Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuvuga ko Guverinoma ye idateze kugirana ibiganiro na M23, mu gihe uyu mutwe na wo wahise umusubiza ko igihe cyose hatabaye ibiganiro, umuti ukiri kure.

Ibi byatangajwe na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho umunyamakuru yongeye kumubaza aho ibiganiro na M23 bigeze.

Perezida Tshisekedi yavuze ko Guverinoma y’Igihugu cye idateze kugirana ibiganiro bya politiki n’umutwe wa M23, ngo ahubwo ko ugomba gushyira intwaro hasi.

Uyu mukuru w’Igihugu cya DRC, yakomeje avuga ko hari impamvu zikomeye zituma Guverinoma idashobora kuganira na M23, ngo kuko uyu mutwe usaba kuganira na yo ku bw’impamvu itari nziza.

Tshisekedi yavuze ko ngo M23 n’abayishyigikiye bafite umugambi ngo wo kwinjirira inzego za Congo, kugira ngo bazabangamire imiyoborere y’iki Gihugu. Ati “Badusaba ibidashoboka kugira ngo bazagere ku cyo bagamije.”

Tshisekedi yongeye kuvuga ko adateze kuganira na M23

Ni ijambo ritakiriwe neza na M23, aho Perezida wayo, Bertrand Bisimwa yahise anyuza ubutumwa kuri Twitter, avuga ko ntakindi uyu mutwe ugamije atari ukurwanya akarengane gakorerwa abaturage, kandi ko uzakora ibishoboka byose kugira ngo ubigereho.

Muri icyo kiganiro Perezida Tshisekedi, we yavuze ko uyu mutwe ukwiye gushyira hasi intwaro kandi ngo niba abawugize ari Abanyekongo, bagomba gusubira mu buzima busanzwe.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, we mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yakomeje avuga ko igihe cyose hatabayeho ibiganiro, na Guverinoma ya Congo, bigoye ko haboneka amahoro kuko ubutegetsi bw’iki Gihugu, ntakindi bugamije uretse gukomeza kubangamira bamwe mu Banyekongo.

Ati “Igihe cyose hatabayeho ibiganiro bya politiki hagati ya M23 na Guverinoma ya Kinshasa kugira ngo bumvikane ku buryo bwo guhagarika burundu ibitera amakimbirane, M23 ntabwo iteze gushyira hasi intwaro.”

Bisimwa yagaragaje ko iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo kwanga ibiganiro na M23 ndetse no kutitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, bihabanye n’imyanzuro yagiye ifatwa n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ibi bitangajwe mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje gushyira mu bikorwa imyanzuro wafatiwe yo kurekura ibice byose wari warafashe, ndetse habura iminsi ibiri gusa ngo uyu mutwe urangize kuva muri ibyo bice byose, dore ko watangaje ko uzabirangiza tariki 15 Mata 2023.

Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Next Post

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.