Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Tumenye byinshi bitavuzwe ku itandukana ry’itsinda ryakundwaga na benshi muri muzika Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rya muzika rizwi nka Juda Muzik, ryari rimaze kwigarurira imitima ya benshi bakunda umuziki nyarwanda, riherutse gutandukana, nyuma yuko abari barigize bashyize hanze itangazo ribigaragaza. Umwe muri bo, yahishuye byinshi byatumye buri umwe aca inzira ye.

Mu rukerera rwo kuya 01 Gicurasi 2023 Ishimwe Prince uzwi nka Da Rest yashyize hanze itangazo ryemeza ko yamaze gutandukana byeruye na Mugenzi we Mbaragaga Alexis uzi ku izina rya Junior baririmbanaga mu itsinda Juda Muzik.

Ishimwe Prince uzwi nka Da Rest, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yadutangarije impamvu zatumye batandukana, gusa avuga ko ntakibazo kidasanzwe cyabaye hagati yabo.

Yagize ati “Itsinda ryaharitse imikorere, mvugishije ukuri ntabwo twashwanye cyangwa ngo tuvugane nabi, ahubwo ni umwanzuro twafashe.”

Yakomeje agira ati “Twarigenzuye nk’itsinda tubona ibintu ntabwo bigenda neza mu buryo bwo kwinjiza amafaranga ahanini bitewe n’uko amatsinda hano mu Rwanda byacitse abo twaganaga twifuza gukorana na bo bikanga kuko babaga batizeye mu byukuri ko itsinda ryaramba ritasanyuka.”

Uyu musore avuga ko ubu yamaze guca inzira ye na mugenzi we agaca iye, ku buryo byanagorana ko hari ikindi gihangano bakongera guhuriramo.

Ati “Buri wese yaciye inzira ye n’undi iye, ahubwo ibikorwa ni byo byagiye mu nzira zitandukanye, ubundi twaganiraga ku ndirimbo tugiye gukora ariko ntibizasubira, ubu ndi umuhanzi wigenga na we arigenga.”

Aba basore bari bamaranye imyaka irenga itanu bakorana, bari bamaze gukorana indirimbo zirenga 20 zagiye hanze n’izindi 30 zari zararangiye zari zitarasohoka

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Nyagatare: Igisubizo gihawe abifuza kubakirwa isoko gishobora kubaca intege kurushaho

Next Post

Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga
FOOTBALL

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,…

Umusaruro ushimishije wa MTN Rwanda: Yungutse miliyari 27Frw, abayikoresha biyongereyeho 451.000,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.