Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati w’Ikipe y’Igihugu Amavubi n’ikipe yo muri Suwede, Yannick Mukunzi, n’umugore we basanzwe bafitanye abana babiri, bamaze kwitegura ubukwe bwabo, buzaba muri uku kwezi ndetse hamenyekanye n’umukozi w’Imana uzabasezeranya.

Yannick Mukunzi n’umugore we Iribagiza Joy basanzwe bafitanye abana babiri barimo imfura yabo Mukunzi Ethan wavutse muri 2016 ndetse n’ubuheta bibarutse mu mwaka ushize.

Uyu muryango umaze iminsi uba muri Suwede aho Yannick Mukunzi akina, uherutse kuza mu Rwanda, aho baje kwizihiriza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira undi.

Nanone kandi amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, yemeza ko baje kwitegura ubukwe bwabo buzaba muri uku kwezi.

Uwaduhaye amakuru, yavuze ko nta cyumweru gishira Yannick Mukunzi n’umgore we Iribagiza Joy, badasezeranye imbere y’Imana.

Ati “N’inama ya nyuma y’ubukwe yarabaye, ubu igisigaye ni ukwambara ikoti ubundi umugeni na we akambara ivara, bakajya imbere ya Pasiteri, ubundi bagasezerana kubana akaramata.”

Uyu uzi iby’ubu bukwe, yavuze ko Yannick Mukunzi n’umukunzi we bazasezeranywa na Pasiteri Antoine Rutayisire usanzwe azwiho gusezeranya ibyamamare, akaba aherutse gusezeranya Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri sinema nyarwanda ndetse n’umuhanzi Sentore.

Andi makuru atugeraho kandi avuga ko nyuma yo gusezerana, abazatumirwa muri ubu bukwe bazakirirwa mu busitani buzwi nka Heaven Garden buherereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

Uyu waduhaye amakuru, yavuze ko Yannick Mukunzi namara gusezera, we n’umuryango we bazahita bongera bakurira rutemikirere bagasubira muri Suwede aho basanzwe batuye kugira ngo uyu mukinnyi w’Amavubi akomeze akazi ko gukinira ikipe ya Sandvikens IF.

Yannick Mukunzi agiye gusezerana imbere y’itorere n’umugore we Iribagiza Joy nyuma y’imyaka ine basezeranye imbere y’amategeko, dore ko muri Mutarama 2019 bari basinyiye mu Murenge wa Remera ko bemeranyijwe kubana nk’umugore n’umugabo.

Yannick Mukunzi n’umugore we bari barasezeranye muri 2019

Basanzwe bakundana cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Karongi: Abari bagiye mu bikorwa bitemewe ku bunani bahuye n’uruva gusenya ntibagaruka

Next Post

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.