Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yakoresheje amagambo aremereye mu byafashwe nk’igitero kuri V/Perezida Kamala bazahangana mu matora
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yibasiye Visi Perezida w’iki Gihugu, Madamu Kamala Harris bashobora kuzahangana mu matora, avuga ko ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka y’iki Gihugu.

Trump yatangaje ibi nyuma y’uko Visi Perezida Kamala Harris bivuzwe ko ashobora kuzasimbura Joe Biden mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko Biden yikuye muri uru rugendo.

Uyu munyapolitiki wamaze kwemezwa n’Ishyaka ry’Aba-Republicans kuzarihagararira muri aya matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, yavuze ko Kamala Harris aje ari igitambo muri uku guhangana, kandi ko yiteguye kuzamutsinda.

Trump yavuze ko Kamala Harris yaje ashyira mu kangaratete Demokarasi y’iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America gihora kirata ibigwi ko kiyoboye muri Demokarasi.

Trump yavuze ko asanzwe ari umuntu mwiza, ariko ko iyo ari guhangana n’Aba-Democrat, ibyo kuba mwiza abishyira ku ruhande.

Ni nyuma y’uko ku wa Kabiri, Kamala Harris na we abaye nk’uwibasira Trump, akanagaruka ku kuba uyu wahoze ayobora USA, yarigeze gushinjwa ibyaha byo guhohotera abagore.

Kamala “Nahanganye n’abahemu bo mu nzego zose, abagome bahohotera abagore, bakoresha uburiganya, baca inyuma abo bashakanye, bakarenga ku mabwiriza bishyiriyeho. Munyumve neza, ibyo mvuze, ni uko nzi neza Donald Trump uwo ari we.”

Mu gusa nk’aho amusubiza, Trump, kuri uyu wa Gatatu, yakoresheje amagambo aremereye yibasira Kamala Harris, avuga ko “ari we Visi Perezida wa mbere udashoboye wabayeho mu mateka ya America.”

Yavuze ko afata Kamala “nk’umuntu utari muzima” asa nk’aho amubwira mu butumwa bwe agira ati “Wagaragaje intege nke mu byo wakoze byose. Ibyo wakoze birahagije, ntabwo tugukeneye hano, nta n’ahandi tugukeneye. Kamala, tuzakwirukana.”

Ibi Trump yabivugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabayeho ku nshuro ya mbere Joe Biden atangaje ko yahagaritse ibikorwa byo gukomeza kwiyamamza gukomeza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

DRCongo: Hatanzwe umuburo ku bavuye ahabereye imirwano ku bishobora kubashyira mu kaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.