Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in SIPORO
0
TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza ukiri muto Ethan Vernon wegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda, yanatwaye agace ka kabiri ka Kigali- Gisagara.

Uyu Mwongereza wamanutse mu majyepfo yambaye umwambaro w’umuhondo yegukanye kuri iki Cyumweru mu gace ka Kigali-Rwamagana, yongeye kwanikira bagenzi be muri iri rushanwa, abatanga ku murongo wera aho basoreje i Gisagara mu gace ka kabiri.

Uyu mukinnyi ukinira Team Soudal-QuickStep, ubwo yegukanaga agace ka mbere, yari yatangaje ko n’agace ka kabiri ashobora kugatwara kuko twombi dufite imiterere imwe.

Ethan Vernon yegukanye aka gace ka kabiri akoresheje amasaha 03:21’:30’’ mu gihe abaje bamukurikiye 10 bose bakoresheje ibihe bimwe. Muri aba icumi ba mbere bakoresheje ibi bimwe na Vernon, nta Munyarwanda wajemo.

Ethan Vernon uzwiho ubuhanga budasanzwe mu mihanda isa n’itambika, ubu ni we uyoboye iri rushanwa rya Tour du Rwanda ryitabiriwe n’abakinnyi 195.

Aka gace ka kabiri na ko Abakinnyi b’Abanyarwanda bongeye kwigaragaza kuko bari mu bakunze kugaragara mu kwataka no kuyobora abandi muri iyi mihanda yerecyeza mu Majyepfo y’u Rwanda.

Byumwihariko Mugisha Moise uri gukinira Team Rwanda, wakomeje kugaragara mu gakundi kari kayoboye abandi, kuko bageze mu bilometero 117, ari mu b’imbere.

Yabatanze ku murongo w’umweru aha Peace abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Next Post

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.