• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rya muzika rizwi nka Juda Muzik, ryari rimaze kwigarurira imitima ya benshi bakunda umuziki nyarwanda, riherutse gutandukana, nyuma yuko abari barigize bashyize hanze itangazo ribigaragaza. Umwe muri bo, yahishuye byinshi byatumye buri umwe aca inzira ye.

Mu rukerera rwo kuya 01 Gicurasi 2023 Ishimwe Prince uzwi nka Da Rest yashyize hanze itangazo ryemeza ko yamaze gutandukana byeruye na Mugenzi we Mbaragaga Alexis uzi ku izina rya Junior baririmbanaga mu itsinda Juda Muzik.

Ishimwe Prince uzwi nka Da Rest, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yadutangarije impamvu zatumye batandukana, gusa avuga ko ntakibazo kidasanzwe cyabaye hagati yabo.

Yagize ati “Itsinda ryaharitse imikorere, mvugishije ukuri ntabwo twashwanye cyangwa ngo tuvugane nabi, ahubwo ni umwanzuro twafashe.”

Yakomeje agira ati “Twarigenzuye nk’itsinda tubona ibintu ntabwo bigenda neza mu buryo bwo kwinjiza amafaranga ahanini bitewe n’uko amatsinda hano mu Rwanda byacitse abo twaganaga twifuza gukorana na bo bikanga kuko babaga batizeye mu byukuri ko itsinda ryaramba ritasanyuka.”

Uyu musore avuga ko ubu yamaze guca inzira ye na mugenzi we agaca iye, ku buryo byanagorana ko hari ikindi gihangano bakongera guhuriramo.

Ati “Buri wese yaciye inzira ye n’undi iye, ahubwo ibikorwa ni byo byagiye mu nzira zitandukanye, ubundi twaganiraga ku ndirimbo tugiye gukora ariko ntibizasubira, ubu ndi umuhanzi wigenga na we arigenga.”

Aba basore bari bamaranye imyaka irenga itanu bakorana, bari bamaze gukorana indirimbo zirenga 20 zagiye hanze n’izindi 30 zari zararangiye zari zitarasohoka

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

Next Post

Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…

Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.