Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Rwanda rwabonye itike y’imikino nyafurika muri Beach Volleyball

radiotv10by radiotv10
24/12/2023
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu  wa Gatandatu tariki ya 23 ukuboza 2023, muri Kenya mu mujyi wa Mombasa, hasojwe irushanwa ryo ku rwego rw’akarere ka gatatu mu gushaka itike y’imikino Olempike izabera mu Bufaransa muri Kanama umwaka utaha, ndetse n’imikino nyafurika (All African games 2024). Muri iyi mikino U Rwanda rwabonye itike y’imikino nyafurika.

Iri rushanwa risanzwe riba iyo imikino ya Olempike yegereje, aho amakipe 3 yabaye aya mbere, ahita abona itike yo kujya mu kindi cyiciro cyo ku rwego rw’umugabane (continental phase), aho naho hishakamo ikipe imwe muri buri cyiciro, mu bagabo n’abagore maze bakerekeza mu mikino Olempike.

Kuri iyi nshuro iri rushanwa ryari ryahujwe kandi no gushaka itike y’imikino nyafurika, iteganyijwe kubera mu mujyi wa Accra muri Ghana muri Werurwe umwaka utaha.

Iyi myanya yose tuvuze haruguru, u Rwanda ruhagaze rwemye kuko yaba mu gushaka itike yo kwerekeza mu mikino Olempike, u Rwanda rwamaze kubona itike iberekeza mu cyiciro gikurikira cyo ku rwego rw’umugabane, ndetse bidasubirwaho rukaba rwamaze gukatisha itike yo kuzakina imikino nyafurika.

Ku munsi wa mbere mu cyiciro cy’abagore ubwo ni ukuvuga ku wa 4, u Rwanda rwatsinze amakipe yose y’igihugu cy’u Burundi, yose amaseti 2-0.

Ku munsi wa 2 w’irushanwa bacakiranye n’igihugu cya Misiri, aho ikipe imwe ya Misiri yatsinze u Rwanda, ariko ikipe ya mbere y’u Rwanda na yo itsinda iya 2 ya Misiri, byatumye bahurira ku iseti ya kamarampaka maze u Rwanda rutsindwa ku manoata 15 kuri 11.

U Rwanda rwasoreje kuri Kenya muri iki cyiciro, aho nanone ibyababayeho bisa n’ibyabaye kuri Misiri, kuko batsinzwe na Kenya ariko ku iseti ya kamaramapaka.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Twiswe ibirumbo kubera kuririmba- Muyango agaragaza imvano y’indirimbo y’amateka ye

Next Post

“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” – Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

IZIHERUKA

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye
MU RWANDA

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” – Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” - Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.