Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuvuga ko Guverinoma ye idateze kugirana ibiganiro na M23, mu gihe uyu mutwe na wo wahise umusubiza ko igihe cyose hatabaye ibiganiro, umuti ukiri kure.

Ibi byatangajwe na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho umunyamakuru yongeye kumubaza aho ibiganiro na M23 bigeze.

Perezida Tshisekedi yavuze ko Guverinoma y’Igihugu cye idateze kugirana ibiganiro bya politiki n’umutwe wa M23, ngo ahubwo ko ugomba gushyira intwaro hasi.

Uyu mukuru w’Igihugu cya DRC, yakomeje avuga ko hari impamvu zikomeye zituma Guverinoma idashobora kuganira na M23, ngo kuko uyu mutwe usaba kuganira na yo ku bw’impamvu itari nziza.

Tshisekedi yavuze ko ngo M23 n’abayishyigikiye bafite umugambi ngo wo kwinjirira inzego za Congo, kugira ngo bazabangamire imiyoborere y’iki Gihugu. Ati “Badusaba ibidashoboka kugira ngo bazagere ku cyo bagamije.”

Tshisekedi yongeye kuvuga ko adateze kuganira na M23

Ni ijambo ritakiriwe neza na M23, aho Perezida wayo, Bertrand Bisimwa yahise anyuza ubutumwa kuri Twitter, avuga ko ntakindi uyu mutwe ugamije atari ukurwanya akarengane gakorerwa abaturage, kandi ko uzakora ibishoboka byose kugira ngo ubigereho.

Muri icyo kiganiro Perezida Tshisekedi, we yavuze ko uyu mutwe ukwiye gushyira hasi intwaro kandi ngo niba abawugize ari Abanyekongo, bagomba gusubira mu buzima busanzwe.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, we mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yakomeje avuga ko igihe cyose hatabayeho ibiganiro, na Guverinoma ya Congo, bigoye ko haboneka amahoro kuko ubutegetsi bw’iki Gihugu, ntakindi bugamije uretse gukomeza kubangamira bamwe mu Banyekongo.

Ati “Igihe cyose hatabayeho ibiganiro bya politiki hagati ya M23 na Guverinoma ya Kinshasa kugira ngo bumvikane ku buryo bwo guhagarika burundu ibitera amakimbirane, M23 ntabwo iteze gushyira hasi intwaro.”

Bisimwa yagaragaje ko iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo kwanga ibiganiro na M23 ndetse no kutitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, bihabanye n’imyanzuro yagiye ifatwa n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ibi bitangajwe mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje gushyira mu bikorwa imyanzuro wafatiwe yo kurekura ibice byose wari warafashe, ndetse habura iminsi ibiri gusa ngo uyu mutwe urangize kuva muri ibyo bice byose, dore ko watangaje ko uzabirangiza tariki 15 Mata 2023.

Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 3 =

Previous Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Next Post

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.