Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe mu gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho, birimo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni ibiganiro byabereye i Washington D.C tariki ya 19 n’iya 20 Ugushyingo 2025, byitabiriwe n’intumwa zihagarariye u Rwanda, DRC, Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar, Togo nk’umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse n’izihagarariye Komisiyo y’uyu Muryango.

Iyi nama ya kane y’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho JSCM (Joint Security Coordination Mechanism), yari igamije gusuzumira hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro yashyizweho umukono tariki 27 Kamena 2025.

Itangazo rya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda biyemeje gutera intambwe mu kubahiriza ingengabihe y’ibikorwa ‘Operations Order’ (OPORD) mu gushyira mu bikorwa umushinga w’ibikorwa (CONOPS) hagamijwe guhuza umugambi mu kurandura FDLR, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “JSCM yasuzumye intambwe z’impande zose mu korohereza gukomeza kwambura intwaro, gucyura no gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi ba FDLR.”

Nanone kandi, abitabiriye iyi nama, banarebeye hamwe ingingo zigaragaza intambwe yatewe mu bikorwa by’icyiciro cya mbere cya OPORD, zirimo gusangizanya amakuru y’ubutasi, ndetse n’amakuru y’ibikorwa byakozwe na DRC birimo ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kudakorana na FDLR, ndetse no guhamagarira abagize uyu mutwe gushyira hasi intwaro.

Impande zitabiriye iyi nama kandi zanaboneyeho gusasa inzobe ku mbogamizi n’ibyuho bigihari, ndetse n’amahirwe y’ibyakorwa kugira ngo iki cyiciro cya mbere kigere ku ntego.

Uru rwego ruhuriweho kandi rwanaganiriye ku cyiciro cya kabiri cy’ibikorwa bya OPORD, kigizwe no kurandura umutwe wa FDLR ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.

Nanone kandi abitabiriye ibi biganiro, banarebeye hamwe mu buryo bwagutse ku nzira z’amahoro, banashimira imbanzirizamushinga y’Amasezerano y’Amahoro aherutse gusinyirwa i Doha muri Qatar hagati ya Guverinoma ya DRC ndetse n’Ihuriro AFC/M23, ku buhuza bwa kiriya Gihugu cya Qatar.

Abagize uru rwego JSCM bashimangiye inyungu yava mu guhuza Amasezerano y’Amahoro y’i Washington ndetse n’ay’i Doha.

Iri tangazo rya Guverinoma ya US, rikagira riti “Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC bashimiye Leta Zunze Ubumwe za America, Qatar na Afurika Yunze Ubumwe ku bw’inkunga bakomeje gutanga muri nzira z’amahoro.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America kandi yatangaje ko u Rwanda na DRC bakomeje gushimangira ko bafite umuhate mu kugera ku mahoro arambye n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Next Post

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Related Posts

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

by radiotv10
15/04/2026
0

Itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defence University-Rwanda/NDU-R), riteganya ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u...

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Breaking News: Charges Announced Against Eric Semuhungu

by radiotv10
15/04/2026
0

The Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that Eric Semuhungu, who was recently arrested, is being investigated for three crimes,...

The Truth About Weight Loss: Why Starving and Shortcuts Won’t Get You the Body You Want

The Truth About Weight Loss: Why Starving and Shortcuts Won’t Get You the Body You Want

by radiotv10
15/04/2026
0

In a world where social media is filled with “perfect bodies” and quick transformation videos, it’s easy to feel like...

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

The City of Kigali authorities have announced that 98% of its residents have registered and been photographed in order to...

IZIHERUKA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi
AMAHANGA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

15/04/2026
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.