Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Angola nk’umuhuza, zongeye guhurira mu biganiro bigamije gusuzuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, ni ibya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, aho intumwa z’Ibihugu byabyitabiriye, zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, iza DRC ziyobowe na Thérèse Kayikwamba Wagner, ndetse na Tete António wa Angola.

Ibi biganiro bije nyuma yuko hatangijwe Urwego ruhuriwe rwa Gisirikare rwahawe inshingano zo gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko gusaba impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC guhagarika imirwano.

Nanone kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuye nyuma yuko inzego zishinzwe iperereza n’umutekano zihuye, zigakora raporo igaragaza uko ibibazo biteye n’icyakorwa ngo ibyerameranyijweho bibashe gushyirwa mu bikorwa.

Ibi biganiro byabaye ku nshuro ya gatandatu byo ku rwego rw’Abaminisitiri, byasuzumiwemo iyi raporo y’impuguke n’inzobere mu by’iperereza n’umutekano.

Ni inama kandi yitezwemo gufata icyemezo cy’uburyo gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR izashyirwa mu bikorwa nk’uko byemerejwe mu nama zabanje.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko gusenya umutwe wa FDLR nibitangira gushyirwa mu bikorwa, u Rwanda na rwo ruzakuraho ubwirinzi bwashyizweho nk’uko byakunze gusabwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi biganiro byabaye nyuma y’umunsi umwe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gushoza intambara y’amagambo ku Rwanda, aho Minisitiri w’Ubutabera w’iki Gihugu, Constant Mutamba yavuze amagambo aremereye ku Rwanda n’Umukuru warwo.

Aya magambo ya Constant Mutamba yavugiye muri Gereza ya Manzeze iri Goma hafi y’u Rwanda, yashishikarije imfungwa zihafungiye kwibasira u Rwanda, ndetse anavuga amagambo adakwiye yo kwibasira ubutegetsi bw’iki Gihugu cy’u Rwanda n’Umukuru wacyo.

Ibi kandi byahise byamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, aho Umuvugizi wayo, Yolande Makolo yavuze ko bibabaje kubona umuyobozi muri Guverinoma ya kiriya Gihugu akoresha imvugo nka ziriya zo kwibasira Igihugu cy’igituranyi ndetse na bamwe mu Banyekongo.

Yolande Makolo yavuze ko imvugo ya Canstant Mutamba zishobora gukurikirwa no kuba bariya banyabyaha bafungiye muri Gereza bazafatanya n’imitwe nka FDLR ndetse na FARDC gukomeza ibikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri wa Angola ubwo yahaga ikaze bagenzi be

Minisitiri Olivier Nduhungirehe
Intumwa za DRC zari ziyobowe na Thérèse Wagner

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa

Next Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.