Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tanzania: Raila Odinga yasuye urugo rwa Pombe Magufuli n’urwa Benjamin Mkapa

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in MU RWANDA
0
Tanzania: Raila Odinga yasuye urugo rwa Pombe Magufuli n’urwa Benjamin Mkapa
Share on FacebookShare on Twitter

Raila Odinga uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi “Orange Democratic Movement” akaba uwahoze ari Minisitiri w’intebe wanabaye mu nteko ishinga amategeko avuga ko yashimishijwe n’uburyo yasanze umuryango wa nyakwigendera John Pombe Magufuli na mugenzi we nyakwigendera Benjamin Mkapa abagore basize bashikamye kandi bagifite ishyaka.

Benjamin Mkapa na John Pombe Magufuli ni abagabo bahoze ari abaperezida b’igihugu cya Tanzania ariko kuri ubu batari ku isi kuko bitabye Imana. Imiryango yabo yasuwe na Raila Odinga, gahunda yari igize uruzinduko rwe yagiriye muri iki gihugu kuko yanahuye na Samia Suluhu Hassan kuri ubu uyoboye iki gihugu.

Image

Mama Janeth Magufuli (Ibumoso) na Raila Odinga (Iburyo)

Umuryango wa Magufuli wasuwe na Odinga wari uyobowe na Janeth Magufuli mu gihe uwa Mkapa yari umugore witwa Mama Anna Mkapa.

Abinyijuje ku rukuta rwe rwa Twitter, Raila Odinga yavuze ko yaganiriye n’aba bagore bombi bahoze bafite abagabo bayoboye igihugu cya Tanzania ariko ngo mu biganiro bagiranye byose yashimishijwe no kuba yarasanze bagifite ishyaka n’umutima ukomeye bityo anaboneraho kwifuriza aba bagabo gukomeza kuruhukira mu mahoro.

Mu magambo ye, Raila yagize ati” Nasuye imiryango y’inshuti zanjye magara, perezida Benjamin Mkapa na John Magufuli. Byanejeje kubona Mama Anna Mkapa na Mama Janeth Magufuli bagifite ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru”

Umubano ukomeye wa Raila Odinga na Magufuli watangiye mu myaka ya 2000 igihe bose bari abaminisitiri b’ibihugu byombi.

Image

Raila Odinga yasuye umuryango wa Benjamin Mkapa wabayeho perezida wa Tanzania

Uretse gusura iyi miryango, Raila Odinga yanagiranye ibiganiro na Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan mu biro bye.

Mu biganiro Raila Odinga yagiranye na Samia Suluhu Hassan, Odinga yavuze ko byagenze neza kuko ngo baganiriye cyane ibijyanye n’uburyo hatezwa imbere ibikorwaremezo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Mutsinzi Ange ntazaboneka ku mukino w’u Rwanda na Mali

Next Post

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.