Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tanzania: Raila Odinga yasuye urugo rwa Pombe Magufuli n’urwa Benjamin Mkapa

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in MU RWANDA
0
Tanzania: Raila Odinga yasuye urugo rwa Pombe Magufuli n’urwa Benjamin Mkapa
Share on FacebookShare on Twitter

Raila Odinga uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi “Orange Democratic Movement” akaba uwahoze ari Minisitiri w’intebe wanabaye mu nteko ishinga amategeko avuga ko yashimishijwe n’uburyo yasanze umuryango wa nyakwigendera John Pombe Magufuli na mugenzi we nyakwigendera Benjamin Mkapa abagore basize bashikamye kandi bagifite ishyaka.

Benjamin Mkapa na John Pombe Magufuli ni abagabo bahoze ari abaperezida b’igihugu cya Tanzania ariko kuri ubu batari ku isi kuko bitabye Imana. Imiryango yabo yasuwe na Raila Odinga, gahunda yari igize uruzinduko rwe yagiriye muri iki gihugu kuko yanahuye na Samia Suluhu Hassan kuri ubu uyoboye iki gihugu.

Image

Mama Janeth Magufuli (Ibumoso) na Raila Odinga (Iburyo)

Umuryango wa Magufuli wasuwe na Odinga wari uyobowe na Janeth Magufuli mu gihe uwa Mkapa yari umugore witwa Mama Anna Mkapa.

Abinyijuje ku rukuta rwe rwa Twitter, Raila Odinga yavuze ko yaganiriye n’aba bagore bombi bahoze bafite abagabo bayoboye igihugu cya Tanzania ariko ngo mu biganiro bagiranye byose yashimishijwe no kuba yarasanze bagifite ishyaka n’umutima ukomeye bityo anaboneraho kwifuriza aba bagabo gukomeza kuruhukira mu mahoro.

Mu magambo ye, Raila yagize ati” Nasuye imiryango y’inshuti zanjye magara, perezida Benjamin Mkapa na John Magufuli. Byanejeje kubona Mama Anna Mkapa na Mama Janeth Magufuli bagifite ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru”

Umubano ukomeye wa Raila Odinga na Magufuli watangiye mu myaka ya 2000 igihe bose bari abaminisitiri b’ibihugu byombi.

Image

Raila Odinga yasuye umuryango wa Benjamin Mkapa wabayeho perezida wa Tanzania

Uretse gusura iyi miryango, Raila Odinga yanagiranye ibiganiro na Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan mu biro bye.

Mu biganiro Raila Odinga yagiranye na Samia Suluhu Hassan, Odinga yavuze ko byagenze neza kuko ngo baganiriye cyane ibijyanye n’uburyo hatezwa imbere ibikorwaremezo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seven =

Previous Post

Mutsinzi Ange ntazaboneka ku mukino w’u Rwanda na Mali

Next Post

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.