Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko icyizere cyo gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kiri kuri 50%.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida w’iki Gihugu mu bikorwa bidasanzwe bya Gisirikare akaba n’umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Muri urwo ruzinduko, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro byagarutse ku mubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo igitotsi.

Nyuma y’ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo u Rwanda rwifuza ko bikemuka kugira ngo umubano mubi umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi urangire.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko kuba Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yaraganiriye na Perezida Kagame bitanga icyizere kubera ijambo uyu muhungu wa Museveni afite mu Gihugu cye.

Ati “Ni umuhungu we, ni umusirikare mukuru mu ngabo zirwanira ku butaka, ni n’umujyanama wa Se. Iyo bigeze aho batuma umuntu nk’uwo bakamutuma kuri Perezida wa Repubulika ni ukuvuga ngo icyizere abantu bafite y’uko ibintu bigiye gutungana ntawo baba bibeshye.”

Mukuralinda ugaruka ku bibazo bigihari bibangamiye u Rwanda n’Abanyarwanda, yagize ati “Nibura niba bigeze hariya, 50% cyangwa 60% y’inzira itujyana aheza yarabonetse.”

Mukuralinda avuga ko nubwo iki cyizere gihari ariko urugendo rwo gushaka umuti w’ikibazo atari rugufi kuko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ndetse ko bimwe bigikorwa yaba ari Abanyarwanda bahohoterwa muri Uganda ndetse no kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bugifasha abarwanya u Rwanda.

Alain Mukuralinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 13 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye umuhungu wa Museveni baganira ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Next Post

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.