Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru akomeje gushimirwa igikorwa yakoze cyo kuyamba abana b’abanyeshuri bari bagiye ku ishuri, akabaha lifuti. Uwabyiboneye twaganiriye aduha amakuru arambuye kuri iki gikorwa.

Ni nyuma y’amafoto yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Rukundo Emmanuel usanzwe ari umunyamakuru, agaragaza abana bato biga mu mashuri abanza, bari gusohoka mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Vigo.

Mu kiganiro uyu munyamakuru yagiranye na RADIOTV10, Rukundo Emmanuel yavuze ko iki gikorwa cyabereye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Buganza mu Karere ka Nyaruguru, ubwo Umuyobozi w’aka Karere, Emmanuel Murwanashyaka yanyuraga kuri aba banyeshuri bagiye mu masomo y’ikigoroba.

Avuga ko iyi modoka y’Umuyobozi w’Akarere yageze ku banyeshuri batatu barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe ubwo bari mu nzira bajya ku Ishuri, igahagarara.

Ati “Bari abana bari bambaye boda boda zisa nk’izishaje n’imyenda y’ishuri ubona ko ishaje, ndatekereza nti ‘ese ni umuyobozi urimo ugiye kubabaza wenda ati kuki mujya ku ishuri mudafite isuku ihagije?’ mu gihe nkitekereza gutyo mbona abana babinjijemo, umwe ajya imbere, abandi babiri bajya inyuma.”

Rukundo Emmanuel avuga ko yasigaranye amacyenga y’aho abo bana baberecyeje akaza gukurikirana nk’umunyamakuru kuko yacyekaga ko bashobora kuba bagiye kugirirwa nabi.

Ati “Naje gutekereza nk’umunyamakuru ufite ikarita ya RMC, ndavuga nti ‘nubwo ntafashe ririya shusho babashyira mu modoka ariko nshobora kumenya nibura aba bana bararengera he’.”

Yasabye umushoferi wari umutwaye gukurikira iyi modoka ya Vigo yari ifite ibirahure bitabona, ati “Ngiye kubona mbona ya modoka ihagaze hafi y’ikigo cy’ishuri, imiryango barayikingura, mpita mvamo nikinga iruhande rw’urugi rwa shoferi, mfata video ya bariya bana bava mu modoka.”

Uyu munyamakuru avuga ko yabonye abo bana bava mu modoka bamwenyura, na we agahita yumva impungenge yari afite zishize kuko yibazaga utwaye abo bana n’aho abajyanye, agahita abegera akabaganiriza.

Yanagarutse ku bakomeje kuvuga ko ari ikinamico yafashwe, avuga ko ntaho ahuriye n’umuyobozi wa kariya Karere ndetse ko na we ubwe atari azi ko ari we wari uri muri iriya modoka.

Ati “Ni amashusho nafashe kuko byankoze ku mutima, kugira ngo ngaragaze igikorwa umuyobozi yakoze kandi wenda atazi ko hari abantu bari kumureba ku buryo byanaha isomo abandi bayobozi bumva ko batakwicisha bugufi.”

Avuga ko aganira n’aba bana bamubwiye bati “Meya yatubwiye ngo tujye mu modoka adutware, bongeraho ko yagiye abaganiriza, ababwira na we ko yabaye mu cyaro ari na ho yakuriye, abasaba kwiga bagatsinda kugira ngo na bo bazabashe kugenda mu modoka nk’iriya.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bashimye byimazeyo iki gikorwa cyakozwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru.

Umunyamakuru mugenzi we ufata amashusho witwa Richard Kwizera, atanga igitekerezo kuri aya mafoto, yagize ati “Igikorwa cyiza cyakozwe na Mayor.”

Uwitwa Ally Kanyankore na we yagize ati “Murwanashyaka ndamuzi i Muhanga yigisha muri ICK yazaga muri restaurant iwacu. Ni imfura irangwa no kwicisha bugufi no gukora neza akazi ke. Courage kuri we kabisa.”

Umwe yari yicaranye na Mayor imbere
Yabagejeje ku ishuri bavamo

RADIOTV10

Comments 3

  1. leodomirka says:
    3 years ago

    Uyumuyobozi turamushimiye cyaneee!nubwo tutamuzi. Abavuga ko ari ikinamico nibamwe bananiwe guca bugufi.

    Reply
  2. Mfashingabo Jean Paul says:
    3 years ago

    Umuntu nyamuntu n’ uwicisha bugufi, akabana n’ aboroheje, Kandi akagira umumaro mu gihe cyose…
    Buri wese agize umutima w’ impuhwe isi yagira amahoro…

    Reply
  3. Johnfrank says:
    3 years ago

    Uwo niwe muyobozi unabukwiye rwose! Ese bagiye bigira kuri president “ntaca nyabugogo akavamo agasuhuza abaturage!” Konta Moyer uraca mugasanteri kurwagwa ng wasuhuze abaturage!? Baba bikomeje kdi na bible irabivuga ngo abicisha bugufi bazashyirwa hejuru.Big up kuri Moyer wahayagaciro abobayobozi bejo.

    Reply

Leave a Reply to Mfashingabo Jean Paul Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eleven =

Previous Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Next Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Related Posts

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

IZIHERUKA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore
MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.