
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Sitting Volleyball yerecyeje mu Bufaransa mu mikino ya Pararempike aho iri mu itsinda rimwe n’Ibihugu bikomeye muri uyu mukino, nka Brazil na Canada; ivuga ko itagiye mu butembere.

Iyi kipe y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Sitting Volleyball, yafashe rutemikirere mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, mu gihe imikino izatangira tariki ya 29 Kanama 2024 igasozwa ku ya 08 Nzeri 2024.

Ku isaha ya saa saba z’ijoro nibwo iyi kipe yerecyeje mu Bufaransa ndetse bakaba banajyanye na Emmanuel uzahagararira u Rwanda muri iyi mu isiganwa ryo kwiruka.

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball, Mukobwankawe Liliane yavuze ko ikibajyanye mu Bufaransa ari ukugaragaza impinduka nk’abantu bagiye gukina iyi mikino ku nshuro ya gatatu.

Uretse Brazil na Canada, u Rwanda ruri kumwe na Slovenia mu itsinda rimwe, ndetse kapiteni akaba avuga ko nubwo aya makipe yose akomeye, ariko bitabateye ubwoba.

Ati “Ni amakipe atoroshye, akomeye afite aho amaze kugera anakina buri gihe, ariko ntabwo biduteye ubwoba, icyo twiteguye ni uguhangana kuko si ubwa mbere tuzaba duhuye.”

Amakipe y’Ibihugu nka Brazil na Canada bisanzwe biri imbere y’u Rwanda ku rutonde rw’Isi, mu gihe Slovenia iri inyuma yarwo. U Rwanda kandi ruheruka kwegukana umwanya wa gatanu mu gikombe cy’Isi cyabereye mu Misiri.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Akanyamuneza ni kose ku munyarwenya akaba n’umunyamakuru uzwi mu Rwanda wateye intambwe mu rukundo

Next Post

America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba

America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.