• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida barimo Yoweri Kaguta Museveni uhabwa amahirwe. Imyiteguro irarimbanyije, umutekano wakajijwe.

Komisiyo y’amatora muri Uganda yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije muri iki Gihugu, ku buryo kuri uyu wa Kane Abanya-Uganda bazabyukira mu matora.

Kuri uyu wa Mbere ni bwo Komisiyo y’Amatora yagejeje ku ndorerezi z’imbere mu Gihugu, indorerezi mpuzamahanga, imiryango ya Leta n’itari iya Leta ifite aho ihuriye n’uburenganzira bwa muntu aho imyiteguro y’amatora igeze.

Imibare igaragaza ko Abanya-Uganda bangana na 21 681 491 ari bo bitezwe gutora Umukuru w’Igihugu. Aba bazatorera ku byumba by’itora bingana na 50 739 biri hirya no hino mu gihugu.

Ibikoresho by’itora byose byamaze gushyirwa mu mwanya hirya no hino mu Gihugu bazatoreramo.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Justice Byabakama Mugenyi Simon, yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije ku buryo Abanya-Uganda biteguye gutora kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama.

Yagize ati “Nka Komisiyo y’Amatora, twiyemeje ko tuzakora icyo ari cyo cyose gisabwa kugira ngo Abanya-Uganda bakoreshe ububasha bwabo buvugwa mu ngingo ya mbere y’Itegeko Nshinga, ivuga ko ubutegetsi bwose buri ku baturage. Tuzakoresha izi mbaraga duhitamo umuyobozi wabo mu matora ari mu mucyo no mu bwisanzure.”

Mu kirere cya Uganda, umwuka w’amatora ni impumeko ya buri munsi abaturage bo muri iki Gihugu bari guhumeka. Ibyapa by’abakandida biri hose ku mihanda yo mu Murwa Mukuru Kampala n’ahandi hirya no hino mu Gihugu.

Umutekano wakajijwe ku buryo igipolisi kiryamiye amajanja ahashobora kwaduka imvururu. Umuyobozi w’Igipolisi cya Uganda, IGP Abass Byakagaba, yijeje umutekano w’abaturage muri ibi bihe by’amatora.

Yagize ati “Namaze kugeza ijambo ryanjye ku Banya-Uganda ko ngiye gutanga umutekano uhagije kandi usabwa. Ibi birampa imbaraga nyinshi zo kurushaho gukora neza no gukora byinshi. Kuvuga ku bijyanye n’ishimutwa, itabwa muri yombi; ibyo ni icyaha. Aho hari ishimutwa, polisi igomba kugira amakenga kugira ngo yizeze ko nta shyimutwa rihari.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Mutarama 2026, ibikorwa byo kwiyamamaza birashyirwaho akadomo, nk’uko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ribivuga, ko bigomba guhagarara mu masaha 48 mbere y’amatora. Ibyapa byamamaza abakandida bigomba guhita bimanurwa ako kanya, bigakurwa hafi y’ibyumba by’itora.

Ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza, biteganyijwe ko Museveni aziyamamariza mu gace ka Kololo mu Murwa Mukuru Kampala, mu gihe Robert Kyagulanyi Ssentamu AKA Bobi Wine azayiyamamariza i Masaka muri Buganda.

Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora bizatangazwa mu masaha 48 uhereye igihe amatora yabereye.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10/Kampala

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.