Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Angola nk’umuhuza, zongeye guhurira mu biganiro bigamije gusuzuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, ni ibya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, aho intumwa z’Ibihugu byabyitabiriye, zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, iza DRC ziyobowe na Thérèse Kayikwamba Wagner, ndetse na Tete António wa Angola.

Ibi biganiro bije nyuma yuko hatangijwe Urwego ruhuriwe rwa Gisirikare rwahawe inshingano zo gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko gusaba impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC guhagarika imirwano.

Nanone kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuye nyuma yuko inzego zishinzwe iperereza n’umutekano zihuye, zigakora raporo igaragaza uko ibibazo biteye n’icyakorwa ngo ibyerameranyijweho bibashe gushyirwa mu bikorwa.

Ibi biganiro byabaye ku nshuro ya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, byasuzumiwemo iyi raporo y’impuguke n’inzobere mu by’iperereza n’umutekano.

Ni inama kandi yitezwemo gufata icyemezo cy’uburyo gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR izashyirwa mu bikorwa nk’uko byemerejwe mu nama zabanje.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko gusenya umutwe wa FDLR nibitangira gushyirwa mu bikorwa, u Rwanda na rwo ruzakuraho ubwirinzi bwashyizweho nk’uko byakunze gusabwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi biganiro byabaye nyuma y’umunsi umwe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gushoza intambara y’amagambo ku Rwanda, aho Minisitiri w’Ubutabera w’iki Gihugu, Constant Mutamba yavuze amagambo aremereye ku Rwanda n’Umukuru warwo.

Aya magambo ya Constant Mutamba yavugiye muri Gereza ya Manzeze iri Goma hafi y’u Rwanda, yashishikarije imfungwa zihafungiye kwibasira u Rwanda, ndetse anavuga amagambo adakwiye yo kwibasira ubutegetsi bw’iki Gihugu cy’u Rwanda n’Umukuru wacyo.

Ibi kandi byahise byamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, aho Umuvugizi wayo, Yolande Makolo yavuze ko bibabaje kubona umuyobozi muri Guverinoma ya kiriya Gihugu akoresha imvugo nka ziriya zo kwibasira Igihugu cy’igituranyi ndetse na bamwe mu Banyekongo.

Yolande Makolo yavuze ko imvugo ya Canstant Mutamba zishobora gukurikirwa no kuba bariya banyabyaha bafungiye muri Gereza bazafatanya n’imitwe nka FDLR ndetse na FARDC gukomeza ibikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri wa Angola ubwo yahaga ikaze bagenzi be

Minisitiri Olivier Nduhungirehe
Intumwa za DRC zari ziyobowe na Thérèse Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seven =

Previous Post

Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa

Next Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.