Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wongeye kuvugwaho ibirego n’Ubashinjacyaha bwo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko ari ukuzura akaboze, hagamijwe kuyobya Abanyamerika bitegura amatora ya Perezida.

Ni nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwa Leta Zunze Ubumwe za America bugaragaje ko bugiye kongera gukurikirana Donald Trump wigeze kuba Perezida w’iki gihugu, ku birego bifitanye isano no kuba yaragerageje kwivanga mu matora yo mu 2020 nyuma yo gutsindwa na Joe Biden.

Ibi bije nyuma y’ukwezi, Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za America rwemeje ko Donald trump afite ubudahangarwa bukomeye buhabwa Abakuru b’Ibihugu ku birego by’ibyaha bakoze mu gihe bari ku butegetsi.

Ibyo birego bishya bikubiyemo ibyaha bine Trump aregwa kuba yarakoze ubwo yiyamamarizaga umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2020 aho kuba ubwo yari ari kubutegetsi, ariko we arabihakana.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Truth Social, Trump yavuze ko ibyo birego bishya ari “ukuzura Akaboze hagamijwe kuyobya Abanyamerika” ku bijyanye n’amatora.

Uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe cya manda imwe, uri guhatanira kugaruka muri White House, yasabye ko ibi birego biteshwa agaciro vuba na bwangu.

Ubushinjacyaha bwa Leta Zunze Ubumwe za America buvuga ko ibyo birego bishya byamaze gushyikirizwa Abacamanza batoranyijwe kandi batigeze baburanisha imanza za Donald Trump zabanje, ngo harebwe niba hari ibimenyetso bihagije byo gukomeza kuburanisha uru urubanza.

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za America yirinze kugira icyo itangaza kuri ibyo birego bishya biregwa Donald Trump.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 12 =

Previous Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku kabari kagaragayemo abakobwa babyina bambaye ubusa buriburi

Next Post

Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda

Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.