Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
01/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutekano ari ipfundo rya byose, kandi ko u Rwanda ruzakomeza kugira uruhare mu kuwubungabunga yaba mu karere ndetse no mu Mugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo 2022 ubwo yagezaga ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bamaze iminsi bari gukorera imirimo yabo mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame washimiye ibimaze gukorwa n’Abadepite ba EALA batowe muri iyi manda barimo, yavuze ko kuva Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) washingwa mu myaka irenga 20 ishize, wagiye ugera kuri byinshi “birimo gushyiraho isoko rusange.”

Ati “Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yagize uruhare rukomeye muri uyu musaruro, binyuze mu guhuza amategeko na za politiki ndetse no kugera mu bice binyuranye by’Ibihugu bigize umuryango mu nyungu z’abaturage.”

Yakomeje avuga ko nubwo bimeze gutyo “haracyari imbogamizi. Iya mbere ni ukuba Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ugiterwa inkunga bigatuma habo itinda ryo gushyira mu bikorwa imishinga na gahunda zawo.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nk’abafatanyabikorwa bahuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bakwiye guhuza imbaraga bagashyiraho uburyo buhamye bwo kubasha kwibonera ingengo y’imari kandi bakumva ko iterambere ryabo ari bo rireba badakomeje gutegereza ak’imuhana.

Perezida Paul Kagame avuga ko ubushobozi buhari bukoreshwa neza kandi bukabyazwa umusaruro ufatika.

Indi mbogamizi, ni idindira ryo gushyira mu bikorwa imishinga y’Umuryango igamije kugera ku ntego nyamukuru baba barihaye, atanga urugero rw’ishyirwaho ry’ikigo cy’uyu muryango gishinzwe ikurikiranabikorwa (East Africa Monitory Institute).

Ati “Kandi kugeza ubu iki kigo kirakenewe kugira ngo gifashe mu kugera ku ntego yo gukurikirana gukora hamwe kwacu.”

Yanagarutse ku bijyanye n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa, avuga ko nubwo hashyizweho uburyo bwo gukuraho imbogamizi ariko hakwiye ko ubushake bwa politiki butanga umuti ku bibazo bikirimo birimo kuba imisoro yakwa ibicuruzwa muri uyu muryango ukiri hejuru ugereranyije n’iyo mu yindi miryango y’uturere.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika utanga icyizere cyo kuzaba igicumbi cyo guhanga udushya, yavuze ko bisaba ko Ibihugu bigize uyu Mugabane bigomba “kugira ishoramari bikora yaba mu bushobozi bw’abaturage, mu bikorwa remezo, nanone kandi no mu gukomeza gukorera hamwe.”

Yavuze ko bizatuma abakiri bato bagirirwa icyizere cyo mu gihe kizaza hibandwa “ku miyoborere myiza ndetse n’umutekano nk’ipfundo ry’ibyo dukora byose. U Rwanda ruzakomeza kwiyemeza gutanga umusanzu mu mutekano n’amahoro nk’intego twiyemeje yaba mu karere ndetse no ku rw’Umugabane.”

Aba Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bagejejweho impanuro n’Umukuru w’Igihugu, bamaze iminsi bakorera imirimo yabo mu Rwanda, aho bagarutse ku mishinga imwe n’imwe ikigaragaramo ibibazo, ndetse n’uburyo byavugutirwa umuti.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi abahinzi babagarana ibigori banatera ibiti (AMAFOTO)

Next Post

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.