Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zigiye kongera guhurira mu biganiro bibera i Luanda muri Angola, mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Guverinoma ya Angola yahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yateguye ibindi biganiro biba kuri wa Kabiri tariki 30 Nyakanga 2024 bikabera i Luanda muri Angola, aho hagiye gusubukurwa ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe n’itsinda ry’intumwa yari ayoboye zirimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, General (Rtd) James Kabarebe, bari bahuye n’intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,  zari ziyobowe na Minisitiri Wungiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gracia Yamba Kazadi.

Aba bakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari bahuriye muri Zanzibar mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 07 Nyakanga 2024 ubwo bari mu mwiherero wo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Icyo gihe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari yatangaje ko ibi biganiro byari byabaye mu buryo bwo kugaragaza ubushake ku mpande zombi.

Inama zabereye i Luanda mu bihe byatambutse, zafatiwemo imyanzuro yari yitezweho umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse yabaga ishyigikiwe n’u Rwanda ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Gusa ubutegetsi bwa Kinshasa bwo bwakunze kurenga kuri iyi myanzuro, aho bwakomeje gushyira imbaraga mu nzira z’imirwano, mu gihe iki Gihugu cyasabwaga guhagarika imirwano kikanahagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro irimo uw’iterabwoba wa FDLR, ariko kikaba cyarakomeje gukorana n’uyu mutwe.

Ubutegetsi bwa Congo kandi bwasabwe guhagarika imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zinazamura umwuka mubi, ariko bamwe mu bayobozi b’iki Gihugu ntibahwemye kuzamura imvugo nk’izo.

Mbere y’uko hongera kuba ibi biganiro, Guverinoma ya DRC, yatanze ubutumwa bunyuranyije n’imyitwarire yakunze kugaragaza, aho yavuze ko ishyigikiye imyanzuro yagiye ifatirwa muri izi nama zabaye mbere.

Ubutumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC kuri uyu wa Mbere, bugira buti “DRC yemeza ko ifite ubushake mu myanzuro ya Luanada nk’inzira zo kugarura amahoro arambye. Ni yo mpambu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga na Francophoni, Therese Kayikwamba Wagner azayobora intumwa za Congo zizajya mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba tariki 30 Nyakanga 2024 muri Angola, mu rwego rwo gusubukura ibiganiro bya Luanda.”

Ni mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda bwakunze kubwira umuryango mpuzamahanga ko, nta wundi muti waboneka utavuye mu nzira za Politiki, aho gushyira imbaraga mu nzira za gisirikare, ndetse bukagaragaza ko imyanzuro yose yafatiwe mu nama z’i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya, ari yo yatanga igisubizo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 5 =

Previous Post

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Next Post

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.