Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bitangajwe ko Sitade Amahoro imaze igihe iri kuvugururwa igiye gukinirwamo umukino wa mbere, hagaragaye ifoto yafashwe habura amasaha macye ngo uyu mukino ube, igaragaza ubwiza bw’iyi Sitade.

Iyi sitade yavanywe ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 25, igashyirwa ku rwo kwakira ababarirwa mu bihumbi 45, igiye gukinirwamo umukino wa mbere uzahuza amakipe ayoboye ayandi mu Rwanda, ari yo APR FC na Rayon Sports.

Uyu mukino wa gicuti uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, uzaba ubaye mbere y’ibyumweru bicye ngo Sitade Amahoro itahwe ku mugaragaro, kuko izafungurwa tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora.

Mbere y’uyu mukino, hagaragaye amafoto agaragaza uburyo imirimo yo kuvugurura iyi Sitade yageze ku musozo, aho byose byarangiye ndetse ibikorwa byayo byose byamaze kugera ku murongo ku buryo igisigaye ari uko abafana binjiramo bakayireberamo umupira.

Amafoto yagiye hanze kandi agaragaza uburyo muri Sitade Amahoro harimo inyubako zizajya zikorerwamo ibindi bikorwa, nk’utubari, ndetse n’aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze.

Umukino wa mbere ugiye gukinirwa muri Sitade Amahoro, ugiye kuba mu bakunze ba ruhago mu Rwanda harimo impumeko nziza, dore ko ugiye kuba Ikipe y’u Rwanda ihaye Abanyarwanda intsinzi, nyuma yo gutsinda Lesotho igitego 1 ku busa mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Muri Sitade Amahoro hazajya hamamazwa ibikorwa bitandukanye
Aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze
Azaba afite n’akabari ko kwiciramo icyaka no kwishimira intsinzi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Iradukunda Deogratias says:
    2 years ago

    Stade amahoro tugomba kuyuzura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 9 =

Previous Post

M23 yahise itangaza impinduka ku bayobozi bashya yashyizeho

Next Post

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Related Posts

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.