Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yibasiye Visi Perezida w’iki Gihugu, Madamu Kamala Harris bashobora kuzahangana mu matora, avuga ko ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka y’iki Gihugu.

Trump yatangaje ibi nyuma y’uko Visi Perezida Kamala Harris bivuzwe ko ashobora kuzasimbura Joe Biden mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko Biden yikuye muri uru rugendo.

Uyu munyapolitiki wamaze kwemezwa n’Ishyaka ry’Aba-Republicans kuzarihagararira muri aya matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, yavuze ko Kamala Harris aje ari igitambo muri uku guhangana, kandi ko yiteguye kuzamutsinda.

Trump yavuze ko Kamala Harris yaje ashyira mu kangaratete Demokarasi y’iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America gihora kirata ibigwi ko kiyoboye muri Demokarasi.

Trump yavuze ko asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko iyo ari guhangana n’Aba-Democrat, ibyo kuba mwiza abishyira ku ruhande.

Ni nyuma y’uko ku wa Kabiri, Kamala Harris na we abaye nk’uwibasira Trump, akanagaruka ku kuba uyu wahoze ayobora USA, yarigeze gushinjwa ibyaha byo guhohotera abagore.

Kamala “Nahanganye n’abahemu bo mu nzego zose, abagome bahohotera abagore, bakoresha uburiganya, baca inyuma abo bashakanye, bakarenga ku mabwiriza bishyiriyeho. Munyumve neza, ibyo mvuze, ni uko nzi neza Donald Trump uwo ari we.”

Mu gusa nk’aho amusubiza, Trump, kuri uyu wa Gatatu, yakoresheje amagambo aremereye yibasira Kamala Harris, avuga ko “ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka ya America.”

Yavuze ko afata Kamala “nk’umuntu utari muzima” asa nk’aho amubwira mu butumwa bwe agira ati “Wagaragaje intege nke mu byo wakoze byose. Ibyo wakoze birahagije, ntabwo tugukeneye hano, nta n’ahandi tugukeneye. Kamala, tuzakwirukana.”

Ibi Trump yabivugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabayeho ku nshuro ya mbere Joe Biden atangaje ko yahagaritse ibikorwa byo gukomeza kwiyamamza gukomeza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.