Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rutahabwaga n’urumiya y’inkunga mu butumwa bwa RDF muri Mozambique rwakiriye inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwishimiye inkunga ya Miliyoni 20 z’Ama-Euro (arenga miliyari 20 Frw) yemewe gutangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yo gushyigikira ubutumwa bw’Ingabo zarwo ziri gukora muri Mozambique.

Byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022, ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burari (EU/European Peace) wemeye gutanga iyi nkunga yo gushyigikira ibikorwa byo kongera umubare w’ingabo z’u Rwanda zo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.

Ku wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda rwatangiye kohereza izindi ngabo muri Mozambique gukomeza guhashya ibyihebe muri Mozambique.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu bice byakorewemo n’ingabo z’u Rwanda, nta bikorwa bihungabanya umutekano bikiharangwa, ariko ko mu bindi birimo izindi ngabo, hakiri ibyo bibazo kuko ibyihebe byirukanywe na RDF byahungiye muri ibyo bice, akaba ari yo mpamvu u Rwanda rwatangiye kohereza inzindi ngabo.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko kuva ingabo z’u Rwanda zatangira koherezwa muri Mozambique, nta n’urumiya rw’inkunga rurakira ahubwo ko rukoresha ubushobozi bwarwo, icyakora avuga ko hari abarwijeje iyo nkunga kandi ko igihe yabonekeye, bazabishimirwa.

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022 ni bwo EU yemeye gutanga iyo nkunga ya Miliyoni 20 z’Ama-Euro.

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yatangaje ko u Rwanda rwakiriye neza iyi nkunga.

Yagize ati “U Rwanda rwishimiye inkunga yatangajwe uyu munsi n’Inama Nyaburayi ya miliyoni 20€ yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yo gushyigikira ingabo z’u Rwanda ziri gukorana n’iza Mozambique mu gukomeza kubona ibikoresho n’uburyo bikenewe mu guhangana n’ibyihebe muri Cabo Delgado, kugarura amahoro n’umutekano no gutuma abaturage bavuye mu byabo babisubiramo.”

Dr Biruta yakomeje agira ati “U Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa uhoraho mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba ku Mugabane kandi twishimiye gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri izi nshingano.”

U Rwanda rwatangiye kohereza abasirikare n’abapolisi muri Mozambique kuva muri Nyakanga 2021 nyuma yuko rubisabwe na Guverinoma y’iki Gihugu, kugeza ubu rufite ingabo n’abapolisi bakabakaba 2 500 bakorana n’inzego z’umutekano za Mozambique.

Muri uriya muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi wabaye ku wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba u Rwanda rwishakamo ubushobozi mu gufasha Ibihugu birimo ibibazo by’umutekani, atari uko rufite ibya mirenge ahubwo ko duce rufite ruba rugomba kubisangira n’abandi.

Yagize ati “Ntabwo dukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize pe. Ni yo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira ariko tukagira n’uruhare no gufatanya n’abandi kugira ngo dufatanye dukemura ibibazo byabo ndetse akenshi biba bifitanye isano n’ibibazo byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje ahakana amakuru yakunze kuvugwa ko hari inkunga u Rwanda rwakiriye, ndetse ko no kuba rwafashe icyemezo cyo kongera umubare w’ingabo, rutarahabwa iyo nkunga.

Yagize ati “Izo ngabo tuzongera, kuva twagera Mozambique, ndagira ngo byumvikane, nta Gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga yanyu, ni amafaranga y’Igihugu dukoresha. Muri bya bicye dufite tugabana n’abandi, dusangira n’abandi tukabikoresha.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Next Post

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.