Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kuvuga ko Guverinoma ye idateze kugirana ibiganiro na M23, mu gihe uyu mutwe na wo wahise umusubiza ko igihe cyose hatabaye ibiganiro, umuti ukiri kure.

Ibi byatangajwe na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho umunyamakuru yongeye kumubaza aho ibiganiro na M23 bigeze.

Perezida Tshisekedi yavuze ko Guverinoma y’Igihugu cye idateze kugirana ibiganiro bya politiki n’umutwe wa M23, ngo ahubwo ko ugomba gushyira intwaro hasi.

Uyu mukuru w’Igihugu cya DRC, yakomeje avuga ko hari impamvu zikomeye zituma Guverinoma idashobora kuganira na M23, ngo kuko uyu mutwe usaba kuganira na yo ku bw’impamvu itari nziza.

Tshisekedi yavuze ko ngo M23 n’abayishyigikiye bafite umugambi ngo wo kwinjirira inzego za Congo, kugira ngo bazabangamire imiyoborere y’iki Gihugu. Ati “Badusaba ibidashoboka kugira ngo bazagere ku cyo bagamije.”

Tshisekedi yongeye kuvuga ko adateze kuganira na M23

Ni ijambo ritakiriwe neza na M23, aho Perezida wayo, Bertrand Bisimwa yahise anyuza ubutumwa kuri Twitter, avuga ko ntakindi uyu mutwe ugamije atari ukurwanya akarengane gakorerwa abaturage, kandi ko uzakora ibishoboka byose kugira ngo ubigereho.

Muri icyo kiganiro Perezida Tshisekedi, we yavuze ko uyu mutwe ukwiye gushyira hasi intwaro kandi ngo niba abawugize ari Abanyekongo, bagomba gusubira mu buzima busanzwe.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, we mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yakomeje avuga ko igihe cyose hatabayeho ibiganiro, na Guverinoma ya Congo, bigoye ko haboneka amahoro kuko ubutegetsi bw’iki Gihugu, ntakindi bugamije uretse gukomeza kubangamira bamwe mu Banyekongo.

Ati “Igihe cyose hatabayeho ibiganiro bya politiki hagati ya M23 na Guverinoma ya Kinshasa kugira ngo bumvikane ku buryo bwo guhagarika burundu ibitera amakimbirane, M23 ntabwo iteze gushyira hasi intwaro.”

Bisimwa yagaragaje ko iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo kwanga ibiganiro na M23 ndetse no kutitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, bihabanye n’imyanzuro yagiye ifatwa n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ibi bitangajwe mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje gushyira mu bikorwa imyanzuro wafatiwe yo kurekura ibice byose wari warafashe, ndetse habura iminsi ibiri gusa ngo uyu mutwe urangize kuva muri ibyo bice byose, dore ko watangaje ko uzabirangiza tariki 15 Mata 2023.

Bertrand Bisimwa, Perezida wa M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Next Post

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.