Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru akomeje gushimirwa igikorwa yakoze cyo kuyamba abana b’abanyeshuri bari bagiye ku ishuri, akabaha lifuti. Uwabyiboneye twaganiriye aduha amakuru arambuye kuri iki gikorwa.

Ni nyuma y’amafoto yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Rukundo Emmanuel usanzwe ari umunyamakuru, agaragaza abana bato biga mu mashuri abanza, bari gusohoka mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Vigo.

Mu kiganiro uyu munyamakuru yagiranye na RADIOTV10, Rukundo Emmanuel yavuze ko iki gikorwa cyabereye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Buganza mu Karere ka Nyaruguru, ubwo Umuyobozi w’aka Karere, Emmanuel Murwanashyaka yanyuraga kuri aba banyeshuri bagiye mu masomo y’ikigoroba.

Avuga ko iyi modoka y’Umuyobozi w’Akarere yageze ku banyeshuri batatu barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe ubwo bari mu nzira bajya ku Ishuri, igahagarara.

Ati “Bari abana bari bambaye boda boda zisa nk’izishaje n’imyenda y’ishuri ubona ko ishaje, ndatekereza nti ‘ese ni umuyobozi urimo ugiye kubabaza wenda ati kuki mujya ku ishuri mudafite isuku ihagije?’ mu gihe nkitekereza gutyo mbona abana babinjijemo, umwe ajya imbere, abandi babiri bajya inyuma.”

Rukundo Emmanuel avuga ko yasigaranye amacyenga y’aho abo bana baberecyeje akaza gukurikirana nk’umunyamakuru kuko yacyekaga ko bashobora kuba bagiye kugirirwa nabi.

Ati “Naje gutekereza nk’umunyamakuru ufite ikarita ya RMC, ndavuga nti ‘nubwo ntafashe ririya shusho babashyira mu modoka ariko nshobora kumenya nibura aba bana bararengera he’.”

Yasabye umushoferi wari umutwaye gukurikira iyi modoka ya Vigo yari ifite ibirahure bitabona, ati “Ngiye kubona mbona ya modoka ihagaze hafi y’ikigo cy’ishuri, imiryango barayikingura, mpita mvamo nikinga iruhande rw’urugi rwa shoferi, mfata video ya bariya bana bava mu modoka.”

Uyu munyamakuru avuga ko yabonye abo bana bava mu modoka bamwenyura, na we agahita yumva impungenge yari afite zishize kuko yibazaga utwaye abo bana n’aho abajyanye, agahita abegera akabaganiriza.

Yanagarutse ku bakomeje kuvuga ko ari ikinamico yafashwe, avuga ko ntaho ahuriye n’umuyobozi wa kariya Karere ndetse ko na we ubwe atari azi ko ari we wari uri muri iriya modoka.

Ati “Ni amashusho nafashe kuko byankoze ku mutima, kugira ngo ngaragaze igikorwa umuyobozi yakoze kandi wenda atazi ko hari abantu bari kumureba ku buryo byanaha isomo abandi bayobozi bumva ko batakwicisha bugufi.”

Avuga ko aganira n’aba bana bamubwiye bati “Meya yatubwiye ngo tujye mu modoka adutware, bongeraho ko yagiye abaganiriza, ababwira na we ko yabaye mu cyaro ari na ho yakuriye, abasaba kwiga bagatsinda kugira ngo na bo bazabashe kugenda mu modoka nk’iriya.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bashimye byimazeyo iki gikorwa cyakozwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru.

Umunyamakuru mugenzi we ufata amashusho witwa Richard Kwizera, atanga igitekerezo kuri aya mafoto, yagize ati “Igikorwa cyiza cyakozwe na Mayor.”

Uwitwa Ally Kanyankore na we yagize ati “Murwanashyaka ndamuzi i Muhanga yigisha muri ICK yazaga muri restaurant iwacu. Ni imfura irangwa no kwicisha bugufi no gukora neza akazi ke. Courage kuri we kabisa.”

Umwe yari yicaranye na Mayor imbere
Yabagejeje ku ishuri bavamo

RADIOTV10

Comments 3

  1. leodomirka says:
    2 years ago

    Uyumuyobozi turamushimiye cyaneee!nubwo tutamuzi. Abavuga ko ari ikinamico nibamwe bananiwe guca bugufi.

    Reply
  2. Mfashingabo Jean Paul says:
    2 years ago

    Umuntu nyamuntu n’ uwicisha bugufi, akabana n’ aboroheje, Kandi akagira umumaro mu gihe cyose…
    Buri wese agize umutima w’ impuhwe isi yagira amahoro…

    Reply
  3. Johnfrank says:
    2 years ago

    Uwo niwe muyobozi unabukwiye rwose! Ese bagiye bigira kuri president “ntaca nyabugogo akavamo agasuhuza abaturage!” Konta Moyer uraca mugasanteri kurwagwa ng wasuhuze abaturage!? Baba bikomeje kdi na bible irabivuga ngo abicisha bugufi bazashyirwa hejuru.Big up kuri Moyer wahayagaciro abobayobozi bejo.

    Reply

Leave a Reply to Johnfrank Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Next Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.