Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi n’abandi banyapolitiki bakomeye muri Congo bitabiriye umuhango w’ishyingurwa ry’umugore w’Umukozi w’Imana

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in AMAHANGA
0
Tshisekedi n’abandi banyapolitiki bakomeye muri Congo bitabiriye umuhango w’ishyingurwa ry’umugore w’Umukozi w’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, na Madamu we ndetse n’abandi banyapolitiki bazwi muri iki Gihugu, nka Jean-Pierre Bemba na Patrick Muyaya; bitabiriye umuhango wo gushyingura umugore wa Pasiteri Marcelo Jérémy Tunasi uherutse kwitaba Imana.

Uyu muhango wo gushyingura Blanche Kandolo Odia, wabereye ahitwa Nécropole Entre Terre et Ciel kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, nyuma y’uko nyakwigendera asezweho bwa nyuma muri stade Père Raphaël de la Kethule.

Uretse Perezida Tshisekedi n’aba banyapolitiki b’amazina azwi muri Congo nka Jean-Pierre Bemba na Patrick Muyaya bitabiriye uyu muhango, wanitabiriwe n’abanyapolitiki nka Augustin Kabuya, François-Claude Kabulo Mwana Kabulo, Moïse Mbiye, Mike Kalambay na Joël-Françis Tatu.

Perezida Tshisekedi wagaragaye muri uyu muhango ababaye, yanafashe mu mugongo Pasiteri Marcelo Jérémy Tunasi, ubwo yamuramutsaga asa nk’umukomeza, dore ko uyu mukozi w’Imana yagaragaje intege nke n’agahinda kenshi muri uyu muhango wo gushyingura umugore we.

Pasiteri Marcelo, mu ijambo rye, yavuze ko umugore we yitabye Imana nyuma y’uko yari yakorewe operasiyo yoroheje muri Istanbul muri Turquie.

Yagize ati “Nyuma y’uko byari bimaze umwanya munini, nahamagaye abaganga kugira ngo menye uko umugore wanjye amerewe, bambwira ko agisinziriye. Nategereje amasaha abiri, atatu, ane, ariko ndaheba.”

Uyu mukozi w’Imana avuga ko byageze aho akinjira mu cyumba umugore we yari yaryamishijwemo, agasenga kugira ngo akanguke ndetse akamusengera kurusha uko yaba yarigeze kubikorera undi, ariko bikarangira yitabye Imana.

Yavuze ko yakomeje gusenga kugira ngo arebe ko yazuka, ndetse akajya mu buruhukiro umugore we yabaga arimo, agasenga kugira ngo Imana ikore ibitangaza kugeza ku munsi w’ejo ubwo bamushyinguraga, ariko bikarangira icyifuzo cye kidasubijwe.

Perezida Tshisekedi ubwo yageraga ahabereye uyu muhango
We na Madamu bunamiye nyakwigendera
Yafashe mu mugongo uyu mukozi w’Imana
Umuhango warimo n’abanyapolitiki b’amazina azwi muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 3 =

Previous Post

Hafunguwe Ibiro by’Akarere ka Burera hanatangazwa amafaranga byuzuye bitwaye

Next Post

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Related Posts

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru w’Igihugu Uhuru Kenyatta yasimbuye yanigeze kubera Visi Perezida...

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Urwego rushinzwe Igorora-RCS rwungutse Abofisiye 166 barimo 16% b’abakobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.