Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA
0
TV10, imfura muri Televiziyo zigenga mu Rwanda ibazaniye inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

TV10 imwe muri televiziyo zigenga mu Rwanda, itarahwemye kugeza ku Banyarwanda ibiganiro n’amakuru byihariye kandi bigirira akamaro benshi, ikomeje kwaguka, aho ubu yatangiye kugaragara kuri DStv.

Iyi televiziyo yanafunguye ikibuga cya Televiziyo zigenga mu Rwanda dore ko ari yo ya mbere, yari isanzwe igaragara kuri Star Times na Canal + no kuri shene zitishyura mu Rwanda.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abakunzi ba TV10 gukomeza kureba iyi Televiziyo, ubu yanageze ku ifatabuguzi rya DStv, ku buryo abakoresha iri fatabuguzi bazajya bayireba kuri Channel ya 396.

Umuyobozi Mukuru wa RADIOTV10, Augustin Muhirwa avuga ko gushyira TV10 kuri DStv bigamije gukomeza guhaza ibyifuzo by’abakurikira ibiganiro n’amakuru bya TV10.

Yagize ati “Abantu bari bafite DStv ntibabashaga kureba TV10, kuba yagiyeho ni inyungu kuri bo ndetse ni n’inyugu za TV10 kuba abatureba biyongereye.”

TV10 isanzwe izwiho gutambutsa ibiganiro n’amakuru bifasha benshi kunguka ubumenyi ndetse n’ubuvugizi ku bafite ibibazo by’imibereho bikabonerwa umuti, ikaba iza ku isonga muri Televiziyo zikurikirwa na benshi.

Augustin Muhirwa akomeza avuga ko kuba iyi Televiziyo kandi iri kuri DStv, bizanakomeza gutuma ibi biganiro n’amakuru itambutsa bigera ku Banyarwanda benshi ndetse n’abandi bose bakoresha ifatabuguzi rya DStv.

Ati “Ni na byiza ku Banyarwanda kuko bizatuma babasha kureba amakuru acukumbuye n’ibiganiro by’ingirakamaro, byabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umwaka ushize, TV10 n’ubundi yagaragaye kuri DStv, ndetse ubu ikaba izongera kugaragaraho itambutsa ibiganiro byo kwibuka ku nshuro ya 29, ndetse ikazanagumaho mu buryo buhoraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Amafoto y’intoranywa y’umusangiro wa Perezida Kagame na Ruto waranzwe n’urugwiro rushyitse

Next Post

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.