Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zigiye kongera guhurira mu biganiro bibera i Luanda muri Angola, mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Guverinoma ya Angola yahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yateguye ibindi biganiro biba kuri wa Kabiri tariki 30 Nyakanga 2024 bikabera i Luanda muri Angola, aho hagiye gusubukurwa ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe n’itsinda ry’intumwa yari ayoboye zirimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, General (Rtd) James Kabarebe, bari bahuye n’intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,  zari ziyobowe na Minisitiri Wungiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gracia Yamba Kazadi.

Aba bakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari bahuriye muri Zanzibar mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 07 Nyakanga 2024 ubwo bari mu mwiherero wo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Icyo gihe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari yatangaje ko ibi biganiro byari byabaye mu buryo bwo kugaragaza ubushake ku mpande zombi.

Inama zabereye i Luanda mu bihe byatambutse, zafatiwemo imyanzuro yari yitezweho umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse yabaga ishyigikiwe n’u Rwanda ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Gusa ubutegetsi bwa Kinshasa bwo bwakunze kurenga kuri iyi myanzuro, aho bwakomeje gushyira imbaraga mu nzira z’imirwano, mu gihe iki Gihugu cyasabwaga guhagarika imirwano kikanahagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro irimo uw’iterabwoba wa FDLR, ariko kikaba cyarakomeje gukorana n’uyu mutwe.

Ubutegetsi bwa Congo kandi bwasabwe guhagarika imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zinazamura umwuka mubi, ariko bamwe mu bayobozi b’iki Gihugu ntibahwemye kuzamura imvugo nk’izo.

Mbere y’uko hongera kuba ibi biganiro, Guverinoma ya DRC, yatanze ubutumwa bunyuranyije n’imyitwarire yakunze kugaragaza, aho yavuze ko ishyigikiye imyanzuro yagiye ifatirwa muri izi nama zabaye mbere.

Ubutumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC kuri uyu wa Mbere, bugira buti “DRC yemeza ko ifite ubushake mu myanzuro ya Luanada nk’inzira zo kugarura amahoro arambye. Ni yo mpambu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga na Francophoni, Therese Kayikwamba Wagner azayobora intumwa za Congo zizajya mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba tariki 30 Nyakanga 2024 muri Angola, mu rwego rwo gusubukura ibiganiro bya Luanda.”

Ni mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda bwakunze kubwira umuryango mpuzamahanga ko, nta wundi muti waboneka utavuye mu nzira za Politiki, aho gushyira imbaraga mu nzira za gisirikare, ndetse bukagaragaza ko imyanzuro yose yafatiwe mu nama z’i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya, ari yo yatanga igisubizo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nineteen =

Previous Post

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Next Post

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.