Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tekereza ko tumaranye imyaka 30- P.Kagame yifurije isabukuru nziza Madamu mu magambo ashimishije

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Tekereza ko tumaranye imyaka 30- P.Kagame yifurije isabukuru nziza Madamu mu magambo ashimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yifurije isabukuru nziza Madamu Jeannette Kagame wujuje imyaka 60 y’amavuko, amushimira imyaka 30 irenga bamaranye yaranzwe n’imigisha.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame, yagize ati “Isabukuru nziza Jeannette!”

Yakomeje agira ati “Imyaka 60 yumvikana nk’aho ari micye. Tekereza ko tumaranye imyaka irenga 30 turi kumwe, yatubereye iyo kubana umuryango ndetse n’Igihugu mu bwubahane bwabidushoboje.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje yifuriza Madamu Jeannette Kagame gukomeza kugira ibyiza, ati “Imigisha kuri twese!!!”

Madamu Jeannette Kagame na we yamusubije amushimira kuba mu myaka irenga 30 bamaranye, yaratumye bayimarana mu byiza.

Yagize ati “Warakoze gutuma iyi myaka 33 tumaranye igerwaho, bikaba bingejeje ku isabukuru y’imyaka 60 y’amavuko nkiri muzima. Ntagishimishije nko kugira umuryango mwiza n’Igihugu cyiza yewe ubu tukaba dufite n’abuzukuru babiri! Amashimwe y’iteka.”

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakoze ubukwe tariki 10 Kamena 1989 bwabereye muri Uganda ubwo bamwe mu Banyarwanda bari barahunze itotezwa ryakorerwaga Abatutsi mu Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame basanzwe bafitanye abana bane ndetse ubu bakaba bafite n’abuzukuru babiri b’ubuheta bwabo Ange Ingabire Kagame uherutse na we kwibaruka ubuheta.

Perezida Kagame ukunze kugaragaza ko yita ku muryango we, mu minsi micye ishize yagaragaje ko yishimiye kwakira umwuzukuru wa kabiri uherutse kuvuga ndetse no ku munsi w’ejo hashize, yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga igaragaza umwuzukuru mukuru ateruye umuto.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakoze ubukwe mu 1989

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

Byari amashyengo: Hagaragaye ifoto y’ukuri ihinyuza iyari yacuzwe igaterekwamo 2Pac

Next Post

Rubavu: Gitifu wavuzwe mu kohereza umukwikwi nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka yirukanywe

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
1

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

19/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Rubavu: Gitifu wavuzwe mu kohereza umukwikwi nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka yirukanywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.