• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa usanzwe afite inzu ikora imyambaro inambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yashyize hanze ifoto, ikomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, aho uyu musore usanzwe azwiho ubuhanga mu guhanga imideri, yararikiraga abantu ko afite ubwoko bw’imyambaro azashyira hanze tariki 03 Ukuboza 2022.

Iyi foto igaragaza Moses asa nk’uwambaye ubusa, hagaragara igice cyo hejuru mu gihe umwanya w’ibanda we haba hahisheho umwenda uteye nk’ikiringiti.

Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri agishyira hanze iyi foto, benshi bayigarutseho barimo n’abahise batanga ibitekerezo kuri iyi foto.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abayishimiye ndetse bamwe bagaragaza ko bayikunze mu gihe hari n’ababinenze, aho uwitwa Servelien yagize ati “Turakubonye ntutubonye.”

Uwitwa Sangwa Janvier we yagize ati “Mana yanjye, iyi foto ni iy’ikinyejana. Ni nziza cyane.”

Abakoresha imbuga nkoranymbaga zitandukanye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto yashyizweho n’abandi bazikoresha.

Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya washyize iyi foto kuri Instagram ye, yagiye ishyirwaho ibitekerezo binyuranye.

Uwitwa Cobra West yagize ati “Uyu sha ntacyo mvuze gusa abagabo bari aba kera.”

Uwitwa Ephrem Cyubahiro we ati “Kandi ubu iyaba ari umukobwa muba muri kuvuga ngo uteye ubusambo, uri mwiza bebi, mbega icyanaaa….”

Uwitwa Personally we ati “Birabaje cyane peuh. Umuntu nk’uyu ntabwo byari bikwiye ko yakwiyambika gutya, ubu afite izihe ndangagaciro koko.”

Hari n’abagereranyije iyi foto n’umukobwa witwa Liliane Mugabekazi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imyanya ye y’ibanga, bakavuga ko Moses na we yari akwiye gushyiwa mu gatebo kamwe n’uyu mukobwa.

Moses Turahirwa yagaragaye mu ifoto itangaje

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayijuka patrice says:
    4 years ago

    Uyu nawe akwiye kugororwa nubwo ari mukuru kuko iterambere (ryumuntu kugiti cye)ntirivuga guta umuco. None kwiyambika ubusa arashaka kugaragaza iki?ari kwigurisha se niba aribyo nangahe ngo turebe ko haruri bugereke!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Next Post

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.