Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko icyizere cyo gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kiri kuri 50%.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida w’iki Gihugu mu bikorwa bidasanzwe bya Gisirikare akaba n’umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Muri urwo ruzinduko, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro byagarutse ku mubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo igitotsi.

Nyuma y’ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo u Rwanda rwifuza ko bikemuka kugira ngo umubano mubi umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi urangire.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko kuba Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yaraganiriye na Perezida Kagame bitanga icyizere kubera ijambo uyu muhungu wa Museveni afite mu Gihugu cye.

Ati “Ni umuhungu we, ni umusirikare mukuru mu ngabo zirwanira ku butaka, ni n’umujyanama wa Se. Iyo bigeze aho batuma umuntu nk’uwo bakamutuma kuri Perezida wa Repubulika ni ukuvuga ngo icyizere abantu bafite y’uko ibintu bigiye gutungana ntawo baba bibeshye.”

Mukuralinda ugaruka ku bibazo bigihari bibangamiye u Rwanda n’Abanyarwanda, yagize ati “Nibura niba bigeze hariya, 50% cyangwa 60% y’inzira itujyana aheza yarabonetse.”

Mukuralinda avuga ko nubwo iki cyizere gihari ariko urugendo rwo gushaka umuti w’ikibazo atari rugufi kuko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ndetse ko bimwe bigikorwa yaba ari Abanyarwanda bahohoterwa muri Uganda ndetse no kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bugifasha abarwanya u Rwanda.

Alain Mukuralinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 17 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye umuhungu wa Museveni baganira ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Next Post

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Pasiteri wo muri ADEPR yapfuye ari mu gikorwa cy’ivugabutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.