Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: U Rwanda na Congo bagiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zigiye kongera guhurira mu biganiro bibera i Luanda muri Angola, mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Guverinoma ya Angola yahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yateguye ibindi biganiro biba kuri wa Kabiri tariki 30 Nyakanga 2024 bikabera i Luanda muri Angola, aho hagiye gusubukurwa ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe n’itsinda ry’intumwa yari ayoboye zirimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, General (Rtd) James Kabarebe, bari bahuye n’intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,  zari ziyobowe na Minisitiri Wungiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gracia Yamba Kazadi.

Aba bakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari bahuriye muri Zanzibar mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 07 Nyakanga 2024 ubwo bari mu mwiherero wo ku rwego rw’Abaminisitiri mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Icyo gihe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari yatangaje ko ibi biganiro byari byabaye mu buryo bwo kugaragaza ubushake ku mpande zombi.

Inama zabereye i Luanda mu bihe byatambutse, zafatiwemo imyanzuro yari yitezweho umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse yabaga ishyigikiwe n’u Rwanda ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Gusa ubutegetsi bwa Kinshasa bwo bwakunze kurenga kuri iyi myanzuro, aho bwakomeje gushyira imbaraga mu nzira z’imirwano, mu gihe iki Gihugu cyasabwaga guhagarika imirwano kikanahagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro irimo uw’iterabwoba wa FDLR, ariko kikaba cyarakomeje gukorana n’uyu mutwe.

Ubutegetsi bwa Congo kandi bwasabwe guhagarika imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zinazamura umwuka mubi, ariko bamwe mu bayobozi b’iki Gihugu ntibahwemye kuzamura imvugo nk’izo.

Mbere y’uko hongera kuba ibi biganiro, Guverinoma ya DRC, yatanze ubutumwa bunyuranyije n’imyitwarire yakunze kugaragaza, aho yavuze ko ishyigikiye imyanzuro yagiye ifatirwa muri izi nama zabaye mbere.

Ubutumwa bwatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC kuri uyu wa Mbere, bugira buti “DRC yemeza ko ifite ubushake mu myanzuro ya Luanada nk’inzira zo kugarura amahoro arambye. Ni yo mpambu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga na Francophoni, Therese Kayikwamba Wagner azayobora intumwa za Congo zizajya mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba tariki 30 Nyakanga 2024 muri Angola, mu rwego rwo gusubukura ibiganiro bya Luanda.”

Ni mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda bwakunze kubwira umuryango mpuzamahanga ko, nta wundi muti waboneka utavuye mu nzira za Politiki, aho gushyira imbaraga mu nzira za gisirikare, ndetse bukagaragaza ko imyanzuro yose yafatiwe mu nama z’i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya, ari yo yatanga igisubizo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 13 =

Previous Post

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Next Post

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa
AMAHANGA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.