Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Tumenye amakuru arambuye atari azwi y’ubukwe bw’umukinnyi ukomeye w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati w’Ikipe y’Igihugu Amavubi n’ikipe yo muri Suwede, Yannick Mukunzi, n’umugore we basanzwe bafitanye abana babiri, bamaze kwitegura ubukwe bwabo, buzaba muri uku kwezi ndetse hamenyekanye n’umukozi w’Imana uzabasezeranya.

Yannick Mukunzi n’umugore we Iribagiza Joy basanzwe bafitanye abana babiri barimo imfura yabo Mukunzi Ethan wavutse muri 2016 ndetse n’ubuheta bibarutse mu mwaka ushize.

Uyu muryango umaze iminsi uba muri Suwede aho Yannick Mukunzi akina, uherutse kuza mu Rwanda, aho baje kwizihiriza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira undi.

Nanone kandi amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, yemeza ko baje kwitegura ubukwe bwabo buzaba muri uku kwezi.

Uwaduhaye amakuru, yavuze ko nta cyumweru gishira Yannick Mukunzi n’umgore we Iribagiza Joy, badasezeranye imbere y’Imana.

Ati “N’inama ya nyuma y’ubukwe yarabaye, ubu igisigaye ni ukwambara ikoti ubundi umugeni na we akambara ivara, bakajya imbere ya Pasiteri, ubundi bagasezerana kubana akaramata.”

Uyu uzi iby’ubu bukwe, yavuze ko Yannick Mukunzi n’umukunzi we bazasezeranywa na Pasiteri Antoine Rutayisire usanzwe azwiho gusezeranya ibyamamare, akaba aherutse gusezeranya Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri sinema nyarwanda ndetse n’umuhanzi Sentore.

Andi makuru atugeraho kandi avuga ko nyuma yo gusezerana, abazatumirwa muri ubu bukwe bazakirirwa mu busitani buzwi nka Heaven Garden buherereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

Uyu waduhaye amakuru, yavuze ko Yannick Mukunzi namara gusezera, we n’umuryango we bazahita bongera bakurira rutemikirere bagasubira muri Suwede aho basanzwe batuye kugira ngo uyu mukinnyi w’Amavubi akomeze akazi ko gukinira ikipe ya Sandvikens IF.

Yannick Mukunzi agiye gusezerana imbere y’itorere n’umugore we Iribagiza Joy nyuma y’imyaka ine basezeranye imbere y’amategeko, dore ko muri Mutarama 2019 bari basinyiye mu Murenge wa Remera ko bemeranyijwe kubana nk’umugore n’umugabo.

Yannick Mukunzi n’umugore we bari barasezeranye muri 2019

Basanzwe bakundana cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Karongi: Abari bagiye mu bikorwa bitemewe ku bunani bahuye n’uruva gusenya ntibagaruka

Next Post

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever
MU RWANDA

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.