Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatunguranye agaragara mu modoka itwara ibishingwe
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uri guhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumuwe za America, yagaragaye i Wisconsin ari mu modoka itwara ibishingwe, anambaye imyambaro y’abakora aka kazi.

Perezida Trump yakoze ibi mu rwego rwo gusubiza Joe Biden wamusimbuye, uherutse kwita abamushyigikiye ko ari abatwara ibishingwe.

Uyu munyapolitiki uri guhatanira kugaruka muri White House, yakoreye ibi ku Kibuga cy’Indege cya Wisconsin ubwo Indege yari imaze kururuka, agahita yinjira muri iki kimodoka gitwara ibishingwe.

Ubwo yari muri iyi modoka yanditseho izina rye ndetse n’intero ye yo kongera kugarurira ubukaka Leta Zunze Ubumwe za America (Make America Great Again), Trump yagize ati “Imodoka itwara ibishingwe yanjye murayibona gute?”

Yavuganaga n’abanyamakuru ku mugoroba ubwo yari ageze Green Bay muri Leta ya Wisconsin, ubwo yari muri iyi modoka, yamanuye ikirahure arebera mu idirishya.

Trump kandi yanitandukanyije n’ibyatangajwe n’umunyarwenya Tony Hinchcliffe uherutse na we kwita Abanya-Puerto Rica ko ari abatwara ibishingwe.

Yagize ati “Nta n’ikintu na kimwe nzi kuri uwo munyarwenya. Sinzi n’uwo ari we. Sindanamubona. Numvise ko yagize ibyo atangaza ariko ni ibyo yivugiye. Ni umunyarwenya nyine, icyo nababwira ni uko ntakintu nzi kuri we.”

Trump yakomeje yisegura ku Banya-Puerto Rican, ati “Nkunda Puerto Rican kandi na yo irankunda.” Ubundi asoza iki kiganiro cyo mu modoka itwara ibishingwe, agira ati “Ndizera ko mwakunze imodoka yanjye. Ndabashimiye.”

Imyambaro yari yambaye ubwo yari ari muri iyi modoka kandi, ni na yo yagarayemo ubwo yari akigera aho yahise akomereza ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Trump yaganiriye n’abanyamakuru ari muri iki kimodoka
Yababazaga niba imodoka ye bayikunze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Next Post

Miss Muheto n’umunyamakuru Fatakumavuta bagejejwe ku Rukiko amasaha y’akazi ataragera

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game
IMYIDAGADURO

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Muheto n’umunyamakuru Fatakumavuta bagejejwe ku Rukiko amasaha y’akazi ataragera

Miss Muheto n’umunyamakuru Fatakumavuta bagejejwe ku Rukiko amasaha y’akazi ataragera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.