Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in Uncategorized
0
U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

U Bwongereza bwahaye Ukraine ibindi bisasu bya misile 6 000 ndetse n’inkunga ya miliyoni 25£ (arenga Miliyari 25 Frw) kugira go iki Gihugu gikomeze guhangana n’u Burusiya bwagishojeho intambara.

Iyi ntambara imaze ukwezi itangijwe na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, Ibihugu binyuranye byanze kuyinjira mu buryo bweruye ahubwo bigenda bitera inkunga uruhande bishyigikiye.

U Bwongereza nka kimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi bikomeje guhagarara kuri Ukraine, bwageneye inkunga y’ibindi bisasu bya Misile bigera mu bihumbi bitandatu (6 000) ndetse na Miliyoni 25 z’ama-Euro byo gukoresha mu bikorwa bya gisirikare.

Iyi ni inkunga y’inyongera ya 120% nyuma y’uko iki Gihugu cy’u Bwongereza cyari yageneye Ukraine ibindi bisasu 4 000 bipfubya ibindi bisasu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson mu ijoro ryakeye yatangaje ko iyi nkunga y’ibindi bisasu bageneye Ukraine birimo ibikoreshwa mu gupfubya ibindi bisasu ndetse n’ibindi biturika byo ku rwego rwo hejuru.

Naho iyi kunga ya miliyoni 25£ ikaba ari iyo guha imbaraga igisirikare cya Ukraine gikomeje guhangana n’umwanzi w’ingabo z’u Burusiya.

Mu nama iri bubere i Brussels mu Bubiligi kuri uyu wa Kane, biteganyijwe ko Johnson aza guhamagarira ibindi bihugu binyamuryango bya OTAN (NATO) nk’u Budage n’u Bufaransa gutanga inkunga mu gufasha Igisirikare cya Ukraine.

Johnson yagize ati “Ukwezi kumwe kurashize turi muri ibi bibazo, umuryango mpuzamahanga ugihanganye no kugira amahitamo ukora, tugomba gukomeza kuzamura ijwi ryo kwishyira ukizana muri Ukraine cyangwa se tukazahura n’akaga gakomeye mu Burayi ndetse no ku Isi.”

Muri iyi nama ikomeye initabirwa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wanamaze kugera i Brusselless, aba bayobozi bategeka ibihugu bikomeye ku Isi, baraganira ku nkunga bakwiye guha Ukraine yaba iyo mu buryo bwa gisirikare, iyo mu banyi n’amahanga ndetse n’iy’abari kugirwaho ingaruka n’intambara muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Next Post

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.