Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yigaga ku mikoranire y’u Bushinwa n’Umugabane wa Afurika; Perezida w’iki Gihugu, Xi Jimping yizeje bagenzi be ko mu myaka itatu azashora miliyari 50 z’Amadorali mu mishinga muri Afurika kugira ngo uyu Mugabane urusheho gutera imbere, kuko abawutuye ndetse n’abatuye Igihugu cye, bagize umubare munini ku Isi, ku buryo badateye imbere uyu mubumbe ntaho waba ugana.

Xi Jimping yagaragaje mu myaka itatu iri imbere afite imishinga 10 Igihugu cye kizashoramo amafaranga atari macye kugira ngo ashyire mu bikorwa icyo yise ubufatanye mu iterambere ridaheza.

Iyi mishinga izakorerwa ku Mugabane wa Afurika; Perezida Xi yavuze ko Igihugu cye kizayishoramo miliyari 360 z’Ama-Yuan, angana na miliyari 50 USD.

Muri aka kayabo harimo miliyari 210 z’Ama-Yuan (miliyari 29 USD) azatangwa nk’inguzanyo, mu gihe izindi miliyari 10 USD zizatangwa nk’impano; naho izigera ku 8 zizaba zigizwe n’agaciro k’ishoramari Abashinwa bazazana muri Afurika.

Ibi bivuze ko inguzanyo zihariye urugero rwa 50,4% by’agaciro k’imishinga u Bushinwa buzakorera Afurika mu myaka itatu iri imbere.

Xi Jimping kandi yavuze ko Igihugu cye gifite umugambi mwiza kuri Afurika. Ati “U Bushinwa buzakorana na Afurika mu guhugura abakozi, kurandura ubukene, no guhanga imirimo. U Bushinwa na Afurika tugize 1/3 cy’abatuye isi, tudateye imbere; isi ntiyatera imbere.”

Perezida Paul Kagame uri mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama, yavuze ko Ibihugu bya Afurika bigomba kubyaza umusaruro iyi mikoranire.

Yagize ati “Afurika yiteguye gukomeza uwo muhate byumwihariko kugira uruhare mu ingingo eshatu z’isi. amajyambere, umutekano n’iterambere nk’uko Perezida Xi Jimping yabisabye. Ariko kugira ngo bigerweho biradusaba gutekereza ku miyoborere myiza ndetse no gufatanya kugira ngo duteze imbere abaturage bacu.”

Amadeni ko akomeje kwiyongera amaherezo ni ayahe?

Iri deni u Bushinwa bwemeye guha Umugabane wa Afurika; rigiye kwiyongera ku mutwaro ibi Bihugu byananiwe kwitura. Imibare y’ikigo ‘Institute for Security Studies’ igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2000 kugeza muri 2022; u Bushinwa bwahaye Afurika miliyari 170 USD. Ndetse hari Ibihugu 17 biri mu kaga ko kubura ubwishyu.

Kuri iyi ngingo, Perezida Kagame aherutse kuvuga ko icyo atari ikibazo cy’u Bushinwa, ahubwo ko bigomba kubazwa abafata ayo madeni, agashimangira ko imikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa ishingiye ku nyungu zihuriweho.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamerika McMaster muri 2021, Perezida Kagame yagize ati “Hari byinshi bivugwa ko ibihugu byinshi biremerewe n’amadeni y’u bushinwa. Gusa sintekereza ko u bushinwa butegeka igihugu cyo muri Afurika gufata ayo madeni. Si byo, ndatekereza ko impande zombi zigomba kwisuzuma. Ntabwo bigomba kujya ku Bushinwa gusa; ahubwo tugomba no kureba ku wafashe amadeni akagera ubwo amubera ikibazo gikomeye.”

Icyo gihe yakomeje agira ati “Njye ndaguha urugero; iyo dukorana n’u Bushinwa baba bazi icyo dushaka, natwe tukamenya icyo bashaka. Ntushobora gutumiza Abashinwa ngo baze hano gukora ubusa, cyangwa ngo ubazane gutanga ikawa mu biro, oya, ntabwo twabuze ababikora, ariko iyo ari abahanga baje gukora mu nzego dukeneye nk’ibikorwa remezo n’ibindi; turabyemera kubera ko binatanga akazi ku Banyarwanda.”

Umusaruro w’iyi mikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa; Perezida kagame yawugarutseho muri 2018, ubwo Xi Jimping yagenderaga u Rwanda.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Turashimira uruhare rw’u Bushinwa ku iterambere ry’u Rwanda no kuri Afurika muri rusange. Hari inzego nyinshi z’ingenzi kuri twe, hari ibikorwa remezo, ubuzima, ubuhinzi, n’uburezi.”

Icyo gihe, Xi yavuye i Kigali yemeje ko iyi mikoranire igomba kurushaho gutanga umusaruro mu gihe kirekire. Mu myaka 53 ishize u Rwanda n’u Bushinwa bafitanye imibanire muri dipolomasi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yahawe igihembo gitangirwa muri UAE

Next Post

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.