Friday, April 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Turakubonye ntutubonye,…-Ifoto y’uwambika abakomeye ikomeje guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa usanzwe afite inzu ikora imyambaro inambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yashyize hanze ifoto, ikomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto yashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, aho uyu musore usanzwe azwiho ubuhanga mu guhanga imideri, yararikiraga abantu ko afite ubwoko bw’imyambaro azashyira hanze tariki 03 Ukuboza 2022.

Iyi foto igaragaza Moses asa nk’uwambaye ubusa, hagaragara igice cyo hejuru mu gihe umwanya w’ibanda we haba hahisheho umwenda uteye nk’ikiringiti.

Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri agishyira hanze iyi foto, benshi bayigarutseho barimo n’abahise batanga ibitekerezo kuri iyi foto.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, hari abayishimiye ndetse bamwe bagaragaza ko bayikunze mu gihe hari n’ababinenze, aho uwitwa Servelien yagize ati “Turakubonye ntutubonye.”

Uwitwa Sangwa Janvier we yagize ati “Mana yanjye, iyi foto ni iy’ikinyejana. Ni nziza cyane.”

Abakoresha imbuga nkoranymbaga zitandukanye bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi foto yashyizweho n’abandi bazikoresha.

Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya washyize iyi foto kuri Instagram ye, yagiye ishyirwaho ibitekerezo binyuranye.

Uwitwa Cobra West yagize ati “Uyu sha ntacyo mvuze gusa abagabo bari aba kera.”

Uwitwa Ephrem Cyubahiro we ati “Kandi ubu iyaba ari umukobwa muba muri kuvuga ngo uteye ubusambo, uri mwiza bebi, mbega icyanaaa….”

Uwitwa Personally we ati “Birabaje cyane peuh. Umuntu nk’uyu ntabwo byari bikwiye ko yakwiyambika gutya, ubu afite izihe ndangagaciro koko.”

Hari n’abagereranyije iyi foto n’umukobwa witwa Liliane Mugabekazi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo kugaragara mu gitaramo yambaye ikanzu igaragaza imyanya ye y’ibanga, bakavuga ko Moses na we yari akwiye gushyiwa mu gatebo kamwe n’uyu mukobwa.

Moses Turahirwa yagaragaye mu ifoto itangaje

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayijuka patrice says:
    3 years ago

    Uyu nawe akwiye kugororwa nubwo ari mukuru kuko iterambere (ryumuntu kugiti cye)ntirivuga guta umuco. None kwiyambika ubusa arashaka kugaragaza iki?ari kwigurisha se niba aribyo nangahe ngo turebe ko haruri bugereke!!!!!

    Reply

Leave a Reply to Kayijuka patrice Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + sixteen =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo ku rubanza rw’urega uwari Minisitiri w’Intebe kutamwishyura miliyoni 3,2Frw

Next Post

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi
AMAHANGA

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

by radiotv10
03/04/2026
0

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

03/04/2026
Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

03/04/2026
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

03/04/2026
Gatsibo: Ubuhamya bw’ingaruka z’amakimbirane mu miryango bwumvikanisha ko hari n’abashatse kwiyahura

Gatsibo: Ubuhamya bw’ingaruka z’amakimbirane mu miryango bwumvikanisha ko hari n’abashatse kwiyahura

03/04/2026
Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

03/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Uwabeshyeye Polisi ko yamuciye 150.000Frw ku ikosa ry’ibihumbi 10 yacakiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.