Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa usanzwe afite inzu ikora imyambaro inambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yashyize hanze ifoto, ikomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, aho uyu musore usanzwe azwiho ubuhanga mu guhanga imideri, yararikiraga abantu ko afite ubwoko bw’imyambaro azashyira hanze tariki 03 Ukuboza 2022.

Iyi foto igaragaza Moses asa nk’uwambaye ubusa, hagaragara igice cyo hejuru mu gihe umwanya w’ibanda we haba hahisheho umwenda uteye nk’ikiringiti.

Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri agishyira hanze iyi foto, benshi bayigarutseho barimo n’abahise batanga ibitekerezo kuri iyi foto.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abayishimiye ndetse bamwe bagaragaza ko bayikunze mu gihe hari n’ababinenze, aho uwitwa Servelien yagize ati “Turakubonye ntutubonye.”

Uwitwa Sangwa Janvier we yagize ati “Mana yanjye, iyi foto ni iy’ikinyejana. Ni nziza cyane.”

Abakoresha imbuga nkoranymbaga zitandukanye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto yashyizweho n’abandi bazikoresha.

Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya washyize iyi foto kuri Instagram ye, yagiye ishyirwaho ibitekerezo binyuranye.

Uwitwa Cobra West yagize ati “Uyu sha ntacyo mvuze gusa abagabo bari aba kera.”

Uwitwa Ephrem Cyubahiro we ati “Kandi ubu iyaba ari umukobwa muba muri kuvuga ngo uteye ubusambo, uri mwiza bebi, mbega icyanaaa….”

Uwitwa Personally we ati “Birabaje cyane peuh. Umuntu nk’uyu ntabwo byari bikwiye ko yakwiyambika gutya, ubu afite izihe ndangagaciro koko.”

Hari n’abagereranyije iyi foto n’umukobwa witwa Liliane Mugabekazi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imyanya ye y’ibanga, bakavuga ko Moses na we yari akwiye gushyiwa mu gatebo kamwe n’uyu mukobwa.

Moses Turahirwa yagaragaye mu ifoto itangaje

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayijuka patrice says:
    2 years ago

    Uyu nawe akwiye kugororwa nubwo ari mukuru kuko iterambere (ryumuntu kugiti cye)ntirivuga guta umuco. None kwiyambika ubusa arashaka kugaragaza iki?ari kwigurisha se niba aribyo nangahe ngo turebe ko haruri bugereke!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Next Post

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.