Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Angola nk’umuhuza, zongeye guhurira mu biganiro bigamije gusuzuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, ni ibya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, aho intumwa z’Ibihugu byabyitabiriye, zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, iza DRC ziyobowe na Thérèse Kayikwamba Wagner, ndetse na Tete António wa Angola.

Ibi biganiro bije nyuma yuko hatangijwe Urwego ruhuriwe rwa Gisirikare rwahawe inshingano zo gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko gusaba impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC guhagarika imirwano.

Nanone kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuye nyuma yuko inzego zishinzwe iperereza n’umutekano zihuye, zigakora raporo igaragaza uko ibibazo biteye n’icyakorwa ngo ibyerameranyijweho bibashe gushyirwa mu bikorwa.

Ibi biganiro byabaye ku nshuro ya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, byasuzumiwemo iyi raporo y’impuguke n’inzobere mu by’iperereza n’umutekano.

Ni inama kandi yitezwemo gufata icyemezo cy’uburyo gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR izashyirwa mu bikorwa nk’uko byemerejwe mu nama zabanje.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko gusenya umutwe wa FDLR nibitangira gushyirwa mu bikorwa, u Rwanda na rwo ruzakuraho ubwirinzi bwashyizweho nk’uko byakunze gusabwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi biganiro byabaye nyuma y’umunsi umwe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gushoza intambara y’amagambo ku Rwanda, aho Minisitiri w’Ubutabera w’iki Gihugu, Constant Mutamba yavuze amagambo aremereye ku Rwanda n’Umukuru warwo.

Aya magambo ya Constant Mutamba yavugiye muri Gereza ya Manzeze iri Goma hafi y’u Rwanda, yashishikarije imfungwa zihafungiye kwibasira u Rwanda, ndetse anavuga amagambo adakwiye yo kwibasira ubutegetsi bw’iki Gihugu cy’u Rwanda n’Umukuru wacyo.

Ibi kandi byahise byamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, aho Umuvugizi wayo, Yolande Makolo yavuze ko bibabaje kubona umuyobozi muri Guverinoma ya kiriya Gihugu akoresha imvugo nka ziriya zo kwibasira Igihugu cy’igituranyi ndetse na bamwe mu Banyekongo.

Yolande Makolo yavuze ko imvugo ya Canstant Mutamba zishobora gukurikirwa no kuba bariya banyabyaha bafungiye muri Gereza bazafatanya n’imitwe nka FDLR ndetse na FARDC gukomeza ibikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri wa Angola ubwo yahaga ikaze bagenzi be

Minisitiri Olivier Nduhungirehe
Intumwa za DRC zari ziyobowe na Thérèse Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa

Next Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.