Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in SIPORO
0
TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

William Junior Lecerf nawe ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step ni we urarana umwambaro w'umuhondo

Share on FacebookShare on Twitter

Umubiligi William Junior Lecerf ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda, ni we utwaye agace ka kane k’iri siganwa, mu gihe Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange asigwa amasegonda 7”, ndetse akaba avuga ko icyizere kigihari.

Ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling, ni yo yegukanye agace ka mbere kakinwe ku Cyumweru mu Mujyi wa Kigali, karanzwe no gusiganwa hagati y’amakipe, ikaba ari na yo ifite umukinnyi wambaye umwambaro uyoboye abandi.

Aka gace ka kane kahagurukiye mu Karere ka Karongi kerecyeza i Rubavu, kari kagizwe n’ibilometero 93, aho abakinnyi bahagurutse ku isaaha ya saa tanu n’igice (11:30’).

Mu bilometero 13, rurangiranwa mu mukino w’amagare Christopher Clive Froome uzwi nka Chris Froome yagerageje gukora atake, ndetse abanza gushyira amasegona 10’’ hagati ye na Peloton.

Gusa ntiyakomeje kuyobora abandi bakinnyi, kuko mu bilometero 18, abakinnyi bose bongeye kuguma mu gikundi kimwe.

Abakinnyi batangiye guhatanira amanota agenda atangirwa mu nzira, aho aya mbere ya Sprint, yegukanywe na Chris Froome wakurikiwe na Teugels, ndetse na Habteab watwaye amanota y’uwa gatatu.

Naho amanota y’agasozi ka mbere yegukanywe na Habteab, wakurikiwe na Teugels ndetse na Simon waje ku mwanya wa gatatu muri aya manota y’agasozi ka mbere.

Bamaze kugenda ibilometero 33, abakinnyi bari bamaze gucikamo ibikundi, aho itsinda ry’imbere ryari riyobowe n’ikipe ya Total Energies, ryari ryamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1’30’’.

Mu bilometero 44, abakinnyi bayoboye isiganwa, bari bamaze gushyira intera y’amasegonda 55’’ hagati yabo na Peloton.

Amanota y’agasozi ka gatatu yegukanywe na Latour, wakurikiwe na Teugels, ku mwanya wa gatatu haza Habteab ukomeje kwegukana amanota yo mu nzira.

Ku bilometero 49, ikinyuranyo hagati y’itsinda ryari riyoboye isiganwa (breakaway) n’igikundi kigari (peloton) cyari kimaze kugera mu munota 1’15”.

Umufaransa Pierre Latour ukinira Total Energies wikuye mu bandi, yakomeje kwenekera abandi, ndetse anegukana amanota y’agasozi ka kane, aho yakurikiwe na Auger na we wakurikiwe na Teugels mu gihe ku mwanya wa kane haje Rolland.

Umunyarwanda Munyaneza na we yikuye mu gikundi, abanza gushyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 55 aho yari inyuma ya Pierre Latour wari ukomeje kuyobora bagenzi be.

Bakimara guhatanira amanota y’agasozi ka gatanu, Umufaransa Brieuc Rolland ukinira ikipe ya Groupama-FDJ, yabaye na we nk’ugiye guhatanira aya manota, ariko afite intego yo guhita afatiraho, ndetse ahita atangira gusatira mugenzi we Latour, ndetse yahise anamucaho arakomeza, ubwo bari bageze mu kimanuka, agahita yunamira igare, ubundi umuyaga ugenda umuhigamira.

Bageze mu bilometero 66, Brieuc Rolland ayoboye abandi, ari no ku muvuduko wo hejuru, aho yagaragazaga ko ashaka gutwara aka gace, mu gihe Laour na we yari amuri inyuma hafi aho.

Uyu musore ukiri muto Brieuc Rolland yakomeje kwanikira abandi, aho yageze mu bilometero 75 akiyoboye abandi, mu gihe Latour we yari amaze gushyikirwa na Peloton.

Mu bilometero umunani bya nyuma aho bari bamaze kwinjira mu Karere ka Rubavu, Rolland yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 27’’.

Mu bilometero 2,5 bya nyuma, uyu mukinnyi wayoboye isiganwa igihe kinini, Peloton yari yamaze kumushyikira, ndetse abakinnyi bamwe bahita bamucaho.

Aka gace kegukanywe n’Umubiligi Junior Lecerf w’imyaka 21 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling inafite umwambaro w’abayoboye abandi, wakomeje kwambarwa n’Umuhorandi Pepijn Reinderink.

 

Abanyarwanda baracyafite icyizere

Umunyarwanda Mugisha Moise ukinira ikipe ya Java Inovotec, n’ubundi ni we waje hafi muri aka gace, aho anganya ibihe n’uwakegukanye, ndetse akaba akomeje kurushwa amasegonda 7” ku rutonde rusange.

Mugisha Moise abajijwe uko Tour du Rwanda y’uyu mwaka imeze, yavuze ko ikomeye cyane, kuko irimo abakinnyi b’abahanga ku buryo “nugerageje kugenda, bahita bamugarura.”

Gusa avuga ko bagifite icyizere, kuko ku rutonde rusange bagihagaze neza, dore ko ari we uri hafi, aho arushwa amasegonda arindwi (7”) n’uwambaye umwambaro w’umuhondo.

Mugisa yagize ati “Umusaruro w’Abanyarwanda uracyahari, urumva turacyari hafi, nk’ubu nkanjye harimo amasegonda arindwi, ku munsi wa nyuma muri Kigali, nshobora kubikora.”

Aka gace n’ubundi karanzwe no guhatana cyane
Ingeri zose ziba zaje kwirebera igare

Imisozi y’Iburengerazuba na yo yaryoheje isiganwa kubera icyayi kiyitatse gitohagiye
William Junior Lecerf ni we wegukanye aka gace

Umuholandi na we ukinira Soudal Quick-Step yakomeje kwambara umwambaro y’umuhondo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Menya ikizanye muri Afurika umuyobozi w’umutwe uhanganye na Israel mu ntambara

Next Post

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe
IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.