Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula Apala yongeye kwemeza ko Ingabo z’u Rwanda zitari mu zizajya mu butumwa bwa EAC, ngo icyakora nirubishaka ruzohereze izizajya gucunga umupaka warwo ariko ngo ntizizakandagire muri Congo.

Christophe Lutundula yabivuze nyuma yuko Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo isinyanye amasezerano n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aha uburenganzira ingabo z’uyu muryango kujya guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRC.

Yavuze ko Ingabo za buri Gihugu zizaba zifite igice zizazakoreramo, ati “Twamaze kumvikana zone zizagenda zoherezwamo. Aho tuvugira aha u Burundi bwamaze kohereza izabwo ziri ku ruhande ruri ku mupaka wabwo ubuhuza na DRC muri Teritwari ya Uvira.”

Abajijwe ku bijyanye n’Ingabo z’u Rwanda, Christophe Lutundula yagize ati “U Rwanda rushobora kohereza ingabo zarwo imbere ku butaka bwarwo nko ku mupaka mu gucunga Umutekano wawo. Byaba byiza. U Rwanda ntiruzinjira muri DRC.”

Yakomeje avuga ko Ibihugu nka Kenya, Uganda ndetse na Sudan y’Epfo byo bizohereza ingabo zabyo.

Ati “Kenya igiye kohereza itsinda ry’ingabo zayo ku ruhande rwa Kivu ya Ruguru byumwihariko ku gice cya Rutshuru. Uganda izohereza ingabo zayo ahasanzwe hari ibikorwa bihuriweho n’Ingabo, ni ukuvuga mu gice cya Ituri.”

Yakomeje avuga ko Sudan y’Epfo yo izohereza ingabo ku mipaka isanzwe ihuza iki Gihugu na Congo, mu majyaruguru y’icyahoze ari Intara y’Uburengerazuba.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yagaragarije izi ngabo z’Ibihugu bya EAC zigiye gufasha Congo guhashya imitwe yitwaje Intwaro ko icya mbere kizijyanye ari ukurindira umutekano abaturage, azisaba ko ibyo zizakora byose zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iyoherezwa ry’izi ngabo zitarimo iz’u Rwanda, ryemejwe n’Inama z’Abakuru b’Ibihugu byose bigize EAC ariko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buvuga ko butifuza ko zizaba zirimo RDF bushinja gufasha umutwe wa M23.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wakunze kugaragaza kenshi ko u Rwanda rudafasha uyu mutwe, yavuze ko kuba Congo itifuza ko RDF ijya gutanga ubufasha muri ibi bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro, we ntakibazo abifiteho “mu gihe cyose izizajyayo zizakemura ikibazo kiri muri Congo” dore ko nubundi kujyayo kwa RDF byari kuzatwara u Rwanda ubushobozi bw’amikoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hategekimana clery says:
    3 years ago

    Izongabo zidafite R.D.F zizabyumva .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 3 =

Previous Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Next Post

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.