Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Somalia: Uwarokotse igitero cy’umwiyahuzi witurikirijeho igisasu muri resitora yarimo abasirikare yavuze ibyakibanjirije

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Somalia: Uwarokotse igitero cy’umwiyahuzi witurikirijeho igisasu muri resitora yarimo abasirikare yavuze ibyakibanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Muri resitora iri i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia, habereye igitero cy’umwiyahuzi witurikirijeho igisasu cyahitanye abantu barindwi. Ababonye uyu mwiyahuzi mbere babanje kutamushira amakenga, bajya kumutahura agahita akiturikirizaho.

Iki gitero cyagabwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, muri resitora iteganye n’Ikigo cy’abasirikare n’abapolisi muri iki Gihugu cya Somalia, ubwo umwiyahuzi yiturikirazagaho igisasu muri iyi resitora.

Umwe mu barokotse iki gitero witwa Deeqsan Ahmed, yagize ati “mbere yuko uyu muntu yiturikirizaho igisasu, hari abantu twari kumwe hano muri iyi resitora turimo tunywa icyayi, bamubonye bagira amakenga bitewe n’uburyo yagaragaraga afite ibintu mu gikapu, bakomeza kubazanya hagati yabo ibyo yaba afite mu gikapu, bafashe icyemezo cyo kumufata ngo barebe ibyo afite, nibwo yahise yituritsa twisanga twese turi hasi bamwe bapfuye, abandi turi inkomere.”

Polisi ya Somalia yavuze ko ubwo iki gitero cyabaga, muri iyi resitora hari harimo Abapolisi n’Abasivile bari baje gufata ibyo kurya ibya nimugoroba.

Nyuma y’iminota micye iki gitero kibaye, Al-Qaeda yasohoye itangazo yigamba kuba inyuma y’iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abantu barindwi.

Igi gitero kibaye nyuma y’amezi abiri habaye ikindi cyagabwe aho abantu bafatira akayaga ku mucanga i Mogadishu, cyasize abantu 37 bahasize ubuzima.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

RDF n’Ingabo za Ethiopia bongeye kwibukiranya imikoranire mu bya gisirikare

Next Post

Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo

Abanyarwanda bakwiye gutinyuka gutwika imirambo: Inama zitangwa nyuma yuko bigaragaye ko amarimbi azaba ikibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.