Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwishimiye inkunga ya Miliyoni 20 z’Ama-Euro (arenga miliyari 20 Frw) yemewe gutangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yo gushyigikira ubutumwa bw’Ingabo zarwo ziri gukora muri Mozambique.

Byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022, ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burari (EU/European Peace) wemeye gutanga iyi nkunga yo gushyigikira ibikorwa byo kongera umubare w’ingabo z’u Rwanda zo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.

Ku wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda rwatangiye kohereza izindi ngabo muri Mozambique gukomeza guhashya ibyihebe muri Mozambique.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu bice byakorewemo n’ingabo z’u Rwanda, nta bikorwa bihungabanya umutekano bikiharangwa, ariko ko mu bindi birimo izindi ngabo, hakiri ibyo bibazo kuko ibyihebe byirukanywe na RDF byahungiye muri ibyo bice, akaba ari yo mpamvu u Rwanda rwatangiye kohereza inzindi ngabo.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko kuva ingabo z’u Rwanda zatangira koherezwa muri Mozambique, nta n’urumiya rw’inkunga rurakira ahubwo ko rukoresha ubushobozi bwarwo, icyakora avuga ko hari abarwijeje iyo nkunga kandi ko igihe yabonekeye, bazabishimirwa.

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022 ni bwo EU yemeye gutanga iyo nkunga ya Miliyoni 20 z’Ama-Euro.

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yatangaje ko u Rwanda rwakiriye neza iyi nkunga.

Yagize ati “U Rwanda rwishimiye inkunga yatangajwe uyu munsi n’Inama Nyaburayi ya miliyoni 20€ yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yo gushyigikira ingabo z’u Rwanda ziri gukorana n’iza Mozambique mu gukomeza kubona ibikoresho n’uburyo bikenewe mu guhangana n’ibyihebe muri Cabo Delgado, kugarura amahoro n’umutekano no gutuma abaturage bavuye mu byabo babisubiramo.”

Dr Biruta yakomeje agira ati “U Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa uhoraho mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba ku Mugabane kandi twishimiye gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri izi nshingano.”

U Rwanda rwatangiye kohereza abasirikare n’abapolisi muri Mozambique kuva muri Nyakanga 2021 nyuma yuko rubisabwe na Guverinoma y’iki Gihugu, kugeza ubu rufite ingabo n’abapolisi bakabakaba 2 500 bakorana n’inzego z’umutekano za Mozambique.

Muri uriya muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi wabaye ku wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba u Rwanda rwishakamo ubushobozi mu gufasha Ibihugu birimo ibibazo by’umutekani, atari uko rufite ibya mirenge ahubwo ko duce rufite ruba rugomba kubisangira n’abandi.

Yagize ati “Ntabwo dukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize pe. Ni yo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira ariko tukagira n’uruhare no gufatanya n’abandi kugira ngo dufatanye dukemura ibibazo byabo ndetse akenshi biba bifitanye isano n’ibibazo byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje ahakana amakuru yakunze kuvugwa ko hari inkunga u Rwanda rwakiriye, ndetse ko no kuba rwafashe icyemezo cyo kongera umubare w’ingabo, rutarahabwa iyo nkunga.

Yagize ati “Izo ngabo tuzongera, kuva twagera Mozambique, ndagira ngo byumvikane, nta Gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga yanyu, ni amafaranga y’Igihugu dukoresha. Muri bya bicye dufite tugabana n’abandi, dusangira n’abandi tukabikoresha.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Next Post

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.