Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yibasiye Visi Perezida w’iki Gihugu, Madamu Kamala Harris bashobora kuzahangana mu matora, avuga ko ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka y’iki Gihugu.

Trump yatangaje ibi nyuma y’uko Visi Perezida Kamala Harris bivuzwe ko ashobora kuzasimbura Joe Biden mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko Biden yikuye muri uru rugendo.

Uyu munyapolitiki wamaze kwemezwa n’Ishyaka ry’Aba-Republicans kuzarihagararira muri aya matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, yavuze ko Kamala Harris aje ari igitambo muri uku guhangana, kandi ko yiteguye kuzamutsinda.

Trump yavuze ko Kamala Harris yaje ashyira mu kangaratete Demokarasi y’iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America gihora kirata ibigwi ko kiyoboye muri Demokarasi.

Trump yavuze ko asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko iyo ari guhangana n’Aba-Democrat, ibyo kuba mwiza abishyira ku ruhande.

Ni nyuma y’uko ku wa Kabiri, Kamala Harris na we abaye nk’uwibasira Trump, akanagaruka ku kuba uyu wahoze ayobora USA, yarigeze gushinjwa ibyaha byo guhohotera abagore.

Kamala “Nahanganye n’abahemu bo mu nzego zose, abagome bahohotera abagore, bakoresha uburiganya, baca inyuma abo bashakanye, bakarenga ku mabwiriza bishyiriyeho. Munyumve neza, ibyo mvuze, ni uko nzi neza Donald Trump uwo ari we.”

Mu gusa nk’aho amusubiza, Trump, kuri uyu wa Gatatu, yakoresheje amagambo aremereye yibasira Kamala Harris, avuga ko “ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka ya America.”

Yavuze ko afata Kamala “nk’umuntu utari muzima” asa nk’aho amubwira mu butumwa bwe agira ati “Wagaragaje intege nke mu byo wakoze byose. Ibyo wakoze birahagije, ntabwo tugukeneye hano, nta n’ahandi tugukeneye. Kamala, tuzakwirukana.”

Ibi Trump yabivugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabayeho ku nshuro ya mbere Joe Biden atangaje ko yahagaritse ibikorwa byo gukomeza kwiyamamza gukomeza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.