Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA
0
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

TV10 imwe muri televiziyo zigenga mu Rwanda, itarahwemye kugeza ku Banyarwanda ibiganiro n’amakuru byihariye kandi bigirira akamaro benshi, ikomeje kwaguka, aho ubu yatangiye kugaragara kuri DStv.

Iyi televiziyo yanafunguye ikibuga cya Televiziyo zigenga mu Rwanda dore ko ari yo ya mbere, yari isanzwe igaragara kuri Star Times na Canal + no kuri shene zitishyura mu Rwanda.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abakunzi ba TV10 gukomeza kureba iyi Televiziyo, ubu yanageze ku ifatabuguzi rya DStv, ku buryo abakoresha iri fatabuguzi bazajya bayireba kuri Channel ya 396.

Umuyobozi Mukuru wa RADIOTV10, Augustin Muhirwa avuga ko gushyira TV10 kuri DStv bigamije gukomeza guhaza ibyifuzo by’abakurikira ibiganiro n’amakuru bya TV10.

Yagize ati “Abantu bari bafite DStv ntibabashaga kureba TV10, kuba yagiyeho ni inyungu kuri bo ndetse ni n’inyugu za TV10 kuba abatureba biyongereye.”

TV10 isanzwe izwiho gutambutsa ibiganiro n’amakuru bifasha benshi kunguka ubumenyi ndetse n’ubuvugizi ku bafite ibibazo by’imibereho bikabonerwa umuti, ikaba iza ku isonga muri Televiziyo zikurikirwa na benshi.

Augustin Muhirwa akomeza avuga ko kuba iyi Televiziyo kandi iri kuri DStv, bizanakomeza gutuma ibi biganiro n’amakuru itambutsa bigera ku Banyarwanda benshi ndetse n’abandi bose bakoresha ifatabuguzi rya DStv.

Ati “Ni na byiza ku Banyarwanda kuko bizatuma babasha kureba amakuru acukumbuye n’ibiganiro by’ingirakamaro, byabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umwaka ushize, TV10 n’ubundi yagaragaye kuri DStv, ndetse ubu ikaba izongera kugaragaraho itambutsa ibiganiro byo kwibuka ku nshuro ya 29, ndetse ikazanagumaho mu buryo buhoraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

Next Post

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.