Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula Apala yongeye kwemeza ko Ingabo z’u Rwanda zitari mu zizajya mu butumwa bwa EAC, ngo icyakora nirubishaka ruzohereze izizajya gucunga umupaka warwo ariko ngo ntizizakandagire muri Congo.

Christophe Lutundula yabivuze nyuma yuko Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo isinyanye amasezerano n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aha uburenganzira ingabo z’uyu muryango kujya guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRC.

Yavuze ko Ingabo za buri Gihugu zizaba zifite igice zizazakoreramo, ati “Twamaze kumvikana zone zizagenda zoherezwamo. Aho tuvugira aha u Burundi bwamaze kohereza izabwo ziri ku ruhande ruri ku mupaka wabwo ubuhuza na DRC muri Teritwari ya Uvira.”

Abajijwe ku bijyanye n’Ingabo z’u Rwanda, Christophe Lutundula yagize ati “U Rwanda rushobora kohereza ingabo zarwo imbere ku butaka bwarwo nko ku mupaka mu gucunga Umutekano wawo. Byaba byiza. U Rwanda ntiruzinjira muri DRC.”

Yakomeje avuga ko Ibihugu nka Kenya, Uganda ndetse na Sudan y’Epfo byo bizohereza ingabo zabyo.

Ati “Kenya igiye kohereza itsinda ry’ingabo zayo ku ruhande rwa Kivu ya Ruguru byumwihariko ku gice cya Rutshuru. Uganda izohereza ingabo zayo ahasanzwe hari ibikorwa bihuriweho n’Ingabo, ni ukuvuga mu gice cya Ituri.”

Yakomeje avuga ko Sudan y’Epfo yo izohereza ingabo ku mipaka isanzwe ihuza iki Gihugu na Congo, mu majyaruguru y’icyahoze ari Intara y’Uburengerazuba.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yagaragarije izi ngabo z’Ibihugu bya EAC zigiye gufasha Congo guhashya imitwe yitwaje Intwaro ko icya mbere kizijyanye ari ukurindira umutekano abaturage, azisaba ko ibyo zizakora byose zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iyoherezwa ry’izi ngabo zitarimo iz’u Rwanda, ryemejwe n’Inama z’Abakuru b’Ibihugu byose bigize EAC ariko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buvuga ko butifuza ko zizaba zirimo RDF bushinja gufasha umutwe wa M23.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wakunze kugaragaza kenshi ko u Rwanda rudafasha uyu mutwe, yavuze ko kuba Congo itifuza ko RDF ijya gutanga ubufasha muri ibi bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro, we ntakibazo abifiteho “mu gihe cyose izizajyayo zizakemura ikibazo kiri muri Congo” dore ko nubundi kujyayo kwa RDF byari kuzatwara u Rwanda ubushobozi bw’amikoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hategekimana clery says:
    3 years ago

    Izongabo zidafite R.D.F zizabyumva .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nineteen =

Previous Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Next Post

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.