Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
01/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutekano ari ipfundo rya byose, kandi ko u Rwanda ruzakomeza kugira uruhare mu kuwubungabunga yaba mu karere ndetse no mu Mugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo 2022 ubwo yagezaga ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bamaze iminsi bari gukorera imirimo yabo mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame washimiye ibimaze gukorwa n’Abadepite ba EALA batowe muri iyi manda barimo, yavuze ko kuva Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) washingwa mu myaka irenga 20 ishize, wagiye ugera kuri byinshi “birimo gushyiraho isoko rusange.”

Ati “Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yagize uruhare rukomeye muri uyu musaruro, binyuze mu guhuza amategeko na za politiki ndetse no kugera mu bice binyuranye by’Ibihugu bigize umuryango mu nyungu z’abaturage.”

Yakomeje avuga ko nubwo bimeze gutyo “haracyari imbogamizi. Iya mbere ni ukuba Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ugiterwa inkunga bigatuma habo itinda ryo gushyira mu bikorwa imishinga na gahunda zawo.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nk’abafatanyabikorwa bahuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bakwiye guhuza imbaraga bagashyiraho uburyo buhamye bwo kubasha kwibonera ingengo y’imari kandi bakumva ko iterambere ryabo ari bo rireba badakomeje gutegereza ak’imuhana.

Perezida Paul Kagame avuga ko ubushobozi buhari bukoreshwa neza kandi bukabyazwa umusaruro ufatika.

Indi mbogamizi, ni idindira ryo gushyira mu bikorwa imishinga y’Umuryango igamije kugera ku ntego nyamukuru baba barihaye, atanga urugero rw’ishyirwaho ry’ikigo cy’uyu muryango gishinzwe ikurikiranabikorwa (East Africa Monitory Institute).

Ati “Kandi kugeza ubu iki kigo kirakenewe kugira ngo gifashe mu kugera ku ntego yo gukurikirana gukora hamwe kwacu.”

Yanagarutse ku bijyanye n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa, avuga ko nubwo hashyizweho uburyo bwo gukuraho imbogamizi ariko hakwiye ko ubushake bwa politiki butanga umuti ku bibazo bikirimo birimo kuba imisoro yakwa ibicuruzwa muri uyu muryango ukiri hejuru ugereranyije n’iyo mu yindi miryango y’uturere.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika utanga icyizere cyo kuzaba igicumbi cyo guhanga udushya, yavuze ko bisaba ko Ibihugu bigize uyu Mugabane bigomba “kugira ishoramari bikora yaba mu bushobozi bw’abaturage, mu bikorwa remezo, nanone kandi no mu gukomeza gukorera hamwe.”

Yavuze ko bizatuma abakiri bato bagirirwa icyizere cyo mu gihe kizaza hibandwa “ku miyoborere myiza ndetse n’umutekano nk’ipfundo ry’ibyo dukora byose. U Rwanda ruzakomeza kwiyemeza gutanga umusanzu mu mutekano n’amahoro nk’intego twiyemeje yaba mu karere ndetse no ku rw’Umugabane.”

Aba Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bagejejweho impanuro n’Umukuru w’Igihugu, bamaze iminsi bakorera imirimo yabo mu Rwanda, aho bagarutse ku mishinga imwe n’imwe ikigaragaramo ibibazo, ndetse n’uburyo byavugutirwa umuti.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi abahinzi babagarana ibigori banatera ibiti (AMAFOTO)

Next Post

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.