Tuesday, April 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

radiotv10by radiotv10
21/04/2026
in AMAHANGA
0
Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’ingendo z’Indege ya mbere muri Afurika, Ethiopian Airlines yatangaje ko igiye kugura izindi ndege esheshatu zo mu bwoko bwa Boeing ​787-9 Dreamliner, mu rwego rwo kwagura ibikorwa byayo ku Mugane wa Afurika, America, u Burayi ndetse na Asia.

Umuyobozi mukuru wa Ethiopian Airlines Group, Mesfin Tasew yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha aya makuru ko iyi sosiyete iri mu nzira zo gutumiza izindi ndege esheshatu nyuma y’izindi 20 na zo mu bwoko bwa Boeing ​787-9 yatumije mu bihe bishize, zirimo icyenda yaguze muri Mutarama.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ibi Biro ntaramakuru nyuma y’isinywa ry’amasezerano yo kugura ziriya ndege ryakorewe ku cyicaro cya Boeing.

Yavuze kandi ko iyi kompanyi y’ingendo z’indege izatangira kwakira indege 26 zo mu bwoko bwa Boeing 787s mu mwaka wa 2028.

Yagize ati “Hari ibindi byerecyezo bigari dukeneye kwaguriramo ingendo” birimo ibyo ku Mugabane wa Afurika aho Ethiopian Airlines ishaka kujya ikoresha indege nini.

Ati “Hari ibindi byerecyezo twajyaga dushaka kwerekezamo, ariko ntitubishobora kubera ikibazo cy’indege, nko muri Australia.”

Isinywa ry’ariya masezerano ryanitabiriwe na bamwe mu bayobozi bo mu butegetsi bwa Perezida Donald Trump bakomeje gushyira imbaraga mu kuzamura ubucuruzi bw’indege za Boeing

Umuyobozi Mukuru wa Ethiopian Airlines, Tasew yanaganiriye n’abayobozi mu butegetsi bwa America ku mushinga wa miliyari $12.5 witezweho kubaka ikibuga cy’indege mu mujyi wa Bishoftu muri Ethiopia kizaba ari cyo kinini ku Mugabane wa Afurika uzarangira muri 2030.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Car or House: Which should you buy first?

Next Post

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Related Posts

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal Bassirou Diomaye Faye, baganira ku...

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

by radiotv10
20/04/2026
0

Ibihugu birenga icumi bituwe ahanini n’abaturage b’Abayisilamu byamaganye icyemezo cya Israel cyo gushyira ambasaderi wayo mu karere ka Somaliland, kiyomoye...

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

by radiotv10
20/04/2026
0

Polisi ya Uganda yagaragarije Urukiko amashusho y’ingendo zakozwe na Christopher Okello Onyum ukekwaho kwica abana bane abasanze ku ishuri ry’incuke...

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

by radiotv10
20/04/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko na we yababajwe bikomeye n’umusirikare w’iki Gihugu wagaragaye ashwanyaguza ishusho ya Yezu,...

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

by radiotv10
20/04/2026
0

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu...

IZIHERUKA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba
MU RWANDA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

by radiotv10
21/04/2026
0

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

21/04/2026
Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

21/04/2026
Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

21/04/2026
Car or House: Which should you buy first?

Car or House: Which should you buy first?

21/04/2026
Should You Really Trust Health Advice from an AI Chatbot?

Should You Really Trust Health Advice from an AI Chatbot?

21/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.