Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yigaga ku mikoranire y’u Bushinwa n’Umugabane wa Afurika; Perezida w’iki Gihugu, Xi Jimping yizeje bagenzi be ko mu myaka itatu azashora miliyari 50 z’Amadorali mu mishinga muri Afurika kugira ngo uyu Mugabane urusheho gutera imbere, kuko abawutuye ndetse n’abatuye Igihugu cye, bagize umubare munini ku Isi, ku buryo badateye imbere uyu mubumbe ntaho waba ugana.

Xi Jimping yagaragaje mu myaka itatu iri imbere afite imishinga 10 Igihugu cye kizashoramo amafaranga atari macye kugira ngo ashyire mu bikorwa icyo yise ubufatanye mu iterambere ridaheza.

Iyi mishinga izakorerwa ku Mugabane wa Afurika; Perezida Xi yavuze ko Igihugu cye kizayishoramo miliyari 360 z’Ama-Yuan, angana na miliyari 50 USD.

Muri aka kayabo harimo miliyari 210 z’Ama-Yuan (miliyari 29 USD) azatangwa nk’inguzanyo, mu gihe izindi miliyari 10 USD zizatangwa nk’impano; naho izigera ku 8 zizaba zigizwe n’agaciro k’ishoramari Abashinwa bazazana muri Afurika.

Ibi bivuze ko inguzanyo zihariye urugero rwa 50,4% by’agaciro k’imishinga u Bushinwa buzakorera Afurika mu myaka itatu iri imbere.

Xi Jimping kandi yavuze ko Igihugu cye gifite umugambi mwiza kuri Afurika. Ati “U Bushinwa buzakorana na Afurika mu guhugura abakozi, kurandura ubukene, no guhanga imirimo. U Bushinwa na Afurika tugize 1/3 cy’abatuye isi, tudateye imbere; isi ntiyatera imbere.”

Perezida Paul Kagame uri mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama, yavuze ko Ibihugu bya Afurika bigomba kubyaza umusaruro iyi mikoranire.

Yagize ati “Afurika yiteguye gukomeza uwo muhate byumwihariko kugira uruhare mu ingingo eshatu z’isi. amajyambere, umutekano n’iterambere nk’uko Perezida Xi Jimping yabisabye. Ariko kugira ngo bigerweho biradusaba gutekereza ku miyoborere myiza ndetse no gufatanya kugira ngo duteze imbere abaturage bacu.”

Amadeni ko akomeje kwiyongera amaherezo ni ayahe?

Iri deni u Bushinwa bwemeye guha Umugabane wa Afurika; rigiye kwiyongera ku mutwaro ibi Bihugu byananiwe kwitura. Imibare y’ikigo ‘Institute for Security Studies’ igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2000 kugeza muri 2022; u Bushinwa bwahaye Afurika miliyari 170 USD. Ndetse hari Ibihugu 17 biri mu kaga ko kubura ubwishyu.

Kuri iyi ngingo, Perezida Kagame aherutse kuvuga ko icyo atari ikibazo cy’u Bushinwa, ahubwo ko bigomba kubazwa abafata ayo madeni, agashimangira ko imikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa ishingiye ku nyungu zihuriweho.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamerika McMaster muri 2021, Perezida Kagame yagize ati “Hari byinshi bivugwa ko ibihugu byinshi biremerewe n’amadeni y’u bushinwa. Gusa sintekereza ko u bushinwa butegeka igihugu cyo muri Afurika gufata ayo madeni. Si byo, ndatekereza ko impande zombi zigomba kwisuzuma. Ntabwo bigomba kujya ku Bushinwa gusa; ahubwo tugomba no kureba ku wafashe amadeni akagera ubwo amubera ikibazo gikomeye.”

Icyo gihe yakomeje agira ati “Njye ndaguha urugero; iyo dukorana n’u Bushinwa baba bazi icyo dushaka, natwe tukamenya icyo bashaka. Ntushobora gutumiza Abashinwa ngo baze hano gukora ubusa, cyangwa ngo ubazane gutanga ikawa mu biro, oya, ntabwo twabuze ababikora, ariko iyo ari abahanga baje gukora mu nzego dukeneye nk’ibikorwa remezo n’ibindi; turabyemera kubera ko binatanga akazi ku Banyarwanda.”

Umusaruro w’iyi mikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa; Perezida kagame yawugarutseho muri 2018, ubwo Xi Jimping yagenderaga u Rwanda.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Turashimira uruhare rw’u Bushinwa ku iterambere ry’u Rwanda no kuri Afurika muri rusange. Hari inzego nyinshi z’ingenzi kuri twe, hari ibikorwa remezo, ubuzima, ubuhinzi, n’uburezi.”

Icyo gihe, Xi yavuye i Kigali yemeje ko iyi mikoranire igomba kurushaho gutanga umusaruro mu gihe kirekire. Mu myaka 53 ishize u Rwanda n’u Bushinwa bafitanye imibanire muri dipolomasi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 11 =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE

Next Post

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.