Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Rwanda rwabonye itike y’imikino nyafurika muri Beach Volleyball

radiotv10by radiotv10
24/12/2023
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu  wa Gatandatu tariki ya 23 ukuboza 2023, muri Kenya mu mujyi wa Mombasa, hasojwe irushanwa ryo ku rwego rw’akarere ka gatatu mu gushaka itike y’imikino Olempike izabera mu Bufaransa muri Kanama umwaka utaha, ndetse n’imikino nyafurika (All African games 2024). Muri iyi mikino U Rwanda rwabonye itike y’imikino nyafurika.

Iri rushanwa risanzwe riba iyo imikino ya Olempike yegereje, aho amakipe 3 yabaye aya mbere, ahita abona itike yo kujya mu kindi cyiciro cyo ku rwego rw’umugabane (continental phase), aho naho hishakamo ikipe imwe muri buri cyiciro, mu bagabo n’abagore maze bakerekeza mu mikino Olempike.

Kuri iyi nshuro iri rushanwa ryari ryahujwe kandi no gushaka itike y’imikino nyafurika, iteganyijwe kubera mu mujyi wa Accra muri Ghana muri Werurwe umwaka utaha.

Iyi myanya yose tuvuze haruguru, u Rwanda ruhagaze rwemye kuko yaba mu gushaka itike yo kwerekeza mu mikino Olempike, u Rwanda rwamaze kubona itike iberekeza mu cyiciro gikurikira cyo ku rwego rw’umugabane, ndetse bidasubirwaho rukaba rwamaze gukatisha itike yo kuzakina imikino nyafurika.

Ku munsi wa mbere mu cyiciro cy’abagore ubwo ni ukuvuga ku wa 4, u Rwanda rwatsinze amakipe yose y’igihugu cy’u Burundi, yose amaseti 2-0.

Ku munsi wa 2 w’irushanwa bacakiranye n’igihugu cya Misiri, aho ikipe imwe ya Misiri yatsinze u Rwanda, ariko ikipe ya mbere y’u Rwanda na yo itsinda iya 2 ya Misiri, byatumye bahurira ku iseti ya kamarampaka maze u Rwanda rutsindwa ku manoata 15 kuri 11.

U Rwanda rwasoreje kuri Kenya muri iki cyiciro, aho nanone ibyababayeho bisa n’ibyabaye kuri Misiri, kuko batsinzwe na Kenya ariko ku iseti ya kamaramapaka.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + one =

Previous Post

Twiswe ibirumbo kubera kuririmba- Muyango agaragaza imvano y’indirimbo y’amateka ye

Next Post

“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” – Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

Related Posts

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” – Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

“Akazi n’ibindi byatumye ntaza” - Meddy yavuze icyatumye adaha ubukwe bwa The Ben na Pamella 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.