• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

radiotv10by radiotv10
20/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Ubuzima muri Tanzania cyatangaje ko cyatesheje agaciro amanota y’abaganga 1 330 nyuma y’uko bitahuwe ko bari barayabonye barakopeye ibizamini byo kubinjiza mu kazi baherutse gukora.

Ni ibizamini byakozwe mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2023, byari ibyo gutuma binjira mu kazi ko kuvura Abanya-Tanzania.

Ikigo cy’Igihigu cy’Ubuzima muri Tanzania cyatangaje ko cyafashe umwanzuro wo gutesha agaciro amanota yabo, nyuma y’uko bigaragaye ko bakopeye ubwo bakoraga ikizamini.

Iki Kigo cy’Ubuzima gitangaza ko cyafashe uyu mwanzuro kugira ngo kirinde ingaruka zo gutanga akazi ku batagakwiye no kwirinda ingaruza zazaba mu kazi ko kuvura, kuko hashobora kuzabamo ababonye akazi nyamara batari bagakwiye.

Abari bakoze ibizami bazongera bahabwe umwanya wo kubisubiramo nta kiguzi gitanzwe, aho biteganyijwe ko bizaba mu kwezi gutaha, tariki 16 Gashyantare 2024.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyasabye abagomba gukora ibi bizamini, kwitegura neza kugira birinde ko bazongera kugwa mu mutego wo gukopera watumye amanota yabo ateshwa agaciro.

Ni mu gihe kandi uwari watanze ibizamini byateshejwe agaciro, yamaze kwirukanwa mu kazi kugira ngo anakorweho iperereza, niba nta ruhare yagize muri ubwo buriganya bwo gukopera bwakozwe.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

Ibyo abandi babona nk’amahirwe we byamuzaniye akaga gashobora no kumuhitana

Next Post

Mu Rwanda inkongi y’umuriro yadutse ku ishuri yahitanye ubuzima bw’umunyeshuri

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Mu Rwanda inkongi y’umuriro yadutse ku ishuri yahitanye ubuzima bw’umunyeshuri

Mu Rwanda inkongi y’umuriro yadutse ku ishuri yahitanye ubuzima bw’umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.