Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watangaje ibitero by’umutwe witwaje intwaro wa Rapid Support Forces wo muri Sudan byahitanye abantu barenga 200 mu minsi itatu ishize.

Ni mu gihe uyu mutwe witwara Gisirikare, winangiye ukanga gusinya amasezerano ya Politiki ashobora gufungura inzira yo gushyiraho ubutegetsi bwigenga.

Nyuma y’imyaka hafi ibiri y’intambara hagati ya Rapid Support Forces (RSF) n’igisirikare cya Leta ya Sudani, uyu mutwe witwaje intwaro, ugenzura igice kinini cy’Uburengerazuba bwa Sudan ndetse n’ibice bimwe by’Umurwa Mukuru Khartoum, nubwo igisirikare cya Sudani kigenda kigarurira uduce twinshi tw’iki Gihugu.

Intara ya White Nile, aho abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko ibitero bya RSF byamaze iminsi itatu, byica abantu barenga 200, ni yo yabaye isibaniro ry’intambara mu gihe igisirikare kiri kongera kugarurira uduce twari twarafashwe.

Umuryango w’Abibumbye uvuga intambara yo muri Sudani yateje ibibazo bikomeye kubaturage biki gihugu, kuko batabasha no kugerwaho n’ubutabazi ubwo aribwo bwose, ndetse umuryango w’abibumbye, uvuga ko uyu mutwe w’itwaje intwraro wa RSF ndetse n’igisirikare cya Sudan byose byarezwe guhonyora bikabije uburenganzira bwa muntu.

Ni mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika, na zo zatangaje ko zasanze uyu mutwe wa RSF warakoze ibyaha bya Jenoside mu bice iri kugenzura.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza

Next Post

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.