Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi

radiotv10by radiotv10
01/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe mu iduka ry’ikawa mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, icyo gitero kikaba cyabaye nyuma y’umunsi umwe ikindi gisasu gitezwe mu modoka na cyo kikica abantu.

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab, ushamikiye ku mutwe wa Al Qaeda, ni wo wigambye kuba uri inyuma y’icyo gitero, mu itangazo wanyujije kuri ‘Shahada News Agency’, aho batangaje ko abapfuye ari 11 naho abakomeretse bakaba ari 18. Imibare yigambwa n’iyo mitwe mu bitero by’ubwiyahuzi ngo ikunze kuba itandukanye n’itangazwa na Guverinoma nk’uko byatangajwe na Aljazeera.

Icyo gitero cyabaye ku wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023 mu iduka ricuruza Ikawa ahitwa i Bar Bulsho Mogadishu hafi y’Ibiro bya Perezida wa Somalia nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi yo muri icyo gihugu Sadik Dudishe.

Dudishe yagize ati, “ Abakomeretse bose ni abantu bari bari muri iryo duka baje kunywa Ikawa”.

Ni iduka rigurishirizwamo Ikawa rikunze kuba ririmo abantu bo mu nzego z’umutekano, ariko n’abasivili, nk’uko byahamijwe na Adan Qorey, umuturage w’aho i Bar Bulsho, wavuze ko iryo duke rikunze kuba ririmo abantu benshi mu masaha ya nyuma ya saa sita baje kunywa Ikawa no guhekenya ibyatsi bikunzwe cyane aho muri Somalia byitwa ‘ Khat cyangwa se miraa’.

Umutangabuhamya wabonye uko icyo gitero cyagenze, yavuze ko igisasu cyaturikiye hafi y’umuhanda ugana ku ngoro y’inteko ishinga amategeko ya Somalia no ku Biro bya Perezida wa Repubulika, kandi ko muri iryo duka cyaturikiyemo hakunze kuba harimo abasirikare baje kunywa Ikawa.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

RBC yatanze Moto 46, kugira ngo hafashwe abana batarakingirwa COVID19   

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.