Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida barimo Yoweri Kaguta Museveni uhabwa amahirwe. Imyiteguro irarimbanyije, umutekano wakajijwe.

Komisiyo y’amatora muri Uganda yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije muri iki Gihugu, ku buryo kuri uyu wa Kane Abanya-Uganda bazabyukira mu matora.

Kuri uyu wa Mbere ni bwo Komisiyo y’Amatora yagejeje ku ndorerezi z’imbere mu Gihugu, indorerezi mpuzamahanga, imiryango ya Leta n’itari iya Leta ifite aho ihuriye n’uburenganzira bwa muntu aho imyiteguro y’amatora igeze.

Imibare igaragaza ko Abanya-Uganda bangana na 21 681 491 ari bo bitezwe gutora Umukuru w’Igihugu. Aba bazatorera ku byumba by’itora bingana na 50 739 biri hirya no hino mu gihugu.

Ibikoresho by’itora byose byamaze gushyirwa mu mwanya hirya no hino mu Gihugu bazatoreramo.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Justice Byabakama Mugenyi Simon, yavuze ko imyiteguro y’amatora irimbanyije ku buryo Abanya-Uganda biteguye gutora kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama.

Yagize ati “Nka Komisiyo y’Amatora, twiyemeje ko tuzakora icyo ari cyo cyose gisabwa kugira ngo Abanya-Uganda bakoreshe ububasha bwabo buvugwa mu ngingo ya mbere y’Itegeko Nshinga, ivuga ko ubutegetsi bwose buri ku baturage. Tuzakoresha izi mbaraga duhitamo umuyobozi wabo mu matora ari mu mucyo no mu bwisanzure.”

Mu kirere cya Uganda, umwuka w’amatora ni impumeko ya buri munsi abaturage bo muri iki Gihugu bari guhumeka. Ibyapa by’abakandida biri hose ku mihanda yo mu Murwa Mukuru Kampala n’ahandi hirya no hino mu Gihugu.

Umutekano wakajijwe ku buryo igipolisi kiryamiye amajanja ahashobora kwaduka imvururu. Umuyobozi w’Igipolisi cya Uganda, IGP Abass Byakagaba, yijeje umutekano w’abaturage muri ibi bihe by’amatora.

Yagize ati “Namaze kugeza ijambo ryanjye ku Banya-Uganda ko ngiye gutanga umutekano uhagije kandi usabwa. Ibi birampa imbaraga nyinshi zo kurushaho gukora neza no gukora byinshi. Kuvuga ku bijyanye n’ishimutwa, itabwa muri yombi; ibyo ni icyaha. Aho hari ishimutwa, polisi igomba kugira amakenga kugira ngo yizeze ko nta shyimutwa rihari.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Mutarama 2026, ibikorwa byo kwiyamamaza birashyirwaho akadomo, nk’uko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ribivuga, ko bigomba guhagarara mu masaha 48 mbere y’amatora. Ibyapa byamamaza abakandida bigomba guhita bimanurwa ako kanya, bigakurwa hafi y’ibyumba by’itora.

Ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza, biteganyijwe ko Museveni aziyamamariza mu gace ka Kololo mu Murwa Mukuru Kampala, mu gihe Robert Kyagulanyi Ssentamu AKA Bobi Wine azayiyamamariza i Masaka muri Buganda.

Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora bizatangazwa mu masaha 48 uhereye igihe amatora yabereye.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10/Kampala

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.