• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

radiotv10by radiotv10
21/04/2026
in AMAHANGA
0
Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’ingendo z’Indege ya mbere muri Afurika, Ethiopian Airlines yatangaje ko igiye kugura izindi ndege esheshatu zo mu bwoko bwa Boeing ​787-9 Dreamliner, mu rwego rwo kwagura ibikorwa byayo ku Mugane wa Afurika, America, u Burayi ndetse na Asia.

Umuyobozi mukuru wa Ethiopian Airlines Group, Mesfin Tasew yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha aya makuru ko iyi sosiyete iri mu nzira zo gutumiza izindi ndege esheshatu nyuma y’izindi 20 na zo mu bwoko bwa Boeing ​787-9 yatumije mu bihe bishize, zirimo icyenda yaguze muri Mutarama.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ibi Biro ntaramakuru nyuma y’isinywa ry’amasezerano yo kugura ziriya ndege ryakorewe ku cyicaro cya Boeing.

Yavuze kandi ko iyi kompanyi y’ingendo z’indege izatangira kwakira indege 26 zo mu bwoko bwa Boeing 787s mu mwaka wa 2028.

Yagize ati “Hari ibindi byerecyezo bigari dukeneye kwaguriramo ingendo” birimo ibyo ku Mugabane wa Afurika aho Ethiopian Airlines ishaka kujya ikoresha indege nini.

Ati “Hari ibindi byerecyezo twajyaga dushaka kwerekezamo, ariko ntitubishobora kubera ikibazo cy’indege, nko muri Australia.”

Isinywa ry’ariya masezerano ryanitabiriwe na bamwe mu bayobozi bo mu butegetsi bwa Perezida Donald Trump bakomeje gushyira imbaraga mu kuzamura ubucuruzi bw’indege za Boeing

Umuyobozi Mukuru wa Ethiopian Airlines, Tasew yanaganiriye n’abayobozi mu butegetsi bwa America ku mushinga wa miliyari $12.5 witezweho kubaka ikibuga cy’indege mu mujyi wa Bishoftu muri Ethiopia kizaba ari cyo kinini ku Mugabane wa Afurika uzarangira muri 2030.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 7 =

Previous Post

Car or House: Which should you buy first?

Next Post

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.