Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wamaganye ibirego by’ibinyoma bivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zagiye i Maputo gutanga umusanzu mu guhashya imyigaragambyo, uvuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Kuva mu cyumweru gishize, i Maputo muri Mozambique hari kuba imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hazamuwe amakuru y’ibihuha avuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique [mu Ntara ya Cabo Delgado] zagiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, nyamara bitari mu nshingano zazo.

Gusa aya makuru yanyomojwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ndetse n’uw’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, bavuze ko abasirikare b’u Rwanda bafite ibice barimo bizwi byo mu Ntara ya Cabo Delgado, ndetse ko ari byo bakomeje kubamo bahugiye mu kuzuza inshingano zabo zo kugarura umutekano muri aka gace kari karazengerejwe n’ibyihebe.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, usanzwe utera inkunga ubutumwa bw’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, na wo washyize hanze itangazo wamagana aya makuru y’ibihuha.

Uyu Muryango uvuga ko “Nta kimenyetso na kimwe gihari cyo kwemeza ibi birego by’uko Abasirikare b’u Rwanda bari muri Maputo.”

Uyu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi uvuga ko ubinyujije mu Kigega cyawo cy’Amahoro EPF (European Peace Facility) usanzwe utanga inkunga yo gushyigikira ubutumwa bwa RDF mu Ntara ya Cabo Delgado, bityo ko bituma unakurikirana ibikorwa by’izi Ngabo z’u Rwanda.

Ukagira uti “Kuri bw’ibyo rero, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uramagana wivuye inyuma ibirego by’ibinyoma kandi bidafite ishingiro ko EU itera inkunga Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique mu guhonyora uburenganzira bw’abigaragambya muri Maputo.”

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, waboneyeho wasabye abakomeje gukwirakwiza aya makuru y’ibihuha, kubireka, kandi ukabonerago gusaba impande zitumva ibintu kimwe muri Mozambique kureba uburyo bahosha ibibazo bihari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Related Posts

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Mu Rwanda umwarimu yapfuye urupfu rutunguranye ari kwigisha abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.