Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Twibukiranye igisubizo P.Kagame yahaye abanenga imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’ibihangange ishorwamo akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi atanu Perezida Paul Kagame asubije abanenga kuba u Rwanda rukorana n’amakipe akomeye mu mupira w’amaguru, mu mikoranire ibyara inyungu, akanavuga ko hari indi kipe rugiye gukorana na yo, iyi kipe yamenyekanye ndetse n’imikoranire yatangiye.

Habanje Arsenal

Inkuru y’imikoranire y’u Rwanda n’amakipe y’I Burayi yageze i Kigali ku nshuro ya mbere muri 2018, ubwo u Rwanda rwavugaga ko ruri muri gahunda yo gukuba inshuro ebyiri amafaranga ava mu bukerarugendo; akava kuri miliyoni 440 USD rwinjizaga ku mwaka, akagera kuri miliyoni 800 USD muri 2024.

Iyo gahunda yatumye rushyira umukono ku masezerano y’imikoranire na Arsenal yo mu Bwongereza, bemeranya ko iyi kipe izajya yambara imyenda bakinana iriho ijambo rishshikariza abantu gusura u Rwanda ‘Visit Rwanda’ ndetse rikanagaragara ku byapa byamamaza ku kibuga.

Nubwo impande zombi zitigeze zigaragaza ikiguzi u Rwanda rugomba kubitangaho; ibinyamamukuru nka The Athletics, Sportsmedia, n’ibindi; bigaragaza ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 10 z’amapound ku mwaka umwe. Bivuze ko mu myaka irindwi aya masezerano agomba kumara; u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni 70 z’amapound.

Imibare igaragaza ko ku mwaka wa mbere w’aya masezerano; abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,7, bituma ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjiza miliyoni 404 USD avuye kuri miliyoni 438 yinjiye muri 2017.

Mu mwaka wa kabiri abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,6; bituma ubukerarugendo bwinjiriza u Rwanda miliyoni 500 USD.

Uwo mwaka wa 2019 hahise hiyongeraho andi masezerano y’u Rwanda na PSG yo mu Bufaransa, aho ibinyamakuru byatangaje ko u Rwanda rugomba kwishyura miliyoni ziri hagati ya 8 na 10 z’ama-Euro ku mwaka umwe. Ni ukavuga ko ku mwaka u Rwanda rwishyura miliyoni 10; ku buryo kugeza muri 2025 PSG yazakira miliyoni 50 z’ama-Euro.

Ubu hasinywe andi masezerano mashya y’u Rwanda na Bayern Munchen yo mu Budage; asanze amezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjije miliyoni 247 USD.

U Rwanda n’uyu mufatanyabikorwa mu bukerarugendo, bavuze ko bazakorana kugeza muri 2028, ariko ntibagaragaje ikiguzi u Rwanda ruzatanga kuri iyi myaka itanu.

 

Inyungu ku Rwanda irahari

Muri Werurwe uyu mwaka, ubwo Perezida Paul Kagame yagarukaga ku bakomeza kuririra kuri aya masezerano, bakanenga u Rwanda kuba rushora imari ingana uku mu makipe akomeye, yagaragaje ko iyi mikoranire ikomeje kubyara inyungu.

Agaruka ku ikipe ya Arsenal, Perezida Kagame yagize ati “Birenze cyane ibyo twashoye muri iyi mikoranire, ariko hari abavuga ngo oya, oya Ndetse hari n’abakabaye babyumva neza, ariko abitwara batyo si uko batabyumva, hari icyo babuze cyangwa badafite ubwenge bwo kubyumva. Babiterwa no gutsimbarara gusa, bakavuga ngo ‘u Rwanda ruri gusesagura amafaranga yacu’. Ninde wabikubwiye? Ni njye uzi icyo dushoramo ni nanjye uzi icyo dukuramo. None urashaka kumvugira? Ugashaka ko abantu bakwizera kuruta uko banyizera! Hari n’amaserezano dufitanye na PSG. Harimo impinduka nke, ariko ashingiye ku gitekerezo kimwe, ndetse turi kuvunana n’indi kipe y’umupira w’amaguru ikomeye. Iyo dukomeje gukurikiranya amakipe gutya, tuba tuzi icyo dukurikiye. Ntabwo ari ugupfusha ubusa amafaranga.”

Muri uru rwego rw’ubukerarugendo, imibare ishimangira ko amafaranga yavuye mu basuye ingagi yavuye kuri miliyoni 19.2 USD yo muri 2018 agera kuri kuri miliyoni 113 USD muri 2022.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Musanze: Uko abantu barenga 100 bo mu Turere 13 baguwe gitumo bari mu bitemewe

Next Post

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

IFOTO: Abavugizi ba RDF na Polisi y’u Rwanda kuri sitade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.