Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwije ukuri America yongeye kuruvugaho ibyo muri Congo ikanagereranya M23 na FDLR

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bidakwiye kuba Leta Zunze Ubumwe za America zishyira M23 na FDLR mu gatebo kamwe, ananenga kuba iki Gihugu cyararuciye kikarumira ku bikorwa bibi bya FDLR, ariko kikanenga M23 irwanira impamvu zumvikana.

Ni nyuma yuko Ibiro bishinzwe Ububanyi na Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, bishyize hanze ubutumwa byibutsa ibyatangajwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye mu mpera z’umwaka ushize.

Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, mu bihe bitandukanye, zashyize hanze raporo zikubiyemo amwe mu makuru anyuranye n’ukuri, arimo ayo gushinja u Rwanda kuba rufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi Biro bya Leta Zunze Ubumwe za America, bigendeye kuri aya makuru, mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, byagize biti “Raporo y’Itsinda ry’Impuguke za UN yashyizwe hanze mu Kuboza 2024 igaragaza impamvu umuti wo kuba u Rwanda rwacyura ingazo zarwo ndetse no gushaka umuti w’ibibazo bya M23 na FDRL, byihutirwa.”

Asubiza kuri ubu butumwa, Minisitiri Olivier Nduhungire, yavuze ko bibabaje kubona Igihugu nk’iki gishyira mu gatebo kamwe iyi mitwe, kuko nka M23 ari umutwe uharanira uburenganzira bw’abakomeje kubwamburwa, mu gihe FDLR ari uw’iterabwoba wanasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukajya gukomereza iyi ngengabitekerezo mu burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati “Iyi mvugo yo gushyira mu gatebo kamwe ibibazo bya M23 na FDLR ntikwiye. Binateye agahinda kuba ubuyobozi bwa US bugereranya umutwe w’abajenosideri n’umuryango urwanira uburenganzira bw’umuryango mugari wakomeje gutotezwa n’ubundi n’uwo mutwe w’abajenosideri.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakomeje agaragaza ko bitumvikana kubona imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu nk’iki cy’igihangange, batajya bagira icyo bavuga ku bikorwa bibi bikorwa n’umutwe wa FDLR, ariko bakavuga kuri uyu wa M23 urwanira impamvu yumvikana.

Ati “Ndabibutsa ko ubwo ingo 300 z’Abanyekongo b’Abatusi mu gace ka Nturo muri Teritwari ya Masisi, zatwikwaga mu kwezi k’Ukwakira 2023 na FDLR, ifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo na Nyatura mu maso ya FARDC n’ingabo z’u Burundi, nta tweet nk’iyi y’Ibiro bya US twigeze tubona.”

Leta Zunze Ubumwe za America kandi iherutse na yo gushyira hanze itangazo yamagana ifatwa rya Masisi-Centre yabohojwe na M23, aho iki Gihugu cyasabye uyu mutwe gusubira inyuma, mu gihe cyanakunze na cyo kugwa mu mutego w’ikinyoma ko ufashwa n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Next Post

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.