Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twihere ijisho ubwiza butagereranywa: Ifoto ya mbere y’Amahoro mbere y’uko ikinirwamo umukino wa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bitangajwe ko Sitade Amahoro imaze igihe iri kuvugururwa igiye gukinirwamo umukino wa mbere, hagaragaye ifoto yafashwe habura amasaha macye ngo uyu mukino ube, igaragaza ubwiza bw’iyi Sitade.

Iyi sitade yavanywe ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 25, igashyirwa ku rwo kwakira ababarirwa mu bihumbi 45, igiye gukinirwamo umukino wa mbere uzahuza amakipe ayoboye ayandi mu Rwanda, ari yo APR FC na Rayon Sports.

Uyu mukino wa gicuti uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, uzaba ubaye mbere y’ibyumweru bicye ngo Sitade Amahoro itahwe ku mugaragaro, kuko izafungurwa tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora.

Mbere y’uyu mukino, hagaragaye amafoto agaragaza uburyo imirimo yo kuvugurura iyi Sitade yageze ku musozo, aho byose byarangiye ndetse ibikorwa byayo byose byamaze kugera ku murongo ku buryo igisigaye ari uko abafana binjiramo bakayireberamo umupira.

Amafoto yagiye hanze kandi agaragaza uburyo muri Sitade Amahoro harimo inyubako zizajya zikorerwamo ibindi bikorwa, nk’utubari, ndetse n’aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze.

Umukino wa mbere ugiye gukinirwa muri Sitade Amahoro, ugiye kuba mu bakunze ba ruhago mu Rwanda harimo impumeko nziza, dore ko ugiye kuba Ikipe y’u Rwanda ihaye Abanyarwanda intsinzi, nyuma yo gutsinda Lesotho igitego 1 ku busa mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Muri Sitade Amahoro hazajya hamamazwa ibikorwa bitandukanye
Aho Amavubi azajya yakirirwa avuye gukina hanze
Azaba afite n’akabari ko kwiciramo icyaka no kwishimira intsinzi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Iradukunda Deogratias says:
    2 years ago

    Stade amahoro tugomba kuyuzura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

M23 yahise itangaza impinduka ku bayobozi bashya yashyizeho

Next Post

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.