Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in UBUKUNGU
0
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma y’u Bufaransa n’iy’u Rwanda, zashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyari 30 Frw yo gushora mu mishanga yumvikanyweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yasuraga u Rwanda umwaka ushize.

Ni amasezerano yasinywe binyuze mu Kigega cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere (AFD/Agence Francainse de Developpement) na Banki y’Igihugu ishinzwe gutsura Iterambere (BRD).

Muri izo Miliyari 30 na miliyoni 625 z’amafaranga y’u Rwanda, ni ukuvuga miliyoni 25 zamafaranga akoreshwa n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni yo ubufaransa bwahaye u Rwanda.

Arimo igice cy’impano ingana na miliyari 5.9 Frw agomba gushorwa mu kwigisha ururimi rw’Igifaransa mu Rwanda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko nko muri iyi gahunda, hazibanwa ku bikorwa binyuranye birimo “guhugura abarimu mu rurimi rw’Igifaransa kugira ngo na bo bashobora kwigisha, icya kabiri ni ugutegura ibikoresho byo kwigisha nk’ibitabo n’ubundi buryo bukoreshwa m kwigisha.”

Igice ka cya kabiri cy’aya mafaranga u Bufaransa bwahaye u Rwanda, kingana na miliyari 24,3 Frw agomba gufasha imishinga mito mu rwego rwo gufasha abaturage kuzahura ibikorwa by’ubukungu binyuze mu gutanga inguzanyo y’igihe kirekire.

Umuyobozi wa BRD, Kampeta Sayinzoga, avuga ko inyungu kuri iyi nguzanyo izaba iri hasi ugereranyije n’iri ku isoko.

Ati “Biterwa n’umushinga n’urwego urimo ariko icyo tugamije nka BRD ni uko tujya munsi y’urwunguko ruri ku isoko.” 

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfre, yavuze ko aya masezerano ari ntangiriro y’umusaruro w’imibanire y’ibihugu byombi.

Ati “Muri rusange ubu ni bumwe mu buryo bwo gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizweho umukono n’abakuru b’Ibihugu. Ibyo byabaye ubwo Perezida Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka i Kigali.”

Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko Guverinoma z’Ibihugu byombi zigomba gusigasira iyo mikoranire yatangijwe na Perezida Kagame na mugenzi we Macron.

Ati “Iyo mikoranire rero tugomba kuyagurira mu nzego zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu gihe gito gishize imibanire n’imikoranire y’ibi Bihugu byombi ivuguruwe, u Bufaransa bamaze gufasha u Rwanda muri gahunda zitandukanye zirimo no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatanu
Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko umurongo watanzwe n’abakuru b’Ibihugu byombi ukwiye gukomerezwaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Next Post

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.