Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi n’abandi banyapolitiki bakomeye muri Congo bitabiriye umuhango w’ishyingurwa ry’umugore w’Umukozi w’Imana

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in AMAHANGA
0
Tshisekedi n’abandi banyapolitiki bakomeye muri Congo bitabiriye umuhango w’ishyingurwa ry’umugore w’Umukozi w’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, na Madamu we ndetse n’abandi banyapolitiki bazwi muri iki Gihugu, nka Jean-Pierre Bemba na Patrick Muyaya; bitabiriye umuhango wo gushyingura umugore wa Pasiteri Marcelo Jérémy Tunasi uherutse kwitaba Imana.

Uyu muhango wo gushyingura Blanche Kandolo Odia, wabereye ahitwa Nécropole Entre Terre et Ciel kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, nyuma y’uko nyakwigendera asezweho bwa nyuma muri stade Père Raphaël de la Kethule.

Uretse Perezida Tshisekedi n’aba banyapolitiki b’amazina azwi muri Congo nka Jean-Pierre Bemba na Patrick Muyaya bitabiriye uyu muhango, wanitabiriwe n’abanyapolitiki nka Augustin Kabuya, François-Claude Kabulo Mwana Kabulo, Moïse Mbiye, Mike Kalambay na Joël-Françis Tatu.

Perezida Tshisekedi wagaragaye muri uyu muhango ababaye, yanafashe mu mugongo Pasiteri Marcelo Jérémy Tunasi, ubwo yamuramutsaga asa nk’umukomeza, dore ko uyu mukozi w’Imana yagaragaje intege nke n’agahinda kenshi muri uyu muhango wo gushyingura umugore we.

Pasiteri Marcelo, mu ijambo rye, yavuze ko umugore we yitabye Imana nyuma y’uko yari yakorewe operasiyo yoroheje muri Istanbul muri Turquie.

Yagize ati “Nyuma y’uko byari bimaze umwanya munini, nahamagaye abaganga kugira ngo menye uko umugore wanjye amerewe, bambwira ko agisinziriye. Nategereje amasaha abiri, atatu, ane, ariko ndaheba.”

Uyu mukozi w’Imana avuga ko byageze aho akinjira mu cyumba umugore we yari yaryamishijwemo, agasenga kugira ngo akanguke ndetse akamusengera kurusha uko yaba yarigeze kubikorera undi, ariko bikarangira yitabye Imana.

Yavuze ko yakomeje gusenga kugira ngo arebe ko yazuka, ndetse akajya mu buruhukiro umugore we yabaga arimo, agasenga kugira ngo Imana ikore ibitangaza kugeza ku munsi w’ejo ubwo bamushyinguraga, ariko bikarangira icyifuzo cye kidasubijwe.

Perezida Tshisekedi ubwo yageraga ahabereye uyu muhango
We na Madamu bunamiye nyakwigendera
Yafashe mu mugongo uyu mukozi w’Imana
Umuhango warimo n’abanyapolitiki b’amazina azwi muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Hafunguwe Ibiro by’Akarere ka Burera hanatangazwa amafaranga byuzuye bitwaye

Next Post

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.