Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ahura na Vladmir Putin w’u Burusiya, yavuze ko afite impungenge ko ikiganiro bagirana gishobora kudatanga umusaruro mu kurangiza intambara imaze imyaka irenga itatu.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yavuze ko atiyumvishaga uburyo iyi ntambara ishobora kugeza uyu munsi itararangira.

Icyakora ngo mugenzi we aramuzi ko atajya akina. Ubu ngo iherezo ryayo riri hafi. Ati “Ndatekereza ko iza kuba inama nziza, ariko inama y’ingenzi izaba iya kabiri. Hazabaho inama ya Perezida Putin, Zelenskyy nanjye. Dushobora kuzatumira n’Abanyaburayi. Turareba uko bigenda.

Ndatekereza ko Perezida Putin na Zelensky bashaka amahoro. Tuzareba uko babyitwaramo.

Ibi nibikunda; ndaba mpagaritse intamba esheshatu mu mezi atandatu. Ni byiza cyane. Ubundi mbere natekereza ko iyi ntambara ari yo yoroshye kuyihagarika, ariko nasanze ikomeye cyane.

Ndatekereza ko noneho ubu Perezida Putin ashaka kumvikana, kuko iyo nza kuba ntari Perezida; ubu aba yarafashe Ukraine yose.”

Yakomejenagira ati “Iyi nama igiye kureba muri Alaska kubera ko ari ho horoshye cyane. Ndatekereza ko biza kuba ari byiza, ariko ndibaza ko nko mu minota ibiri, itatu cyangwa itanu tukimara kwicara; ndaba natangiye kumenya niba iyi nama iza kugenda neza cyangwa nabi. Nigenda nabi; irasozwa vuba, ariko nirangira neza irarangira tugize ibyo twumvikana.”

Nubwo Perezida Trump avuga ibi; Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Viktorovich Lavrov akigera muri Alaska; yavuze ko Igihugu ntacyo cyiteze kidasanzwe.

Ati “Ntidushobora kugira icyo twitega mbere y’inama, tuzi ko hari ibyo dusaba kandi ni byo dushikamyeho, turanabisobanura rwose, hari byinshi byakozwe igihe intumwa idasanzwe ya Perezida Trump yazaga i Moscow. Perezida w’u Burusiya yarabisobanuye. Witkoff yavugaga mu mwanya wa Perezida trump. Ndatekereza ko tuza gukomera ibi biganiro by’ingenzi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingabo mu Bwongereza, John Healey yavuze ko bizeye ubushobozi bwa Perezida Trump.

Abanyaburayi bose bategereje kumva ikiva muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu byombi, aho bavuga ko mu biganirwaho uyu munsi hatarimo gufata umwanzuro wo gutanga ubutaka bwa Ukraine nk’ikiguzi cyo guhagarika intambara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + twelve =

Previous Post

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Related Posts

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

by radiotv10
15/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zemeje kugurisha ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka miliyoni 346 USD ku Gihugu cya Nigeria,...

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

by radiotv10
15/08/2025
0

Abashyigikiye Igihugu cya Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana kuba umuhuro wa Perezida Donald Trump wa America na Vladimir...

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Daniel Paluku Kisaka Yereyere wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa...

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, has said that he always asks God for forgiveness for...

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

by radiotv10
14/08/2025
0

Haravugwa imirwano muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye...

IZIHERUKA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.