Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko icyizere cyo gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kiri kuri 50%.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida w’iki Gihugu mu bikorwa bidasanzwe bya Gisirikare akaba n’umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Muri urwo ruzinduko, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro byagarutse ku mubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo igitotsi.

Nyuma y’ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo u Rwanda rwifuza ko bikemuka kugira ngo umubano mubi umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi urangire.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko kuba Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yaraganiriye na Perezida Kagame bitanga icyizere kubera ijambo uyu muhungu wa Museveni afite mu Gihugu cye.

Ati “Ni umuhungu we, ni umusirikare mukuru mu ngabo zirwanira ku butaka, ni n’umujyanama wa Se. Iyo bigeze aho batuma umuntu nk’uwo bakamutuma kuri Perezida wa Repubulika ni ukuvuga ngo icyizere abantu bafite y’uko ibintu bigiye gutungana ntawo baba bibeshye.”

Mukuralinda ugaruka ku bibazo bigihari bibangamiye u Rwanda n’Abanyarwanda, yagize ati “Nibura niba bigeze hariya, 50% cyangwa 60% y’inzira itujyana aheza yarabonetse.”

Mukuralinda avuga ko nubwo iki cyizere gihari ariko urugendo rwo gushaka umuti w’ikibazo atari rugufi kuko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ndetse ko bimwe bigikorwa yaba ari Abanyarwanda bahohoterwa muri Uganda ndetse no kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bugifasha abarwanya u Rwanda.

Alain Mukuralinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye umuhungu wa Museveni baganira ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Next Post

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.