Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula Apala yongeye kwemeza ko Ingabo z’u Rwanda zitari mu zizajya mu butumwa bwa EAC, ngo icyakora nirubishaka ruzohereze izizajya gucunga umupaka warwo ariko ngo ntizizakandagire muri Congo.

Christophe Lutundula yabivuze nyuma yuko Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo isinyanye amasezerano n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aha uburenganzira ingabo z’uyu muryango kujya guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRC.

Yavuze ko Ingabo za buri Gihugu zizaba zifite igice zizazakoreramo, ati “Twamaze kumvikana zone zizagenda zoherezwamo. Aho tuvugira aha u Burundi bwamaze kohereza izabwo ziri ku ruhande ruri ku mupaka wabwo ubuhuza na DRC muri Teritwari ya Uvira.”

Abajijwe ku bijyanye n’Ingabo z’u Rwanda, Christophe Lutundula yagize ati “U Rwanda rushobora kohereza ingabo zarwo imbere ku butaka bwarwo nko ku mupaka mu gucunga Umutekano wawo. Byaba byiza. U Rwanda ntiruzinjira muri DRC.”

Yakomeje avuga ko Ibihugu nka Kenya, Uganda ndetse na Sudan y’Epfo byo bizohereza ingabo zabyo.

Ati “Kenya igiye kohereza itsinda ry’ingabo zayo ku ruhande rwa Kivu ya Ruguru byumwihariko ku gice cya Rutshuru. Uganda izohereza ingabo zayo ahasanzwe hari ibikorwa bihuriweho n’Ingabo, ni ukuvuga mu gice cya Ituri.”

Yakomeje avuga ko Sudan y’Epfo yo izohereza ingabo ku mipaka isanzwe ihuza iki Gihugu na Congo, mu majyaruguru y’icyahoze ari Intara y’Uburengerazuba.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yagaragarije izi ngabo z’Ibihugu bya EAC zigiye gufasha Congo guhashya imitwe yitwaje Intwaro ko icya mbere kizijyanye ari ukurindira umutekano abaturage, azisaba ko ibyo zizakora byose zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iyoherezwa ry’izi ngabo zitarimo iz’u Rwanda, ryemejwe n’Inama z’Abakuru b’Ibihugu byose bigize EAC ariko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buvuga ko butifuza ko zizaba zirimo RDF bushinja gufasha umutwe wa M23.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wakunze kugaragaza kenshi ko u Rwanda rudafasha uyu mutwe, yavuze ko kuba Congo itifuza ko RDF ijya gutanga ubufasha muri ibi bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro, we ntakibazo abifiteho “mu gihe cyose izizajyayo zizakemura ikibazo kiri muri Congo” dore ko nubundi kujyayo kwa RDF byari kuzatwara u Rwanda ubushobozi bw’amikoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hategekimana clery says:
    3 years ago

    Izongabo zidafite R.D.F zizabyumva .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 6 =

Previous Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Next Post

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Related Posts

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha. Kuri...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
24/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

IZIHERUKA

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa
IBYAMAMARE

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

24/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

24/10/2025
Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Uganda: Impanuka idasanzwe y’imodoka iherekeza Museveni yagonze umumotari wari utwaye abagenzi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.