Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bitangajwe ko Sitade Amahoro imaze igihe iri kuvugururwa igiye gukinirwamo umukino wa mbere, hagaragaye ifoto yafashwe habura amasaha macye ngo uyu mukino ube, igaragaza ubwiza bw’iyi Sitade.

Iyi sitade yavanywe ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 25, igashyirwa ku rwo kwakira ababarirwa mu bihumbi 45, igiye gukinirwamo umukino wa mbere uzahuza amakipe ayoboye ayandi mu Rwanda, ari yo APR FC na Rayon Sports.

Uyu mukino wa gicuti uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, uzaba ubaye mbere y’ibyumweru bicye ngo Sitade Amahoro itahwe ku mugaragaro, kuko izafungurwa tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora.

Mbere y’uyu mukino, hagaragaye amafoto agaragaza uburyo imirimo yo kuvugurura iyi Sitade yageze ku musozo, aho byose byarangiye ndetse ibikorwa byayo byose byamaze kugera ku murongo ku buryo igisigaye ari uko abafana binjiramo bakayireberamo umupira.

Amafoto yagiye hanze kandi agaragaza uburyo muri Sitade Amahoro harimo inyubako zizajya zikorerwamo ibindi bikorwa, nk’utubari, ndetse n’aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze.

Umukino wa mbere ugiye gukinirwa muri Sitade Amahoro, ugiye kuba mu bakunze ba ruhago mu Rwanda harimo impumeko nziza, dore ko ugiye kuba Ikipe y’u Rwanda ihaye Abanyarwanda intsinzi, nyuma yo gutsinda Lesotho igitego 1 ku busa mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Muri Sitade Amahoro hazajya hamamazwa ibikorwa bitandukanye
Aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze
Azaba afite n’akabari ko kwiciramo icyaka no kwishimira intsinzi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Iradukunda Deogratias says:
    2 years ago

    Stade amahoro tugomba kuyuzura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

M23 yahise itangaza impinduka ku bayobozi bashya yashyizeho

Next Post

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.