Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yigaga ku mikoranire y’u Bushinwa n’Umugabane wa Afurika; Perezida w’iki Gihugu, Xi Jimping yizeje bagenzi be ko mu myaka itatu azashora miliyari 50 z’Amadorali mu mishinga muri Afurika kugira ngo uyu Mugabane urusheho gutera imbere, kuko abawutuye ndetse n’abatuye Igihugu cye, bagize umubare munini ku Isi, ku buryo badateye imbere uyu mubumbe ntaho waba ugana.

Xi Jimping yagaragaje mu myaka itatu iri imbere afite imishinga 10 Igihugu cye kizashoramo amafaranga atari macye kugira ngo ashyire mu bikorwa icyo yise ubufatanye mu iterambere ridaheza.

Iyi mishinga izakorerwa ku Mugabane wa Afurika; Perezida Xi yavuze ko Igihugu cye kizayishoramo miliyari 360 z’Ama-Yuan, angana na miliyari 50 USD.

Muri aka kayabo harimo miliyari 210 z’Ama-Yuan (miliyari 29 USD) azatangwa nk’inguzanyo, mu gihe izindi miliyari 10 USD zizatangwa nk’impano; naho izigera ku 8 zizaba zigizwe n’agaciro k’ishoramari Abashinwa bazazana muri Afurika.

Ibi bivuze ko inguzanyo zihariye urugero rwa 50,4% by’agaciro k’imishinga u Bushinwa buzakorera Afurika mu myaka itatu iri imbere.

Xi Jimping kandi yavuze ko Igihugu cye gifite umugambi mwiza kuri Afurika. Ati “U Bushinwa buzakorana na Afurika mu guhugura abakozi, kurandura ubukene, no guhanga imirimo. U Bushinwa na Afurika tugize 1/3 cy’abatuye isi, tudateye imbere; isi ntiyatera imbere.”

Perezida Paul Kagame uri mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama, yavuze ko Ibihugu bya Afurika bigomba kubyaza umusaruro iyi mikoranire.

Yagize ati “Afurika yiteguye gukomeza uwo muhate byumwihariko kugira uruhare mu ingingo eshatu z’isi. amajyambere, umutekano n’iterambere nk’uko Perezida Xi Jimping yabisabye. Ariko kugira ngo bigerweho biradusaba gutekereza ku miyoborere myiza ndetse no gufatanya kugira ngo duteze imbere abaturage bacu.”

Amadeni ko akomeje kwiyongera amaherezo ni ayahe?

Iri deni u Bushinwa bwemeye guha Umugabane wa Afurika; rigiye kwiyongera ku mutwaro ibi Bihugu byananiwe kwitura. Imibare y’ikigo ‘Institute for Security Studies’ igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2000 kugeza muri 2022; u Bushinwa bwahaye Afurika miliyari 170 USD. Ndetse hari Ibihugu 17 biri mu kaga ko kubura ubwishyu.

Kuri iyi ngingo, Perezida Kagame aherutse kuvuga ko icyo atari ikibazo cy’u Bushinwa, ahubwo ko bigomba kubazwa abafata ayo madeni, agashimangira ko imikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa ishingiye ku nyungu zihuriweho.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamerika McMaster muri 2021, Perezida Kagame yagize ati “Hari byinshi bivugwa ko ibihugu byinshi biremerewe n’amadeni y’u bushinwa. Gusa sintekereza ko u bushinwa butegeka igihugu cyo muri Afurika gufata ayo madeni. Si byo, ndatekereza ko impande zombi zigomba kwisuzuma. Ntabwo bigomba kujya ku Bushinwa gusa; ahubwo tugomba no kureba ku wafashe amadeni akagera ubwo amubera ikibazo gikomeye.”

Icyo gihe yakomeje agira ati “Njye ndaguha urugero; iyo dukorana n’u Bushinwa baba bazi icyo dushaka, natwe tukamenya icyo bashaka. Ntushobora gutumiza Abashinwa ngo baze hano gukora ubusa, cyangwa ngo ubazane gutanga ikawa mu biro, oya, ntabwo twabuze ababikora, ariko iyo ari abahanga baje gukora mu nzego dukeneye nk’ibikorwa remezo n’ibindi; turabyemera kubera ko binatanga akazi ku Banyarwanda.”

Umusaruro w’iyi mikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa; Perezida kagame yawugarutseho muri 2018, ubwo Xi Jimping yagenderaga u Rwanda.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Turashimira uruhare rw’u Bushinwa ku iterambere ry’u Rwanda no kuri Afurika muri rusange. Hari inzego nyinshi z’ingenzi kuri twe, hari ibikorwa remezo, ubuzima, ubuhinzi, n’uburezi.”

Icyo gihe, Xi yavuye i Kigali yemeje ko iyi mikoranire igomba kurushaho gutanga umusaruro mu gihe kirekire. Mu myaka 53 ishize u Rwanda n’u Bushinwa bafitanye imibanire muri dipolomasi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE

Next Post

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.